• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Ubwanditsi 07 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Komite yari yahawe inshingano yo gukora iperereza ku wahoze ari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, Gen.Kale Kayihura, ku cyaha cyo kwica Andrew Felix Kaweesi wari umwungirije; yagaragaje ko ibyo ashinjwa nta shingiro bifite.

Amakuru The Independent ikesha umwe bakozi mu biro by’umukuru w’igihugu avuga ko ku wa 27 Nyakanga aribwo iyi komite ihuriwemo n’abapolisi bane, abakozi babiri b’Urwego rw’Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) ndetse n’abandi babiri bo mu Rwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI), yashyikirije Perezida Yoweri Museveni ibyavuye mu iperereza bakoze.

Nk’uko bigaragara muri zimwe mu nyandiko z’iyi raporo iki kinyamakuru cyabashije kubona, iyi komite yavuze ko Kayihura ndetse n’abandi bantu ba hafi ye batawe muri yombi bagomba guhita barekurwa. Ntacyo bigeze bavuga kuri Joseph Baroza utaratawe muri yombi kuri ubu akaba ari mu bwihisho.

Hari n’andi makuru avuga ko nyuma yo gutabwa muri yombi Kayihura yaba yarasabye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. David Muhoozi, kumusabira kubonana na Perezida Museveni.

Uwatanze aya makuru yavuze ko iki cyifuzo Muhoozi yakigejeje kuri Museveni mu nama yari yamuhuje n’abasirikare bakuru, undi akanga kubonana na Kayihura mu rwego rwo kwirinda kuba yayoborwa n’amarangamutima.

Mu myaka yashize Museveni yakunze gushimagiza Kayihura avuga ko ari indahemuka, ibintu bishingirwaho hagaragazwa ko yatinye ko ubushuti bigeze kugirana bwabangamira iperereza asa n’uwahaye agaciro gakomeye.

Na mbere y’uko akurwa ku buyobozi bwa polisi kandi itsinda riyobowe na Muhoozi ngo ryagiye kureba Museveni rimwereka impungenge ritewe na Kayihura byari byatangiye kugaragara ko agenda yamburwa ububasha bwe.

Icyo gihe ngo Museveni yafashe umwanya wo kubasobanurira ko nubwo afata Kayihura nk’uwahinduye urwego rwa polisi mu buryo bufatika, ikibazo gikomeye yari afite ari uko yemereye abagizi ba nabi n’abanyamahanga kwinjirira muri uru rwego. Yakuweho muri Werurwe 2018 nyuma y’imyaka 13 yari amaze aruyobora.

Yaje gutabwa muri yombi ku itariki ya 13 Kamena, nyuma y’uko Umuyobozi Mukuru wa ISO, Kaka Bagyenda, ahaye perezida raporo igaragaza ko Kayihura ari we wishe Kaweesi mu rwego rwo kwirinda ko yazamusimbura.

Indege yarimo Umugaba mukuru wungirije, Lt. Gen. Wilson Mbandi, n’Umuyobozi wa CMI, Brig. Abel Kandiho yamukuye iwe mu gace ka Kashagama mu Karere ka Lyantonde ajya gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makyindye.

Nyuma y’itabwa muri yombi rye Museveni yashyizeho komite yagombaga gukora iperereza igizwe na polisi, ISO na CMI, yatangiye irimo abantu 12 baza kugabanywa bagera ku munani mu rwego rwo kwihutisha akazi.

Nk’uko umutangabuhamya uzi ibyerekeranye n’iri perereza yabihamirije The Independent, iri tsinda ryasanze ibimenyetso byagendeweho Kayihura na bagenzi be batabwa muri yombi ari ibihimbano.

Byinshi muri byo ngo byari byarakusanyijwe na Byagenda, abarimo Grace Akullo ukuriye ishami rishinzwe iperereza muri polisi na Kandiho wa CMI bakaba ngo barakajwe n’uko ISO yabinjije mu kirego kidafite ishingiro.

Ibyavuye mu iperereza bigiye hanze mu gihe abantu batandukanye barimo n’abayobozi ba Kisoro bakomeje gusaba ko arekurwa cyangwa akagezwa imbere y’ubutabera, aho bahamya ko afunzwe binyuranyije n’amategeko ateganya ko umuntu agezwa imbere y’urukiko nibura nyuma y’amasaha 48 atawe muri yombi.

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD

Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD

Ubwanditsi 09 May 2018
RNC : Batatu barimo  Kayumba Nyamwasa,   Frank Ntwali; na Kennedy Gihana Ubushinjacyaha bushobora gutanga impapuro zo kubata mu yombi

RNC : Batatu barimo Kayumba Nyamwasa, Frank Ntwali; na Kennedy Gihana Ubushinjacyaha bushobora gutanga impapuro zo kubata mu yombi

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 21 Oct 2022

4 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    August 7, 201812:39 pm -

    mukomeze kwicinya icyara muvugira icyitso cyanyu kayihura ntacyo bihindura kuko museveni arabazi bihagije kandi ararikanuye!!!

    Subiza
  2. RUGENDO
    August 8, 20182:36 am -

    NIKO MWANJIJI MWE MWAJIYE MWANDIKA IBYIZA BYIGIHUGU CYACU!!
    MUKAVA MUMATESHWA YA UGANDA !!NIMUPIRA MWOGEZA IGIHE MWAHEREYE
    MWANDIKA AMANGAMBURE NTIMWABIREKA!!MUKANDIKA IBIFITIYE URWANDA AKAMARO!!!
    KARE KAYIHURA ,IBYO TWARABIRAMBIWE NIKIBAZOKE NIGIHUGU KE !!ABANYARWANDA
    BITUMARIYE IKI KWAMAMAZA UMUNYURURU AFUNZE!!!MURANDIKA NGO MUMUFUNGURE!!

    Subiza
  3. niyogihozo
    August 8, 20188:37 am -

    Nyamaa wabona uyu mupapa ari uwacu! None se abaganda nabo bagira izina Kayihura? Mwatubwira ababizi tukamusengera cyane Imana ikamurengera?

    Subiza
  4. Ukuli
    August 14, 20186:44 am -

    @Rugendo , injiji ni wowe utazi icyo itangaza AMAKURU bivuze.
    Uzi olivier jambo ndr?
    Bakubwiye ko alinkuru y a indepent. Niba mudakunda Rushyashya mujye musoma ibyo himbara yandika.
    If you do not like the show, Change the channel.
    Niko abahanga dutekereza..

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi
IKORANABUHANGA

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Ubwanditsi 25 Oct 2018
RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo
ITOHOZA

RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi
POLITIKI

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Ubwanditsi 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru