Ikipe ya APR FC ikomeje gahunda yo kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2026/27, yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Côte d’Ivoire, Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve, akaba yabaye umunyamahanga wa mbere iyi kipe itangaje muri iyi mpeshyi.
Uyu mukinnyi w’imyaka 27 y’amavuko yasinye amasezerano y’igihe kingana n’imyaka ibiri, aho aje muri iyi kipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC kuyifasha mu marushanwa atandukanye ari imbere arimo imkino ya CECAFA Kagame Cup na CAF Champions League.
Amani Kouadio azwi cyane nk’umukinnyi ukina aciye ku mpande asatira, cyane cyane ku ruhande rw’ibumoso. Yageze muri APR FC avuye muri AFAD Djékanou yo mu Cyiciro cya Mbere muri Côte d’Ivoire, ikipe yari amaze kugiramo umwaka mwiza cyane.
Mu mwaka ushize wa shampiyona, Kouadio yigaragaje nk’umwe mu bakinnyi beza muri Côte d’Ivoire nyuma yo gusoza shampiyona ari we watsinze ibitego byinshi, atsinda ibitego 17, ibi bikaba byaramugize umwe mu bakinnyi bashakishwaga cyane ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi.
Uyu rutahizamu abaye umukinnyi wa kabiri APR FC imaze gutangaza muri iyi mpeshyi nyuma ya nyuma Ishimwe Christian wavuye muri Police FC, ndetse bikaba biteganyijwe ko hazakomeza kugera n’abandi banyamahanga barimo Mamadou Traoré wahoze muri Stade Malien, Madou Zon wa TP Mazembe ndetse n’umunyezamu Ernan Siluane ukomoka muri Mozambique.
Mu gihe iyi kipe ikomeje kwinjiza amaraso mashya, hari n’abakinnyi yatandukanye na bo barimo Aliou Souané, Mamadou Sy, Niyomugabo Claude na Mahamadou Lamine Bah, hari n’abandi batarafatwaho umwanzuro kandi barashoje amasezerano yabo barimo Ishimwe Jean Pierre, Mugisha Gilbert, Dennis Omedi na Niyibizi Ramadhan.












