• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Ubwanditsi 05 May 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe nta mahoro n’umutekano biragerwaho ku mugabane wa Afurika, iterambere ridashoboka.

Umukuru w’Igihugu avuga ko igikenewe ari ukureba uko abantu barushaho gukora neza, hashakwa uko umugabane wa Afurika wakomeza gutera imbere ariko hubakirwa ku bihari.

Ibi Perezida Kagame yabivuze ubwo yakiraga abayobozi bahagarariye ibihugu 15 bo mu kanama gashinzwe amahoro n’umutekano ku mugabane wa Afurika, bari mu mwiherero wa 10, umwiherero w’iminsi itatu urimo kubera I Kigali mu Rwanda.

Muri uyu mwiherero, aba bayobozi bari kurebera hamwe uko aka kanama karushaho gusohoza inshingano zako gafite.

Mu mpanuro Perezida Kagame unasanzwe afite inshingano zo gukurikirana amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Abanyafurika ubwabo bagomba kumva ko nta handi bagomba kureba, uretse kuri bo ubwabo.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Ni ngombwa ko byumvikana ko nta handi tugomba kureba uretse kuri twe ubwacu¸ igikenewe ni ukureba ngo ni gute twakora neza kurushaho kugira ngo umugabane wacu ukomeze gutera imbere, twubakiye ku byo dusanganwe.”

Yakomeje agira ati “Wagira ngo twamaze kwemera guhora dusigara inyuma, tugahora tubifata nkaho aha ari ho hantu twagenewe, ntabwo ntekereza ko aribyo.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa aba bagize aka kanama gashinzwe amahoro n’umutekano muri Afurika ko mu gihe nta mahoro n’umutekano byaba bigezweho, n’iterambere bidashoboka ko ryagerwaho.

Abayobozi bemeza gukorera uyu mwiherero wabo mu Rwanda kuko ari igihugu gifatwa nk’igishyigikira amahoro n’umutekano kuri uyu mugabane.

-6478.jpg

-6477.jpg

Perezida Kagamemu biganiro n’intumwa z’ibihugu bigize AUPSC

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ubwo yawutangizaga, yavuze ko hakwiye kubaho umuco wo gukorera hamwe nk’abatuye uyu mugabane kuko ngo ari ingenzi, ibi kandi bikazatuma abantu bashakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bibareba, ari nabwo Afurika izarushaho kugira ituze no kugira umutekano uhamye.

Aka kanama gashinzwe mu mwaka wa 2007 kakaba kagizwe n’ibihugu 15.

Muri Mutarama 2016 u Rwanda nibwo rwatorewe manda y’imyaka ibiri muri aka Kanama ka Afurika Yunze Ubumwe, ibihugu bikagize birimo: u Rwanda, Algeria, Botswana, Burundi, Chad, Congo, Egypt, Kenya, Niger, Nigeria, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Togo, Uganda na Zambia.

2017-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri  yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Impamvu Umwe mubari abayobozi ba PS Imberakuri yavuyemo akayoboka FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 23 May 2017
Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Katumbi yibukije Tshisekedi ko nyuma y’ubutegetsi, ubuzima bukomeza 

Ubwanditsi 15 Oct 2024
Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Sudani y’Epfo: Perezida Kiir na Riek Machar bashyizeho Guverinoma ihuriweho

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?
Amakuru

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Ubwanditsi 24 Mar 2023
Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire
HIRYA NO HINO

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.
Amakuru

Peter Kamasa watoje REG VC na Rwanda Revenue Authority VC yagizwe umutoza wa Kirehe VC.

Ubwanditsi 12 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru