• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 03 Mar 2017 Mu Rwanda

Kuberako urubyiruko ari rwo rugize umubare munini w’abakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko, Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri , ikangurira abakiri bato gufata ingamba zo gukumira ibyaha kandi bakabigira umuco.

Kuri uyu wa gatatu taliki ya mbere Werurwe, hakozwe ubukangurambaga icyarimwe mu mashuri atandukanye mu gihugu, bukaba bwaribanze ku kurwanya ibiyobyabwenge , ihohohterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’icuruzwa ry’abantu.

Ibindi byizanzweho ni ukubabuza inda zidateganyijwe, ubwandu bwa virusi itera Sida ndetse n’ibindi bibazo urubyiruko rukunze guhura nabyo.

Ku ishuri ryisumbuye Marie Merci I Kibeho mu karere ka Nyaruguru, umuyobozi wa Polisi muri aka karere Supt. Steven Gaga , aganira n’abanyeshuri bagera kuri 600, yababwiye ko, kunywa ibiyobyabwenge nk’urumogi, Kanyanga n’izindi nzoga zo mu masashi bibujijwe kandi bihanwa n’amategeko.

Abereka bimwe mu byobyabwenge bikunze gukoreshwa, SP Gaga yagize ati:” Ntushobora kugira imitekerereze mizima warabaswe n’ibiyobyabwenge nk’ibi .”

Yabakanguriye gushyira imbaraga zabo ku masomo biga nk’uburyo bwo gutegura imbere habo heza kuri bo ubwabo no ku gihugu muri rusange.

Ahandi ni mu karere ka Kayonza, aho ubukangurambaga bwatangiwe mu mashuri yisumbuye ya Mukarange na Rwimishaba , aho Assistant Inspector of Police (AIP) Leonille Mujawamariya, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu kurwanya ibyaha mu karere ka Kayonza, yayoboye impaka ku gutwara inda zitateganyijwe mu banyeshuri, icuruzwa ry’abantu, ihohoterwa rikorerwa abana ndetse n’ikwirakwizwa ry’agakoko gatera sida mu rubyiruko.

Muri aka karere, abanyeshuri bagera ku 1300 bo mu mashuri ya Mukarange na Rwimishaba, bakanguriwe gutanga amakuru ku miryango itajyana abana mu ishuri, ikoresha abana batarageza imyaka y’ubukure, haba mu rugo cyangwa mu yindi mirimo ivunanye.

AIP Mujawamariya yagiriye inama abakobwa cyane cyane gutsinda ibishuko n’impano bakunze guhabwa kuko bibakururira mu busambanyi butuma batwara inda batifuza kandi bakabwanduriramo indwara zitandukanye harimo na sida.

Aha yagize ati:” Ibi bishuko n’impano bituma itwara inda, akenshi ni naho amashuri yawe aba arangiriye, mu gihe uwayiguteye we yikomereza kwiga yangwa ibindi yakoraga, ni wowe uhahombera rero.”

Muri ubwo bukangurambaga , mu ishuri ryisumbuye rya Rwimishaba hahise hanashingwa itsinda ryo gukumira no kurwanya ibyaha.

-5997.jpg

Ubukangurambaga nk’ubu kandi bwatangiwe mu yandi mashuri yo mu turere twa Ngororero, Karongi na Nyamagabe , aho abanyeshuri banahuguwe ku mategeko y’umuhanda n’imikoreshereze yawo hagamijwe kwirinda impanuka.

RNP

2017-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Ubwanditsi 16 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36
Mu Rwanda

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Ubwanditsi 23 May 2018
ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Nairobi : Perezida Kagame  ari mu ba Perezida  bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD  ( Video )
Mu Rwanda

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Ubwanditsi 27 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru