• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Ubwanditsi 02 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko rwo muri Leta ya Virginia muri Leta zunze Ubumwe z’ Amerika kuri uyu wa kabiri tariki 3 Mutarama 2017, haratangira kumvwa urubanza hagati y’umuryango w’Umwami Kigeli haburanwa ku cyemezo cy’aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa ugomba gutabarizwa.

Impande zihanganye, zigomba gutanga ibimenyetso k’umurage w’Umwami Kigeli n’aho yavuze agomba gutabarizwa nyuma yo guhunga igihugu cy’u Rwanda nyuma ya 1959, imbere y’umucamanza, hazasuzumwa abafite ukuri maze icyemezo kigafatwa.

-5228.jpg

Tariki 23 Ugushyingo 2016, nibwo urukiko rwo muri Fairfax County muri Leta ya Virginia, rwafashe iki cyemezo rumaze kubona ko impande zombi zihagarariwe n’ababunganira mu nkiko kandi ko zitumvikana ku bijyanye n’aho umwami Kigeli azatabarizwa, rwasabye ko abatanze ubuhamya bose bamenyeshwa, bakazajya kwisobanura ubwabo imbere y’urukiko, muri iki cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2017.

Ubusanzwe abo mu muryango w’umwami bacitsemo ibice bitatu bihanganye byanze kuva ku izima

Hari igice gishyigikiye ibyatangajwe n’uwahoze ari umuvugizi akaba n’umukarani w’umwami, Boniface Benzinge, wavuze ko umwami yari yifuje kuva cyera ataratanga ko umugogo we uzatajyanwa mu Rwanda, akumva ibyo bikwiye kubahirizwa. Abo mu muryango w’umwami bashyigikiye icyo cyifuzo cya Benzinge barimo Gerald Rwigemera, umwami Kigeli yari abereye se wabo. Benzinge yagize ati: “Ntituremeza neza aho azatabarizwa ariko ku bwacu twebwe, gutabarizwa mu Rwanda ntabwo tuzabikora.

-5230.jpg

-168.png

Umuvugizi akaba n’umukarani w’Umwami kigeli, Boniface Benzinge

N’iyo baba babishaka, njyewe nk’umuvugizi w’Umwami nabasobanuriye ko ngomba gukurikiza icyifuzo yavuze akiriho kandi gikwiye kubahirizwa.

Kandi no mu muco, no mu mategeko ndetse ya Leta, ngirango ijambo rya nyuma ry’umuntu, bakurikiza ikintu yivugiye ubwe. Naho ibyifuzo bazana ubungubu, ntabwo twabifata ngo tubinyuranye n’igitekerezo yari afite. Mbese icyo gitekerezo cyo kugirango tujye kumushyingura mu Rwanda, nibwira ko kitariho rwose.”

Hari ikindi gice gishyigikiye ko Umwami yatabarizwa mu Rwanda nk’uko abo muri uyu muryango basanzwe baba mu Rwanda babyifuje kuva mbere, bakaba baranashyigikiwe n’abo muri uyu muryango babiri basanzwe baba muri Amerika, basohoye itangazo mu minsi ishize rivuga ko umugogo w’umwami uzatabarizwa mu Rwanda, i Mwima ya Nyanza aho yimikiwe. Abo ni Speciosa Mukabayojo, mushiki w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa na Christine Mukabayojo, Kigeli yari abereye se wabo.

-5234.jpg

Impano z’Umwami Kigeli zibwe n’abantu bataramenyekana

Iki gice ariko cyo kirimo ibindi bice bibiri nabyo bitumva kimwe uburyo ibi bintu bizakorwa n’ibizakurikiraho. Hari abifuza ko aho umwami azatabarizwa, hazahita himikirwa uzamusimbura. Aba babyumva kimwe na Rukeba Claude Francois wari umujyanama wihariye w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa kandi bakaba barabanye cyane, uyu akaba aherutse gutangaza ko umwami Kigeli yasize avuze uzamusimbura, akaba azamenyekana vuba.

Yagize ati: “Ni koko azasimburwa kuko yasize avuze uzamusimbura, mu 2006 yaramutanze, ashobora kuba yarabibwiye abantu babiri cyangwa batatu. Ubundi uko bigenda mu bintu by’ubwami, iyo basize bavuze umuntu ntibabibwira umuntu umwe. Uzi ko mu gihe cy’abiru, bavuga ko abiru ari bo babaga bafite iryo banga, ariko umwami yabaga yifitiye umwe w’umwihariko yabwiraga mu gihe habaye nk’amananiza. Niko byagenze mu gihe cya Rudahigwa atanga, niko byagenze nanubu mu gihe cya Kigeli V.”

Uyu Rukeba Claude Francois kandi yakuyeho urujijo ku bavugaga ko umwami Kigeli yarinze atanga akiri ingaragu akaba ataranigeze abyara, bisobanura ko byanashoboka ko byateguwe ko Kigeli azasimburwa n’umuhungu we. Uyu mujyanama we wihariye, yashimangiye ko hari umwana Kigeli yasize ariko yanga gutangaza aho aherereye. Yagize ati: “Ibyo byo kuvuga ko nta mwana yari afite, twe ku ruhande rwacu tuzi ko hari umwana yari afite, ntabwo twanavuga aho ari ariko arahari.” Ibi bisobanura ko Kigeli yaba yarabyaye umwana mu buryo bw’ibanga kandi akirinda ko bimenyekana cyane, cyane ko nta mugore bizwi ko yashatse.

Hari ikindi gice noneho cy’abifuza ko Kigeli yatabarizwa mu Rwanda, ariko ibyo gushaka umusimbura ku ngoma no gutsimbarara ku kwimika uwo bivugwa ko yasize araze ingoma ya cyami, byo bakaba bumva atari ngombwa kuko bifuza ko Kigeli V Ndahindurwa yagumana icyubahiro cyo kwitwa Umwami wa nyuma w’u Rwanda mu mateka yarwo, cyane ko abamukomokaho amateka atigeze atuma babasha gusobanukirwa neza iby’ingoma ya cyami n’umuco nyarwanda, iby’abiru, abagaragu n’ibindi byajyanaga n’ingoma ya cyami.

-5232.jpg

Pst. Ezra Mpyisi(ibumoso) yavuze ko Umuryango w’Umwami Kigeli V wifuza ko yatabarizwa mu Rwanda

-5231.jpg

Umuryango w’Umwami Kigeli

Rugiye kwambikana hagati y’abagize umuryango w’umwami Kigeli V Ndahindurwa, nyuma y’igihe hari ukutumvikana hagati yabo n’abari abajyanama be ndetse hakazamo n’ihangana rikomeye hagati yabo rishingiye ku kutavuga rumwe kwabo ku bijyanye n’aho Umugogo w’umwami ukwiye gutabarizwa.

Nyuma y’ibi byose, urukiko rwo muri Amerika nirwo rugiye gufata icyemezo cy’aho umwami Kigeli agomba gushyingurwa.

Umwami Kigeli aheruka kugenerwa udushimwe atakiriho aho President Obama na “Albizu”University ya Miami baheruka guha Umwami Kigeli V Ndahindurwa agashimwe “New Awards for His Majesty”, Obama yamuhaye “President’s Volunteer Service Award” naho Albizu University in Miami yamuhaye “honorary Professorship”.

Ibi bibaye mu gihe umugogo wa Kigeli V Ndahindurwa utegereje gutabarizwa ahazemezwa n’urukiko muri uyu mwaka dutangiye 2017.

Cyiza D.

2017-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 15 May 2018
Umutekano  w’Isi  ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Ubwanditsi 15 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa
HIRYA NO HINO

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurubona rwifitemo inyota yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurubona rwifitemo inyota yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu

Ubwanditsi 27 Jun 2016
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu
POLITIKI

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru