• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019 ITOHOZA

Ku wa Gatandatu tariki ya 8 Kamena 2019, Umunyamakuru wo muri Uganda, Angelo Izama, yanditse inkuru yatambutse mu kinyamakuru Dail Monitor ifite umutwe ugira uti “Uko intambara y’ukwikunda kwagejeje Uganda n’u Rwanda mu makimbirane.”

Iyi nkuru ni imwe muri nyinshi ibinyamakuru byo muri Uganda bitambutsa bigamije gushaka kugaragaza isura itariyo y’ubwumvikane buke hagati y’ibihugu byombi.

Ni inkuru zitambutswa hifashishijwe ibitekerezo by’impuguke zanga kugaragaza ukuri nyako ku mpamvu y’amakimbirane.

Amateka n’ibihamya bigaragaza ko igitekerezo cyo kuvuga ko ukutumvikana hagati y’ibihugu byombi muri iki gihe guterwa n’intambara yo kwikunda, gikwiye kurwanywa kuko gishingiye ku myumvire aho kuba ku bimenyetso.

Ibimenyetso birigaragaza. Mu 20o1, Winnie Byanyima yashinje Perezida Museveni gushyigikira umutwe wa FDLR mu bikorwa byawo byo kurwanya u Rwanda.

Uganda yafashije inshuro nyinshi mu ngendo z’abasirikare b’Abanyarwanda bashakishwaga n’inkiko mu gihugu cyabo.

Guverinoma ya Uganda kandi usibye kuba yarabangamiye umushinga w’iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya Moshi, wagombaga guhuza Mombasa na Kigali, ku buryo wari gufungurira amarembo u Rwanda mu kugabanya ikiguzi cy’ibyoherezwa mu mahanga, yaranarenze ibangamira abacuruzi b’Abanyarwanda banyuzaga ibicuruzwa byabo muri Uganda (amata n’amabuye y’agaciro) babijyanye ahandi.

Ibi ni bimwe mu bikorwa byagejeje u Rwanda mu gihombo mu by’ubucuruzi.

Ni amateka asa n’ayisubiramo kuko kuva mu 1998, Uganda yagerageje mu buryo butaziguye guhungabanya u Rwanda mu rwego rw’ubukungu n’ubwa gisirikare.

Mu kudaha agaciro ibi bimenyetso, bamwe mu bahanga bo muri Uganda bagerageza ibishoboka byose ku buryo basobanura ibikorwa bya Guverinoma yabo ku Rwanda.

Bidatunguranye, Izama yavuze ko inzego z’umutekano za Uganda zinjiriwe n’iz’u Rwanda mu gihe umubano w’ibihugu byombi wasaga n’usubiye mu buryo.

Nkuko Andrew Mwenda yabigarutseho mu nkuru ye “Kayihura, Kagame, Museveni”mu mikoranire y’ibihugu byombi, u Rwanda rwashyikirije Uganda abantu 26 bakekwaho ibyaha mu gihe Uganda yo yohereje icyenda.

Niba imikoranire yaragejeje ku kwinjirirwa kw’inzego za gisirikare za Uganda, ni gute hari uwumva ko Uganda yabyunguyikiyemo cyane?

Ese ntabwo abantu bashobora kwifashisha iyo ngingo, bakavuga bati impamvu ibyo bintu byabayeho ni uko inzego z’iperereza za Uganda zari zarinjiriye iz’u Rwanda? Niba ari uko se, hari umuturage wa Uganda wigeze acunaguzwa, atabwa muri yombi cyangwa akorerwa iyicarubozo mu Rwanda?

Ese ni ukubera iki Abanyarwanda bafungwa bakanakorerwa iyicarubozo na CMI batagezwa imbere y’inkiko? Igisobanuro kimwe cyaboneka kuri iyi ngingo, ni uko abahanga ba Uganda bagira uruhare mu gutanga ibisobanuro bibifitse, bizwi nka propaganda.

Indi ngingo ya kabiri yatanzwe Angelo Izama yibanzeho ni ugushimangira ko imiterere ya politiki n’umurongo wayo uranga ibihugu byombi, bishobora gusobanura ukutumvikana kuri hagati yabyo; ahanini bitandukaniye ku kutihanganira ibintu agaragaza ko NRM ifite umurongo uhamye ugaragaza imiyoborere yayo.

Birasa n’aho yananiwe gusobanura ibimenyetso bihari: Kuko u Rwanda nicyo gihugu cyonyine aho abakoze Jenoside babana mu mahoro n’abayirokotse, igihugu cyahuje benshi batumvikanaga –abahoze mu ngabo za FAR bagahurizwa hamwe n’abandi mu gisirikare.

U Rwanda kandi rwacyuye ibihumbi by’abari abarwanyi ba FDLR n’imiryango yabo aho ubu iri kuba mu mahoro mu gihugu ndetse iri no kugira uruhare mu iterambere ryacyo.

Nk’urugero, Guverinoma ya Uganda ntabwo ishobora kuvuga ko yakinguye amarembo cyangwa se yababariye mu gihe ikomeje intambara yo gukurikirana Joseph Kony cyangwa se ADF.

Ikindi, nta na rimwe u Rwanda rwigeze rujya mu bikorwa byo gufasha Joseph Kony cyangwa se ADF ku buryo byakwitwa nk’icyerekezo cya Politiki rushaka gushyira ku muturanyi.

Perezida w’u Rwanda byaba bimutunguye cyangwa se ku bw’impanuka, ntiyigeze ahura n’intumwa za Joseph Kony cyangwa se iz’abo muri ADF ngo bamugezeho imigambi yabo.

Nubwo Perezida Kagame yabikora, ntiyahitamo gushaka inshuti ngo ayigire igisobanuro cyo guhosha imyigaragambyo y’uburyo bwose ivuye ku muturanyi n’inshuti.

Ikigaragara ni uko amakimbirane ahari atari intambara y’ubwishongozi ahubwo ni umushinga wa Guverinoma ya Uganda na Museveni wo kugerageza kwimbika mu mubano w’igihugu cyigenga ariko batumbiriye kukiyobora mu nyungu zabo bwite.

Iyi mikorere igaragara nk’ishaka gusimbura ibikwiye kwimakazwa mu kubahiriza uburenganzira bw’abaturage nk’imibereho myiza no guturana batishishanya.

Umuntu utekereza neza yakwanzura ko ibi bifite gihamya mu ruhererekane rw’ibikorwa byo kuva mu ntambara y’i Kisangani.

Biragaragara kandi ko isesengura rya Izama ku kibazo hagati y’ibihugu byombi, ryerekana ko atekereza ko Uganda na Museveni by’umwihariko bishingikirije icyerekezo afitiye NRA ashaka ko gikoreshwa mu gihugu gifite ubusugire.

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Ikibazo cy’Ingutu hagati  DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru
Amakuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Ubwanditsi 30 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru