• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016 ITOHOZA

Amakuru agera kuri Rushyashya yatangiye guhwihwiswa kuri uyu wa mbere tariki ya 15 Kanama 2016 aravuga ko Ambasaderi Eugène Richard Gasana yafashe icyemezo cyo guhunga ntasubire mu Rwanda.

Amakuru twashoboye kubona aravuga ko kugeza ubu akiri mu gihugu cya Leta zunze ubumwe bw’Amerika ariko akaba yaravuye mu nzu y’Ambasade y’u Rwanda.

Benshi bahamya ko adashobora gutinyuka kuguma mu gihugu cy’Amerika igihe kinini kubera amagambo y’ubwishobozi n’agasuzuguro yakoresheje kuri Samantha Power uhagarariye Amerika mu muryango w’abibumbye.

Biravugwa ko ashobora kwerekeza mu gihugu cy’u Budage yabayemo igihe kitari gito ndetse bivugwa ko afitemo amazu ndetse n’ibindi bikorwa bibyara inyungu, bikaba binavugwa ko nyina w’Ambasaderi Gasana nawe mu minsi ishize yabarizwaga mu gihugu cy’u Budage dore ko icyo gihugu Ambasaderi Gasana yakibayemo kuva kera ari umunyeshuri n’ubwo yari impunzi y’umunyarwanda yabaga mu gihugu cy’u Burundi.

Amakuru dufite n’uko aba mu Budage nk’umunyeshuri yagenderaga kuri Passport y’u Rwanda yari yarahawe ngo n’ Ambasaderi Yuvenali Renzaho. (witabye Imana ari mu ndege ya Perezida Habyalimana yahanuwe ku ya 6 Mata 1994).

Ngo hari ikibazo cyatangiye kugaragara cy’uko hari benshi bari bafite ibyo bapfa na Ambasaderi Gasana batangiye kugaragaza ko bishimiye ibibazo arimo. Uretse abafite ibyo bapfuye bishingiye ku gasuzuguro n’ubwishongozi yagaragazaga kubera umwanya ukomeye yari arimo,ubu noneho haravugwa ikibazo cy’abagabo bakoranye na Ambasaderi Gasana muri za Ambasade zitandukanye barimo kugaragaza amakosa menshi y’uyu muyobozi, harimo no kunyereza umutungo, gusuzugura abamukuriye barimo n’umukuru w’igihugu n’ibindi…..

Iyi nkuru y’ihunga rya Amadasaderi Gasana ije ikurikira iya Protais Mitali nawe wahunze igihugu yasabwe kugaruka i Kigali, nyuma y’umwiherero w’abayobozi bakuru wabereye I Gabiro ndetse nuw’abambasaderi bahagarariye Igihugu cy’u Rwanda mumahanga wabaye ku itariki 3 Werurwe 2015 wabereye muri Hotel Gorillas I Nyarutarama.

Uyu mwiherero udasanzwe w’abambasaderi wigiwemo ibintu bikomeye warimo naba Minisitiri Conseilles ( Urwego rwohejuru rwungirije b’ambasaderi) ukaba kandi warimo n’abasilikare bakuru, ukaba wari uyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo na Gasana Eugene wari ambasaderi w’uRwanda I NewYork muri Amarika.

-3717.jpg

Amasaderi Mitali K. Protais na Amdasaderi Gasana Eugene

Muri uyu mwiherero hagarutswe kukibazo cy’abambasaderi bitwara nabi barimo Muligande Charles waje kwirukanwa ndetse na Masozera Lobert wari ufite ikibazo cy’uko ntabushobozi yari afite mukazi, SIZA Kayizari wari muri Tourkiya n’abandi …. ariko cyane cyane Mitali Kabanda Protais wari ambasaderi w’u Rwanda muri Etiyopiya kuva 8-9/2014.

Mitali waregwaga imicungire mibi y’ishyaka rye PL.no kwiba akayabo gasaga miliyoni 60 mu ishyaka PL.

Kuki b’Ambasaderi bakomeje kuvaho nabi mukazi kabo, abazi neza imikorere yaz’Ambasade bavuga ko impamvu ibitera ari uko bagerayo bakigira utumana, kudatangira igihe Raporo n’ibindi.. kuburyo bagera aho ntibabe bacyumvira amabwiriza ya Minisiteri ibakuriye. Ikindi ni ukwiha imbaraga zirenze izo baba bahawe, kuburyo imikorere yabo usanga ihabanye n’iyi igihugu kiba cyabahaye izo nshingano ugasanga barimo kwangiza Diplomasi mpuzamahanga kandi atarizo nshingano zabo kuko baba bagiye gushaka umubano ntabwo baba bagiye kuryanisha ibihugu byombi. Ngo hari n’abagerayo bagatangira kujya mu dutsiko tw’abahezanguni n’ubugambanyi bwa rwisha.

Umwanditsi wacu

2016-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa  Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Ubwanditsi 10 May 2018
Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben aratangaza  ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite
IMIKINO

The Ben aratangaza ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Gen. Kabarebe yavuze ko Nyamwasa ari igisambo
Mu Mahanga

Gen. Kabarebe yavuze ko Nyamwasa ari igisambo

Ubwanditsi 27 Oct 2016
Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe
IMIKINO

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru