• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Twari tumenyereye uyu murwayi wo mu mutwe, Freeman Bikorwa Singirankabo, mu mateshwa yo kwirirwa atuka uRwanda, ahakana anapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko noneho aratwumije. Ubu arakwiza ku mbuga nkoranyambaga ko yavumbuye umuti wa Sida, akaba ngo akeneye abanyampuhwe bamufasha kuwugerageza, mbere yo kuwushyira ku isoko.

Abinyujije ku rubuga rwitwa”go fund me”, uyu mutekamutwe yatangije gusabiriza amafaranga ngo yo gukorera igerageza ry’umuti we ku bantu 4 bafite virusi itera Sida, umwe wo muri Canada, uwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uwo ku mugabane w’Uburayi n’uwo muri afrika. Magingo aya amaze kubona amadolari 600, ariko ngo akeneye ibihumbi 200 by’amadolari!

Twababwiye kenshi ko aba bantu birirwa basakuza ngo bararwanya uRwanda ari inkorabusa, abamamyi bishakira amaramuko binyuze mu buhemu, none dore Bikorwa Singirankabo arabishimangiye. Uretse kwishakira abadashishoza ngo bamuhe udufaranga twamusunika iminsi, yavumbuye umuti wa Sida abikomora ku buhe buhanga afite? Yakoranye n’ikihe kigo cy’ubushakashatsi cyangwa uwuhe muganga?

Birasekeje kubona hari abagishukwa n’abantu nka Freeman Bikorwa, bakabaha amafaranga nk’aba bamuhaye amadolari 600. Biranatangaje kandi kuko atari Freeman Bikorwa ugaragayeho ubusambo gusa. Mu minsi ishize mwumvise uwitwa René Mugenzi ufungiye mu Bwongereza, nyuma yo guhamwa n’ubujura yakoreye itorero yabeshyaga ko ari umukristu, n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu.

Ntiyatinze kwerekana ko ko ubunyangamugayo ntabwo yigeze.
Umutangabuhamya mu rubanza rwa Paul Rusesabagina yasobanuye uko Rusisibiranya yakusanyije amamiliyoni y’ amadolari, abeshya abagiraneza ko agiye gufasha imfubyi n’abapfakazi, yose agashirira mu gifu cye no mu bikorwa by’iterabwoba, bitanamuhiriye.
Abakoranye na Kayumba Nyamwasa muri cya kiryabarezi RNC, bamushinje kenshi kubaka amafaranga menshi ngo agiye gufata ubutegetsi mu Rwanda, yarangiza akiguriramo za rukururana, abo yohereje mu mashyamba ya Kongo bicira isazi mu jisho.

Ingero ni nyinshi zigaragaza ko abiyita ko bari muri “opozisiyo” ari ba mpemukendamuke, kuko politiki bakina ari iy’inda gusa. Ni ngombwa rero ko gukomeza kuburira Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, bakima amatwi aba bashukanyi, kuko nta cyiza bateganyiriza u Rwanda.

Ni abanyoni butwi, babasahura imitungo, barangiza bakabashora mu ntambara bazi neza ko badashobora gutsinda,kuko nta mpamvu, nta n’ubushobozi bafite.

2021-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2017
Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Umudepite w’umufaransa yemeje ko Theoneste Nsengimana na bagenzi be bafashwe na RIB ari abakozi ba Ingabire Victoire aziko abatabariza

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Ubwanditsi 01 Jun 2023
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 19 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana
Mu Mahanga

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda
ITOHOZA

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR
Amakuru

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Ubwanditsi 31 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru