• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Twari tumenyereye uyu murwayi wo mu mutwe, Freeman Bikorwa Singirankabo, mu mateshwa yo kwirirwa atuka uRwanda, ahakana anapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko noneho aratwumije. Ubu arakwiza ku mbuga nkoranyambaga ko yavumbuye umuti wa Sida, akaba ngo akeneye abanyampuhwe bamufasha kuwugerageza, mbere yo kuwushyira ku isoko.

Abinyujije ku rubuga rwitwa”go fund me”, uyu mutekamutwe yatangije gusabiriza amafaranga ngo yo gukorera igerageza ry’umuti we ku bantu 4 bafite virusi itera Sida, umwe wo muri Canada, uwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uwo ku mugabane w’Uburayi n’uwo muri afrika. Magingo aya amaze kubona amadolari 600, ariko ngo akeneye ibihumbi 200 by’amadolari!

Twababwiye kenshi ko aba bantu birirwa basakuza ngo bararwanya uRwanda ari inkorabusa, abamamyi bishakira amaramuko binyuze mu buhemu, none dore Bikorwa Singirankabo arabishimangiye. Uretse kwishakira abadashishoza ngo bamuhe udufaranga twamusunika iminsi, yavumbuye umuti wa Sida abikomora ku buhe buhanga afite? Yakoranye n’ikihe kigo cy’ubushakashatsi cyangwa uwuhe muganga?

Birasekeje kubona hari abagishukwa n’abantu nka Freeman Bikorwa, bakabaha amafaranga nk’aba bamuhaye amadolari 600. Biranatangaje kandi kuko atari Freeman Bikorwa ugaragayeho ubusambo gusa. Mu minsi ishize mwumvise uwitwa René Mugenzi ufungiye mu Bwongereza, nyuma yo guhamwa n’ubujura yakoreye itorero yabeshyaga ko ari umukristu, n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu.

Ntiyatinze kwerekana ko ko ubunyangamugayo ntabwo yigeze.
Umutangabuhamya mu rubanza rwa Paul Rusesabagina yasobanuye uko Rusisibiranya yakusanyije amamiliyoni y’ amadolari, abeshya abagiraneza ko agiye gufasha imfubyi n’abapfakazi, yose agashirira mu gifu cye no mu bikorwa by’iterabwoba, bitanamuhiriye.
Abakoranye na Kayumba Nyamwasa muri cya kiryabarezi RNC, bamushinje kenshi kubaka amafaranga menshi ngo agiye gufata ubutegetsi mu Rwanda, yarangiza akiguriramo za rukururana, abo yohereje mu mashyamba ya Kongo bicira isazi mu jisho.

Ingero ni nyinshi zigaragaza ko abiyita ko bari muri “opozisiyo” ari ba mpemukendamuke, kuko politiki bakina ari iy’inda gusa. Ni ngombwa rero ko gukomeza kuburira Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, bakima amatwi aba bashukanyi, kuko nta cyiza bateganyiriza u Rwanda.

Ni abanyoni butwi, babasahura imitungo, barangiza bakabashora mu ntambara bazi neza ko badashobora gutsinda,kuko nta mpamvu, nta n’ubushobozi bafite.

2021-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Nyabihu: Abakobwa babyariye iwabo basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurengera umwana

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Ubwanditsi 11 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko ruratungwa agatoki  kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Urubyiruko ruratungwa agatoki kutitabira ibiganiro mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera
HIRYA NO HINO

Agashya :Umudepite muri Uganda yahawe ijambo mu rusengero, abantu bose bahita bisohokera

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside
POLITIKI

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru