• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Twari tumenyereye uyu murwayi wo mu mutwe, Freeman Bikorwa Singirankabo, mu mateshwa yo kwirirwa atuka uRwanda, ahakana anapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko noneho aratwumije. Ubu arakwiza ku mbuga nkoranyambaga ko yavumbuye umuti wa Sida, akaba ngo akeneye abanyampuhwe bamufasha kuwugerageza, mbere yo kuwushyira ku isoko.

Abinyujije ku rubuga rwitwa”go fund me”, uyu mutekamutwe yatangije gusabiriza amafaranga ngo yo gukorera igerageza ry’umuti we ku bantu 4 bafite virusi itera Sida, umwe wo muri Canada, uwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uwo ku mugabane w’Uburayi n’uwo muri afrika. Magingo aya amaze kubona amadolari 600, ariko ngo akeneye ibihumbi 200 by’amadolari!

Twababwiye kenshi ko aba bantu birirwa basakuza ngo bararwanya uRwanda ari inkorabusa, abamamyi bishakira amaramuko binyuze mu buhemu, none dore Bikorwa Singirankabo arabishimangiye. Uretse kwishakira abadashishoza ngo bamuhe udufaranga twamusunika iminsi, yavumbuye umuti wa Sida abikomora ku buhe buhanga afite? Yakoranye n’ikihe kigo cy’ubushakashatsi cyangwa uwuhe muganga?

Birasekeje kubona hari abagishukwa n’abantu nka Freeman Bikorwa, bakabaha amafaranga nk’aba bamuhaye amadolari 600. Biranatangaje kandi kuko atari Freeman Bikorwa ugaragayeho ubusambo gusa. Mu minsi ishize mwumvise uwitwa René Mugenzi ufungiye mu Bwongereza, nyuma yo guhamwa n’ubujura yakoreye itorero yabeshyaga ko ari umukristu, n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu.

Ntiyatinze kwerekana ko ko ubunyangamugayo ntabwo yigeze.
Umutangabuhamya mu rubanza rwa Paul Rusesabagina yasobanuye uko Rusisibiranya yakusanyije amamiliyoni y’ amadolari, abeshya abagiraneza ko agiye gufasha imfubyi n’abapfakazi, yose agashirira mu gifu cye no mu bikorwa by’iterabwoba, bitanamuhiriye.
Abakoranye na Kayumba Nyamwasa muri cya kiryabarezi RNC, bamushinje kenshi kubaka amafaranga menshi ngo agiye gufata ubutegetsi mu Rwanda, yarangiza akiguriramo za rukururana, abo yohereje mu mashyamba ya Kongo bicira isazi mu jisho.

Ingero ni nyinshi zigaragaza ko abiyita ko bari muri “opozisiyo” ari ba mpemukendamuke, kuko politiki bakina ari iy’inda gusa. Ni ngombwa rero ko gukomeza kuburira Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, bakima amatwi aba bashukanyi, kuko nta cyiza bateganyiriza u Rwanda.

Ni abanyoni butwi, babasahura imitungo, barangiza bakabashora mu ntambara bazi neza ko badashobora gutsinda,kuko nta mpamvu, nta n’ubushobozi bafite.

2021-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Rayon Sports yanganyije umukino wa Kabiri wa shampiyona, Gasogi United ikomeje kuyobora urutonde

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique
Mu Rwanda

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura
ITOHOZA

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Ubwanditsi 13 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru