• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Editorial 16 Apr 2017 ITOHOZA

Mu masaa tatu za mugitondo cyo kuwa Kane tariki 13 Mata 2017, nibwo hamenyekanye inkuru ibabaje ko umubyeyi witwa Iribagiza Chritsine wari utuye mu murenge wa Niboye, Akagari Ka Niboye mu karere ka Kicukiro yishwe anizwe n’ abantu bataramenyekana, habanje gutangazwa ko yishwe atewe ibyuma, ariko nyuma biza kumenyekana ko yahotowe n’abagizi banabi.

Umuvandimwe wa Nyakwigendera witwa Emma Iryingabe uririmba muri Korari Hoziana atangaza amwe mu mateka n’ ibigwi bya bya Nyakwigendera Christine wari mukuru we.

Emma yagize ati “Nk’ umuvandimwe wanjye uko nari muzi, yari umubyeyi ufite umwana umwe w’ umukobwa ufite imyaka 26. Uwo mwana yiga mu Bubiligi”

Yakomeje avuga ko Iribagiza Christine yari umuntu uzi kubana n’ abandi kandi agakorera kuri gahunda, yongeraho ko nta muntu n’ umwe bari bafite icyo bapfa.

Ati “Nyakwigendera icyo muziho nk’ umuvandimwe ni uko yari umuntu ukunda abantu, utirengagiza umuntu uwo ariwe wese, kandi uzi kubana n’ abantu b’ ibyiciro byose baba abakuze baba abana, nta kibazo yagiranaga n’ abantu. Yamenyaga ibimureba akabikora kandi akagira gahunda”.

Emma avuga ko Nyakwigendera yagiye mu Bubiligi mu 1985, amaze gushakana n’ umugabo we bakoranaga muri CHUK. Mbere yo kujya mu Bubiligi Nyakwigendera yari umukozi wa CHUK akora muri Labotoire (Laboratine), amaze gushakana n’ umugabo w’ Umubiligi wari umudogiteri muri CHUK bagiye kuba mu Bubiligi

Mu ijwi rituje ryumvikanagamo agahinda arinako agera hagati agafatwa n’ ikiniga, Emma yagize ati “Kubera ko umugabo we yari umudogiteri bahoraga bimuka,….babaye mu Bubiligi, barahava bajya muri Bolvia yewe no mu Burundi barahabaye”

Muri 2007 nibwo Nyakwigendera Christine yagarutse mu Rwanda atura Kicukiro, mu kagari ka Niboye umurenge wa Niboye ari naho yiciwe n’ abantu bataramenyekana.

Umwana we yize amashuri yisumbuye mu ishuri ry’ Ababiligi mu mujyi wa Kigali (Ecole Belge), akomereza muri Kaminuza yo mu Bubuligi arinaho akiga kugeza ubu.

Nyakwigendera Christine yakoraga akazi k’ ubwubatsi. Akaba yari umucikacumu wa Jenoside yakorewe abatutsi, yishwe amaze igihe gito avuye mu gihugu cy’ u Bubiligi gusura umukobwa we. Apfuye afite imyaka 58 y’ amavuko.

Emma avuga ko bataramenya ibijyanye n’ imihango yo gushyingura Nyakwigendera kuko umurambo we ukiri mu bitaro bya polisi ku Kacyiru, aho wajyanywe gukorerwa isuzuma.

-6319.jpg

Abaturanyi b’uwo nyakwigendera basobanura ko abamwishe binjiye mu gipangu mu ma saa tatu za mu gitondo, babanza gutera ibyuma umuzamu wari umaze kubafungurira

2017-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Editorial 21 Aug 2018
 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Editorial 29 Nov 2017
Venant Musoni  wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Venant Musoni wakorewe  iyicarubozo muri Uganda, aratabariza  bagenzi be 40 bari mu makasho ko bakorerwa ubuvugizi

Editorial 30 Apr 2019
Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Editorial 11 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 22, 20199:10 am -

    Mu Rwanda abagizi ba nabi bashobora gutinyuka gutera urugo saa tatu muri quartier iri kuri kaburimbo si benshi.

    Noneho igitangaje n’ukuntu hahise humvikana umukobwa kuri radio ubeshya ngo bamuteraguye ibyuma nyamara yanigishijwe imigozi.

    Abicisha imigozi nabo si benshi mu Rwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru