• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu binyoma by’uyu mugabo uharanira gusiga inkuru mbi i musozi, n’ubu akaba akomeje kutwereka ko atazigera ahinduka, hari ibitazava mu mitwe y’abamuzi neza.

Umuntu wavumbuye mbere ubuhemu bwa Paul Rusesabagia, ni Bamurange Esther, umugore wa mbere wa Rusesabagina, watandukanye nawe rugikubita, nyuma yo kumutahuraho imyitwarire igayitse. Rusesabagina w’akarimi gashyushye, yahise ashyingiranwa na Tatiana Mukangamije, ariko abaganira na Tatiana baduhishuriye ko Rusesabagina amaze kumwikoreza amaboko.

Kimwe mu binyoma karundura bya Rusesabagina, ni ukubeshya amahamga ko yarokoye abari bahungiye muri Hoteli ya 1000 collines muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyamara mu buhamya bw’abaharokokeye, bivugira ko batabawe na MINUAR yarindaga iyo Hotel, ko rero nta bugiraneza bwa Rusesabagina bazi, cyane ko yishyuje umuntu wese wari muri iyo hoteli , utiguze ntahabwe ubuhungiro.

Kubera icyo kinyoma giherekejwe na ka karimi karyoshye, Rusesabagina yigaruriye imitima y’abashukika vuba, ariko cyane cyane abanzi b’uRwanda. Erega bamugira “intwari”, nawe si ukubasahura ibifaranga yiva inyuma, ngo barafasha “umugiraneza”

Ubwo” butwari” bwe n’ibyo bisabano-bisahurano, Rusesabagina yabikoresheje abeshya ngo ashinze ikigega cyo kugoboka abatishoboye, nyamara ahubwo ari uburyo bwo gushakira inkunga n’ imbaraga umutwe we w’iterabwoba,wa MRCD/ FLN. Umutangabuhamya w’Umunyamerikakazi, Dogiteri Michelle Martin, yambitse ubusa uyu mujura w’umugome, abwira urukiko uburyo Rusesabagina yakusanyije amamiliyoni y’amadolari ngo agiye gufasha imfubyi n’abapfakazi, ahubwo ari ayo gukoresha mu bikorwa by’iterabwoba, byibasiye inzirakarengane.

Rusesabagina akigezwa imbere y’ubutabera bw’uRwanda, yarize amarira y’ingona asaba imbabazi kubera ibitero bya FLN byahitanye abantu, abandi bikabamugaza, imitungo yabo igatikizwa indi igasahurwa. Nyamara byari ubutekamutwe, kuko yaje guhakana ibyaha, yemeza ko azira kuba”impirimbanyi ya demokarasi”. Mutekereze umuntu uhakana, agahakana n’ibyo yivugiye, akanabishyira ku mbuga nkoranyambaga.

Imbere y’abacamanza, n’isi yose, Rusesabagina Paul, mwene Thomas Rupfure, wavukiye i Murama, mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, yarirenze ararahira, yemeza ko ntaho ahuriye n’Ubunyarwanda, ko ahubwo ari “Umubiligi”! Abamwuvise yihakana Ubunyarwanda, mu kinyarwanda, barumiwe, bati uyu we si umutekamutwe gusa, anashirika isoni bitangaje.

Haba mu bugenzacyaha, haba n’aho agereye muri gereza ya Mageragere, Rusesabagina yasuwe n’ intumwa z’Ambasade y’Amerika mu Rwanda, itangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’imiryango y’uburenganzira bwa muntu, yivugira ko yibeshye, aho kujya i Burundi( gusura ingabo ze) yisanga mu Rwanda. Ibi byanashimangiwe na “Reverend” Niyomungeri bari kumwe mu ndege.

Nyamara ntibyatinze avuga ko “yashimuswe” ndetse umuryango we n’abafatanyabikorwa be barabikwiza isi yose.

Abo bantu banyuranye bamusuye kandi, yanababwiye ko afashwe neza kuva yagera mu Rwanda. Yashimye icyubahiro ahabwa, amafunguro, uburyamo, n’ibindi bikoresho ndetse bidafitwe na benshi mu bo bafunganywe. Nyamara se, byamubujije kunyura inyuma, akabwira ba bafatanyabikorwa be ko akorerwa iyicarubozo, ndetse akaba adahabwa ibyo akeneye, birimo imiti n’ibindi.

Abigambanye n’umunyamategeko w’Umubiligi, Vincent Lurquin , uyu munyarwenya kurusha uko ari inzobere mu mategeko, yaje mu Rwanda asabye viza y’ubukerarugendo, nyamara abacamanza barumiwe yinjiye mu rukiko ngo aje kunganira Rusesabagina.Yabikoze abizi neza ko bidashoboka, kuko uretse no kuba atarigeze abisaba, nta n’ubwo amategeko y’uRwanda yabimwemereraga. Ubu bwari uburiganya bugamije kwerekana ko Rusesabagina yimwe uburenganzira bwo kugira umwunganira mu mategeko. Aha ariko akubise igihwereye, kuko abanyamategeko b’isi yose babonaga ko ari urwiyenzo.

Na none abigambanye n’umukobwa we Kanimba Carine, babeshye abantu barimo na sena y’Afurika, ko uRwanda “rwumvirije” telefone y’uwo Kanimba. Byahe se ko umuhanga mu ikoranabuhanga mu itumanaho, Jonathan Scott yagaragaje ko ibyo ari ibipapirano, kuko ubwoko bwa telefone Kanimba avuga ko bwumvirijwe, yari atarabutunga igihe avuga ko habayeho icyo gikorwa cyo kumviriza. Muri make, URwanda ntirwari”kumviriza” telefone itariho.

Dore rero noneho uburiganya bushobora kumusubiza mu y’abagabo.

Ubwo Rusesabagina yatakambiraga Perezida wa Repubulika ngo arekurwe atarangije igihano cy’imyaka 25 yari yakatiwe, amaze guhamwa n’ibyaha birimo gushinga umutwe w’iterabwoba, yanditse IBARUWA NDENDE, asaba imbabazi, ndetse yiyemeza guca ukubiri n’ibikorwa byose bya politiki. Perezida Kagame yaciye inkoni izamba, maze muri Werurwe 2023 Rusesabagina ararekurwa, ndetse asubira mu ndiri ye muri Amerika. Nyamara muri videwo yakwije ku mbuga nkoranyambaga, Rusisibiranya ahakana kuba yaragiriwe imbabazi, akemeza ko yarekuwe kubera” igitutu cy’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu”.

Icya mbere, Rusesabagina yamaze hafi imyaka 2 n’igice muri gereza. Kuva ku munsi wa mbere agifatwa, abafatanyabikorwa be bavugije induru ngo arekurwe, ariko basobanurirwa ko igitutu kidakora ku Rwanda. Urubanza rwa Rusesabagina rwarabaye kugeza mu bujurire, rurangira akatiwe n’ubutabera, isi yose imenya ukuri ku byaha Rusesabagina yakoze. Icyo gitutu se ko kitakoze ngo asubire muri Amerika ataburanye, nk’uko hari ababishakaga?

Rusesabagina yasabye imbabazi, arazihabwa, ibindi abeshya ni ukwikura mu kimwaro.

Gukwiza iyi videwo bigaragaza ko Rusesabagina agarutse muri politiki yo gusebya uRwanda nk’uko yabikoraga mbere y’uko afatwa. Muri bwa buriganya yavukanye, aranyuranya n’ibyo yiyemeje, akanabyemerera abamufashije gutakamba, barimo Ubuyobozi bwa Qatar, Igihugu cy’inshuti y’uRwanda.

N’uyu munsi umuryango wa Rusesabagina, cyane cyane umukobwa yareze, Kanimba Carine, ntiwahagaritse ibikorwa byo kwibasira uRwanda n’Ubuyobozi Bukuru bwarwo. Babikora babiziranyeho, cyangwa babitumwe na Rusesabagina.

Uku ni ukwibagirwa vuba, bigirwa n’ab’umutima muke. Gushima uwamudohoreye byo ntawari ubyiteze, ariko ubu buriganya bwa Rusesabagina nibwo buzamuta ku gasi. N’iyo butamusubiza i Mageragere (uretse ko nta n’uwavuga ko bidashoboka), ntibuzatuma yisazira. Kwica isezerano kenshi birasama.

Nyamwanga kumva ntiyanze kubona

2023-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutahizamu Byiringiro Lague afashije Amavubi gutsinda Mozambique, byongerera Amavubi amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika cya 2022

Rutahizamu Byiringiro Lague afashije Amavubi gutsinda Mozambique, byongerera Amavubi amahirwe yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika cya 2022

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Ubwanditsi 04 Feb 2016
Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya
Mu Mahanga

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.
Amakuru

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru