• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI, SHOWBIZ

U Rwanda ruzwi nk’igihugu cy’imisozi igihumbi, ibyiza byarwo bikaba muri bimwe mu bikurura ba mukerarugendo ndetse bigatuma iki gihugu gihora ari nyabagendwa, si ibice bimwe na bimwe gusa kuri ubu bikurura ba mukerarugendo gusa ahubwo uburyo bakirwa bituma bakomeza kwiyongera mu kugana iki gihugu.

Kugeza ubu mu bikorwa bitandukanye ndetse na Serivisi nyinshi harimo kwakirwa abagana u Rwanda baje kurusura cyane cyane mu cyiswe “Visit Rwanda”, iyi nzira yo kwakira abarugana irimo kwaguka cyane mu ngeri nyinshi hadasigaye na Siporo kuko kugeza ubu by’umwihariko ukwezi kwa Gicurasi u Rwanda rwakiriye amwe mumazina y’ibyamamare byinshi biri kurubarizwamo.

Binyuze muri “Visit Rwanda” igihugu cy’imisozi igihumbi gikomeje kuba isanganiro ry’ibyamamare dore ko mu myaka mike ishize ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyagiranye amasezerano yo kumenyekanisha igihugu binyuze mu makipe akomeye yo ku mugabane w’i Burayi ariyo Arsenal yo mu Bwongereza ndetse na Paris St Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa.

Ku isonga duhereye mu mupira w’amaguru, kuri uyu wa gatandatu tariki ta 15 Gicurasi 2021 muri Kigali Serena Hotel habereye inama ya komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, ni inama yitabiriwe n’ibyamamare bikomeye byo hirya no hino ku Isi.

Iyi nama ya komite nyobozi ya CAF yari iyobowe na DR Patrice Motsepe Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, hari kandi na Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA Giani Infantino ndetse yitabirwa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame wari umushyitsi mukuru.

Iyi nama kandi yitabiriwe na Arsène Wenger wamenyekanye nk’umutoza wa Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza , gusa muri aha yitabiriye nk’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi.

Arsène Charles Ernest Wenger OBE wamaze imyaka 22 muri iyi kipe y’abarashi ya Arsenal yibukwa cyane ubwo hari mu mwaka w’imikino wa 2003 na 2004 ko yararangije shampiyona y’u Bwongereza adatsinzwe n’umukino n’umwe.

Usibye Arsène Wenger uri mu Rwanda ubarizwa mu mupira w’amaguru hari kandi n’abandi bayobozi b’amashyirahamwe atandukanye y’umupira w’amaguru muri Afurika hari kandi n’abayobozi b’amashyirahamwe y’amahuriro atandukanye arimo COSAFA, CECAFA, UNAF, UNIFFAC, WAFU A ndetse na WAFU B.

Mu bandi bazwi mu gice cya siporo bari mu gihugu cy’u Rwanda by’umwihariko baje kwitabira Imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League rigomba kubera muri Kigali Arena guhera tariki ya 16 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2021.

Mu bamaze kumenyekana ko bazitabira iri rushanwa harimo Chris Paul wigeze gukinira ikipe ya Phoenix Suns yo muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika, hari kandi umunyakameruni Pascal Siakam wamenyekanye muri NBA ndetse n’umuyobozi w’ikipe ya Toronto Raptors Masai Ujiri.

Hari kandi umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball Adam Silver wanagize uruhare rwo kugirango iri rushanwa rya BAL ribeho kuri uyu mugabane wa Afurika.

Amakuru yandi ahari avuga ko iri rushanwa rya BAL rizitabirwa n’abantu 150 bazaba bavuye muri Amerika bigaragaza ko u Rwanda ruzaba rufite ibyamamare bitandukanye bifite aho bihuriye na Siporo.

2021-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Ubwanditsi 16 May 2018
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
NEC yashyize  Igorora ku bakandida bazashaka  kwiyamamaza bakoresheje Imbuga nkoranyambaga

NEC yashyize Igorora ku bakandida bazashaka kwiyamamaza bakoresheje Imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup
Amakuru

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 12 Sep 2023
Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu
Mu Rwanda

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa
ITOHOZA

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru