• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI, SHOWBIZ

U Rwanda ruzwi nk’igihugu cy’imisozi igihumbi, ibyiza byarwo bikaba muri bimwe mu bikurura ba mukerarugendo ndetse bigatuma iki gihugu gihora ari nyabagendwa, si ibice bimwe na bimwe gusa kuri ubu bikurura ba mukerarugendo gusa ahubwo uburyo bakirwa bituma bakomeza kwiyongera mu kugana iki gihugu.

Kugeza ubu mu bikorwa bitandukanye ndetse na Serivisi nyinshi harimo kwakirwa abagana u Rwanda baje kurusura cyane cyane mu cyiswe “Visit Rwanda”, iyi nzira yo kwakira abarugana irimo kwaguka cyane mu ngeri nyinshi hadasigaye na Siporo kuko kugeza ubu by’umwihariko ukwezi kwa Gicurasi u Rwanda rwakiriye amwe mumazina y’ibyamamare byinshi biri kurubarizwamo.

Binyuze muri “Visit Rwanda” igihugu cy’imisozi igihumbi gikomeje kuba isanganiro ry’ibyamamare dore ko mu myaka mike ishize ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyagiranye amasezerano yo kumenyekanisha igihugu binyuze mu makipe akomeye yo ku mugabane w’i Burayi ariyo Arsenal yo mu Bwongereza ndetse na Paris St Germain yo mu gihugu cy’u Bufaransa.

Ku isonga duhereye mu mupira w’amaguru, kuri uyu wa gatandatu tariki ta 15 Gicurasi 2021 muri Kigali Serena Hotel habereye inama ya komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, ni inama yitabiriwe n’ibyamamare bikomeye byo hirya no hino ku Isi.

Iyi nama ya komite nyobozi ya CAF yari iyobowe na DR Patrice Motsepe Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, hari kandi na Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA Giani Infantino ndetse yitabirwa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame wari umushyitsi mukuru.

Iyi nama kandi yitabiriwe na Arsène Wenger wamenyekanye nk’umutoza wa Arsenal yo mu gihugu cy’u Bwongereza , gusa muri aha yitabiriye nk’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi.

Arsène Charles Ernest Wenger OBE wamaze imyaka 22 muri iyi kipe y’abarashi ya Arsenal yibukwa cyane ubwo hari mu mwaka w’imikino wa 2003 na 2004 ko yararangije shampiyona y’u Bwongereza adatsinzwe n’umukino n’umwe.

Usibye Arsène Wenger uri mu Rwanda ubarizwa mu mupira w’amaguru hari kandi n’abandi bayobozi b’amashyirahamwe atandukanye y’umupira w’amaguru muri Afurika hari kandi n’abayobozi b’amashyirahamwe y’amahuriro atandukanye arimo COSAFA, CECAFA, UNAF, UNIFFAC, WAFU A ndetse na WAFU B.

Mu bandi bazwi mu gice cya siporo bari mu gihugu cy’u Rwanda by’umwihariko baje kwitabira Imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League rigomba kubera muri Kigali Arena guhera tariki ya 16 kugeza ku ya 30 Gicurasi 2021.

Mu bamaze kumenyekana ko bazitabira iri rushanwa harimo Chris Paul wigeze gukinira ikipe ya Phoenix Suns yo muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika, hari kandi umunyakameruni Pascal Siakam wamenyekanye muri NBA ndetse n’umuyobozi w’ikipe ya Toronto Raptors Masai Ujiri.

Hari kandi umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball Adam Silver wanagize uruhare rwo kugirango iri rushanwa rya BAL ribeho kuri uyu mugabane wa Afurika.

Amakuru yandi ahari avuga ko iri rushanwa rya BAL rizitabirwa n’abantu 150 bazaba bavuye muri Amerika bigaragaza ko u Rwanda ruzaba rufite ibyamamare bitandukanye bifite aho bihuriye na Siporo.

2021-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Mushikiwabo yateye utwatsi ibyo gufunga imbuga nkoranyambaga ku munsi w’amatora

Ubwanditsi 31 May 2017
Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Ubwanditsi 03 Oct 2019
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Ubwanditsi 01 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru