• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu nama zose zateranye hagamijwe gushakira umuti ikibazo cy’intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo, ubutegetsi bwa Tshisekedi bwasabwe ibyo bugomba gushyira mu bikorwa kugirango uwo muti uboneke, ariko birasa n’ibyabaye ihurizo ry’akasamutwe.

1. Leta ya Kongo isabwa guhagarika imikoranire n’umutwe wa FDLR kuko uregwa ibikorwa by’ihohotera rikabikje ku baturage b’abasivili, kandi ukaba intandaro y’umwuka mubi hagati ya Kongo n’u Rwanda. Uretse kuba FDLR ari umutwe w’abajenosideri basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, inahorana imigambi yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Amakuru yizewe n’uko n’ubu ngo yitegura kugaba ibitero by’ubwiyahuzi ku butaka bw’u Rwanda nk’uko itahwemye kubirota.

Kongo se yatinyuka cyangwa yabasha ite guhagarika ubufatanye hagati yayo na FDLR, kandi uwo mutwe waramaze kwinjizwa mu gisoda cya Kongo, FARDC Ababikurikiranira hafi bakubwira ko utapfa gutandukanya umusirikari wa FARDC n’uwa FDLR, bikaba byaranemejwe n’ibyegeranyo binyuranye, birimo n’ibya Loni.

2. Leta ya Kongo yasabwe kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23 wigaruriye ibice binyuranye muri Kivu y’Amajyaruguru. Kinshasa yanga cyangwa itinya gushyikirana na M23 kuko izi neza ko izasabwa kureba imikoranire na FDLR, n’indi yitwaje intwaro yashinzwe cyangwa ifashwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Nk’uko twabisobanuye kenshi, Tshisekedi ntiyakwikuraho amaboko, kuko iyo mitwe yibumbiye mu cyiswe”Wazalendo” ariyo nibura ibasha guhagarara akanya gato imbere ya M23, mu gihe FARDC iba yayabangiye ingata.

3. Leta ya Kongo kandi isabwa gucyura impunzi z’Abanyekongo zibarirwa mu bihumbi 80, zimaze imyaka irenga 20 mu nkambi zo mu Rwanda. Twibutse ko itotezwa ry’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ari kimwe mu byatumye M23 ifata intwaro.
Leta ya kongo se yacyura ite impunzi, kandi itanemera ko ari abaturage bayo?

Mu by’ibyanze byatumye aba bantu bahunga, ndetse n’ubu umubare w’abata ibyabo ukaba ukiyongera, ni ihohoterwa bakorerwaga, n’ubu bagikorerwa, na FDLR n’indi mitwe ishyigikiwe na Leta.Hari ukubica babita abanyamahanga b’Abanyarwanda, gusambanya abagore ku ngufu, kubarira inka n’ubundi bugome bakorerwa isi yose irebera. Bataha bate rero kandi iyo mitwe y’abicanyi ikiri ku ibere ry’ubutegetsi bwa Tshisekedi?

Nyamara kuva mu mwaka wa 2010, hagiye hashyirwaho amasezerano yo gucyura izo mpunzi, ahuriweho na Kongo, Ishami Ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, n’uRwanda. Igihe cyose izo mpande zahuye, Leta ya Kongo yagiye ibeshya ko igiye gukora ibyo isabwa, ariko bikaba amasigaracyicaro.
Nta gitunguranye kirimo ariko, kuko nta na rimwe ubutegetsi bwa Kongo, by’umwihariko ubwa Tshisekedi, bwigeze bwubahiriza amasezerano bwishyiriyeho umukono.

Ikigaragarira buri wese usesengura ibyo muri Kongo, ni uko Leta y’iki gihugu iri mu ihurizo rikomeye ryo gushyira mu bikorwa imyanzuro igamije kugarura amahoro cyane cyane muri Kivu zombi, iy’Amajyaruguru n’iy’amajyepfo.

Ibintu bisa n’ibyarenze ubushobozi bw’abategeka Kongo, bagahitamo kwisahurira kuko bazi ko imitegekere yabo idashobora kuramba.
Baritwara nk’ababaswe n’ ibiyobyabwenge, ko ntiwasobanura uburyo umuntu wo ku rwego rwa Minisitiri atinyuka kuvuga ngo”uwaremye shitani ni nawe waremye Abatutsi”, nk’uko Justin Bitakwira ushinzwe iterambere ry’icyaro aherutse kubivugira ku mugaragaro. Imvugo zibiba urwango z’abategetsi ba Kongo zo zamaze kuba akamenyero, hatitawe ku nzirakarengane z’Abatutsi zicwa buri munsi kubera izo mvugo, abandi bagafungirwa ubusa, imitungo yabo ikangizwa.

Amahanga nayo, n’ubwo tuyashinja kurebera, birayagora gufasha Kongo kuva mu bibazo by’umutekano, kuko burya “ufasha uwifashije”.

Dore nk’ubu Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba wafashe icyemezo cyo kohereza ingabo kugarura amahoro muri Kongo, nyamara Tshisekedi ntasiba gusaba abaturage kwigaragamya bamagana izo ngabo, ngo kuko zitaje zigaba ibitero ku birindiro bya M23, ahubwo zigahitamo gufasha kurangiza ikibazo mu nzira ya politiki. Nta nurutoboye Kongo itanga kuri izo ngabo, ariko indashima Tshisekedi ifakoma mu nkokora ibikorwa byazo.

Inama zose icyo gihugu cyagiriwe cyaziteye umugongo, gihitamo kwegeka umuzigo warwo ku Rwanda. Ntiwaba utazi cyangwa wirengagiza umuzi nyakuri w’ingorane zawe, ngo uzabashe kuzigobotora.

Nubona igihugu cyiyambaje abacanshuro, uzakarabe, Uzamenye ko akacyo kashobotse.

2023-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Nyuma y’amezi 3, Kapiteni wa APR FC Tuyisenge Jacques avunitse yatangaje ko  ameze neza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye ubwo amarushanwa izaba isubukuwe 

Nyuma y’amezi 3, Kapiteni wa APR FC Tuyisenge Jacques avunitse yatangaje ko  ameze neza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye ubwo amarushanwa izaba isubukuwe 

Ubwanditsi 08 Jan 2022
Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Ubwanditsi 16 Feb 2022
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Ubwanditsi 05 Dec 2017
Perezida Magufuli  ngo azahindura inote  ateze igihombo abajura
Mu Rwanda

Perezida Magufuli ngo azahindura inote ateze igihombo abajura

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo
POLITIKI

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru