• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu nama zose zateranye hagamijwe gushakira umuti ikibazo cy’intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo, ubutegetsi bwa Tshisekedi bwasabwe ibyo bugomba gushyira mu bikorwa kugirango uwo muti uboneke, ariko birasa n’ibyabaye ihurizo ry’akasamutwe.

1. Leta ya Kongo isabwa guhagarika imikoranire n’umutwe wa FDLR kuko uregwa ibikorwa by’ihohotera rikabikje ku baturage b’abasivili, kandi ukaba intandaro y’umwuka mubi hagati ya Kongo n’u Rwanda. Uretse kuba FDLR ari umutwe w’abajenosideri basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, inahorana imigambi yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Amakuru yizewe n’uko n’ubu ngo yitegura kugaba ibitero by’ubwiyahuzi ku butaka bw’u Rwanda nk’uko itahwemye kubirota.

Kongo se yatinyuka cyangwa yabasha ite guhagarika ubufatanye hagati yayo na FDLR, kandi uwo mutwe waramaze kwinjizwa mu gisoda cya Kongo, FARDC Ababikurikiranira hafi bakubwira ko utapfa gutandukanya umusirikari wa FARDC n’uwa FDLR, bikaba byaranemejwe n’ibyegeranyo binyuranye, birimo n’ibya Loni.

2. Leta ya Kongo yasabwe kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23 wigaruriye ibice binyuranye muri Kivu y’Amajyaruguru. Kinshasa yanga cyangwa itinya gushyikirana na M23 kuko izi neza ko izasabwa kureba imikoranire na FDLR, n’indi yitwaje intwaro yashinzwe cyangwa ifashwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Nk’uko twabisobanuye kenshi, Tshisekedi ntiyakwikuraho amaboko, kuko iyo mitwe yibumbiye mu cyiswe”Wazalendo” ariyo nibura ibasha guhagarara akanya gato imbere ya M23, mu gihe FARDC iba yayabangiye ingata.

3. Leta ya Kongo kandi isabwa gucyura impunzi z’Abanyekongo zibarirwa mu bihumbi 80, zimaze imyaka irenga 20 mu nkambi zo mu Rwanda. Twibutse ko itotezwa ry’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ari kimwe mu byatumye M23 ifata intwaro.
Leta ya kongo se yacyura ite impunzi, kandi itanemera ko ari abaturage bayo?

Mu by’ibyanze byatumye aba bantu bahunga, ndetse n’ubu umubare w’abata ibyabo ukaba ukiyongera, ni ihohoterwa bakorerwaga, n’ubu bagikorerwa, na FDLR n’indi mitwe ishyigikiwe na Leta.Hari ukubica babita abanyamahanga b’Abanyarwanda, gusambanya abagore ku ngufu, kubarira inka n’ubundi bugome bakorerwa isi yose irebera. Bataha bate rero kandi iyo mitwe y’abicanyi ikiri ku ibere ry’ubutegetsi bwa Tshisekedi?

Nyamara kuva mu mwaka wa 2010, hagiye hashyirwaho amasezerano yo gucyura izo mpunzi, ahuriweho na Kongo, Ishami Ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, n’uRwanda. Igihe cyose izo mpande zahuye, Leta ya Kongo yagiye ibeshya ko igiye gukora ibyo isabwa, ariko bikaba amasigaracyicaro.
Nta gitunguranye kirimo ariko, kuko nta na rimwe ubutegetsi bwa Kongo, by’umwihariko ubwa Tshisekedi, bwigeze bwubahiriza amasezerano bwishyiriyeho umukono.

Ikigaragarira buri wese usesengura ibyo muri Kongo, ni uko Leta y’iki gihugu iri mu ihurizo rikomeye ryo gushyira mu bikorwa imyanzuro igamije kugarura amahoro cyane cyane muri Kivu zombi, iy’Amajyaruguru n’iy’amajyepfo.

Ibintu bisa n’ibyarenze ubushobozi bw’abategeka Kongo, bagahitamo kwisahurira kuko bazi ko imitegekere yabo idashobora kuramba.
Baritwara nk’ababaswe n’ ibiyobyabwenge, ko ntiwasobanura uburyo umuntu wo ku rwego rwa Minisitiri atinyuka kuvuga ngo”uwaremye shitani ni nawe waremye Abatutsi”, nk’uko Justin Bitakwira ushinzwe iterambere ry’icyaro aherutse kubivugira ku mugaragaro. Imvugo zibiba urwango z’abategetsi ba Kongo zo zamaze kuba akamenyero, hatitawe ku nzirakarengane z’Abatutsi zicwa buri munsi kubera izo mvugo, abandi bagafungirwa ubusa, imitungo yabo ikangizwa.

Amahanga nayo, n’ubwo tuyashinja kurebera, birayagora gufasha Kongo kuva mu bibazo by’umutekano, kuko burya “ufasha uwifashije”.

Dore nk’ubu Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba wafashe icyemezo cyo kohereza ingabo kugarura amahoro muri Kongo, nyamara Tshisekedi ntasiba gusaba abaturage kwigaragamya bamagana izo ngabo, ngo kuko zitaje zigaba ibitero ku birindiro bya M23, ahubwo zigahitamo gufasha kurangiza ikibazo mu nzira ya politiki. Nta nurutoboye Kongo itanga kuri izo ngabo, ariko indashima Tshisekedi ifakoma mu nkokora ibikorwa byazo.

Inama zose icyo gihugu cyagiriwe cyaziteye umugongo, gihitamo kwegeka umuzigo warwo ku Rwanda. Ntiwaba utazi cyangwa wirengagiza umuzi nyakuri w’ingorane zawe, ngo uzabashe kuzigobotora.

Nubona igihugu cyiyambaje abacanshuro, uzakarabe, Uzamenye ko akacyo kashobotse.

2023-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo Museveni yifashishije u Rwanda nk’urwitwazo mu bibazo by’imbere muri Uganda

Uburyo Museveni yifashishije u Rwanda nk’urwitwazo mu bibazo by’imbere muri Uganda

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya

Ubwanditsi 13 Dec 2017
Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0

Ubwanditsi 04 May 2025
Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa
Amakuru

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 11 Jan 2024
Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore
SHOWBIZ

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru