• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Ku rusengero rwa ADEPR/Kimironko Paruwasi ya Rukurazo, Abacitse ku Icumu rya Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 n’abakrisitu bibutse ababo baguye muri urwo rusengero bashyira indabo ku rukuta rwanditsemo abari abakristu b’urwo rusengero n’abandi bagiye baturuka hirya no hino bahahungiye.

Abatutsi baguye muri urwo rusengero rwa ADEPR/Kimironko bari 37 harimo umuvugabutumwa 1, abadiyakoni 4, abaririmbyi 3, abakristu ba ADEPR 19 n’abandi bari bahahungiye 9.

Col Ndakebuka Jean Umukristu muri ADEPR wavuze Ijambo ry’Imana yavuze ko kugira ngo Jenoside ishoboke ni uko hari harabuze urukundo mu bantu, kuko ngo nubwo umutu ashobora kwishushanya akavuga ko afite urukundo ariko ntagire Umwuka Wera byoroshye ko yahita ahinduka mu gihe gito cyane habayeho ikintu gishobora kumuhinyuza giteye ubwoba.

Col Ndakebuka yagize ati ‘‘Ubwoba bushobora kukujyana aho utagomba kujya mu gihe nta Mwuka Wera ubana na wo, kuko mu gihe gito cyane urukundo wibwiraga ngo urarufite rushobora kunyerera’’.

Yavuze ko abagore Imana yabaremanye kamere yihariye, iyo bamagana Jenoside ntabwo iba yarahitanye abantu barenga miliyoni yagize ati ‘‘Abagore ni bo ubuzima muntu bukuriramo, ni we wakagombye gufata iya mbere mu kuburinda ariko muri abo bagore na bo bagize uruhare muri Jenoside bica n’abana bagombye kurengera’’.

Yakomeje avuga ko iyo abagore bagira uruhare rwabo kuko Imana yabaremye bafite, kuko ari bo bagirana umwana uhereye mu inda ye na nyuma yo kumubyara bagakomezanya ntabwo umubare w’abishwe uba waragezweho.

Col Ndakebuka yashimiye abacitse ku icumu ubutwari bagize nyuma ya Jenoside bakababarira ababahemukiye bakongera kubana yagize ati ‘‘Iyo urukundo ruje ruzana imbaraga zidasanzwe rugatuma umuntu ababarira uwaguhemukiye nta buryarya abikuye ku mutima, turashimira abacitse ku icumu uburyo batanze imbabazi babikuye ku mutima nubwo abandi babona ari ibintu bitapfa gushoboka ariko mu Rwanda byarashobotse’’.

Mama Gigi, wasomye amazina y’abishwe muri Jenoside muri urwo rusengero yagize ati ‘‘Mana, ndatekereza ukuboko kwawe kwambaye hafi, wanyongereye iminsi yo kubaho’’.

Nyirabashumba umwe mu bacitse ku icumu wapfushije sé na nyina yavuze ko ibitero byagiye bibasanga mu rusengero ari na ho nyina umubyara yiciwe nyuma yaho bishe musaza we, na we agahita amukurikira arababwira ngo ‘‘ntabwo mwansiga mumaze kujyana umwana wanjye’’ na we bahita bamwica, kuko icyo gihe bagendaga basohora umwe ku wundi bakabica.

Nyuma y’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yavuze ko Papa we yagize ati ‘‘Niba Habyarimana apfuye ibyacu bishobora kuba birangiye’’ uhereye ubwo ngo yahise abona habaye nk’icuraburindi kandi hari ku manywa, kuko icyo gihe bari batuye aho bita mu zindiro.

Yagize ati ‘‘Abatutsi bari batuye Kimironko bahise bajyana inka zabo i Karama ariko abategetsi babategeka kuzigarura, kuko aho bitaga ‘‘groupement’’ bashakaga kuhakorera mitingi hafi ya banki y’Abaturage i Remera ngo bagiye kubarinda, uhereye ubwo bakomeza kurya inka z’abatutsi no kubica’’.

Abacitse ku icumu bahamya ko nubwo umubare wanditse ku rukuta ari 37 ariko ko barenga uwo mubare, kuko ngo abantu bahiciwe bagiye baturuka hirya no hino ko abarwanditseho atari bose.

Umwari Laetitsia waje ahagarariye Umunyamabanga Nshingwabikorwa wUmurenge wa Kimironko yavuze ko iyo bibuka baba baha agaciro abambuwe ubuzima bwabo.
Yagize ati ‘‘Umuryango iyo utibutse urazima, twibagiwe kwibuka Jenoside yakongera ikaba, ingengabitekerezo ibera mu ibikoni, mu mashyiga, aho tutabona igerayo’’.

-7108.jpg

Umwari Laetitsia Umuyobozi Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Kimironko yavuze ko ubumuntu n’ubukiristu icyo gihe bwari bwabuze ariko ashimira abarinzi b’igihango, kuko bagerageje guhisha abatutsi bahigwaga, avuga ko n’abagore ubumuntu bwari bwabashyizemo, avuga ko ari inshingano za buri munyarwanda kwibuka.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka wa 2017 igira iti ‘‘Twibuke Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, turwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside, dushyigikira ibyo twagezeho’’.

Basanda Ns Oswald

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Tariki 15 Nyakanga 2024: Umunsi wo kuvugurura igihango.

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Basketball :  Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri  Zone V,  bihimuye ku ba Tanzania
HIRYA NO HINO

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.
Mu Rwanda

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru