• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ubwanditsi 06 Jan 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Umurenge wa Mbuye ni umwe mu y’igize akarere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo ,ni umurenge wegereye akarere ka Muhanga na Kamonyi akaba ariho haherereye ikigo nderabuzima cya Mbuye nacyo gifite Poste de Sante zigera kuri ebyiri ari zo Poste de Sante Gisanga yegereye Shyogwe ya Muhanga na Poste de Sante Kabuga yegereye Kinazi.

Hakaba na Centre de Sante ya Mbuye twavuga iri mu Murenge rwagati kuko iherereye mu kagari ka Nyakarekare,Mbuye ifite utugari turindwi n’imidugudu mirongo itandatu n’ibiri, Gusa ni Umurenge ufite ibigo nderabuzima bibiri birimo Mbuye na Ikigo nderabuzima cya Kizibere
Ni imbangukiragutabara ihawe Mbuye binyujijwe mu bitaro bya Ruhango akaba ari nabyo bizajya biyimenyera buri kimwe nk’urwego rukuriye ibigo nderabuzima biri muri iyo zone

Ubwo Nyakubahwa Ministiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase yasuraga uyu murenge kuwa 31 Kanama 2020 abaturage bamusabye kubakura mu bwigunge bagahabwa ingobyi itwara abarwayi, yabasubije ko agiye kubakorera ubuvugizi ambulance abakayihabwa ariko nabo bagomba gukorwa iyo bwabaga bakubahiriza inshingano zabo dore ko yari yabanenze kugira isuku nkeya aho batuye kandi Akarere ka Ruhango kari gafite gahunda ya Ruhango icyeye,Ministiri yabasabye kujyana na Gahunda nziza za Leta kandi abizeza ko ibibazo bafite bireba Leta nayo iticaye izagenda ibikemuka bitewe n’ubushobozi

Iyi ngobyi itwara abarwayi yishimiwe n’abaturage batandukanye barimo abahanyuraga baje kuyireba ndetse n’abarwayi bakiriwe ku Kigo nderabuzima cya Mbuye batangazaga ko badashidikanya ko mu minsi mike Ubuyobozi buhavuye bahawe ibyo basabye bose bati “Imvugo niyo ngiro nk’uko bisanzwe” dore ko no mu minsi ishize bahawe amashanyarazi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Umwe mu baturage waganiriye na Rushyashya News witwa Belgique Edouard yatangaje ko bishimiye iyi mbangukiragutabara kuko ubuzima bw’ababo buzajya butabarwa mu kanya gato abarwayi bagezwa ku bitaro bikuru by’Akarere ka Ruhango biri I Kinazi

Umuyobozi w’Umurenge Bwana Kayitare Wellars ari kumwe n’Umuyobozi w’Ikigo nderabuzima cya Mbuye Bwana Nsengumuremyi Jacques, bavuze ko banejejwe n’iyi ngobyi kuko n’ubwo hatamenyerewe impfu z’ababyeyi n’abana bapfa bavuka ariko igiye kubafasha kujya batabara ubuzima bw’abaturage bagera kuri 28965 (Population Cible) bagana Iki kigo nderabuzima cya Mbuye kandi bikazatuma banoza na Serivisi baha abaturage babagana

(Iyi foto yafatiwe i Mbuye mbere y’uko icyorezo cya Covid 19 kigera mu Rwanda)

Bikaba byitezwe ko iyi Mbangukiragutabara izajya yunganira izindi zifitwe n’Ibitaro bya Kinazi ifasha gutwara abarwayi baherereye mu bigo nderabuzima bindi bitarabona izabyoAbaturage bashimiye byimazeyo Leta bavuga ko bazakomeza gushyigikira gahunda zayo nziza zita ku baturage hakorwa imiganda itandukanye yaba iyo gutunganya imihanda aho izi mbangukiragutabara zizajya zinyura dore ko Mbuye igizwe n’amateme akunze kwangizwa n’imvura nyinshi bigatuma imirenge byegeranye ubuhahirane budindira.

2021-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017
“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

Ubwanditsi 02 Jul 2021
Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira

RUSHYASHYA 02 Jun 2026
Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Ubwanditsi 12 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yafashe udupfunyika 1000 tw’urumogi na litiro zirenga 1,400 z’inzoga zitemewe
Mu Rwanda

Polisi yafashe udupfunyika 1000 tw’urumogi na litiro zirenga 1,400 z’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana

Ubwanditsi 18 Dec 2019
“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame
ITOHOZA

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

Ubwanditsi 22 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru