• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko imyumvire igayitse yatumye umukobwa wa Pasiteri Jackie Umuhoza afatanya ubutasi na Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana mu bikorwa byiterabwoba.

Uko imyumvire igayitse yatumye umukobwa wa Pasiteri Jackie Umuhoza afatanya ubutasi na Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana mu bikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 10 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rwanda National Congress (RNC) ya Kayumba Nyamwasa yahaye ikiraka umucancuro wayo, Sulah Nuwamanya Wakabirigi cyo gukorera ubuvugizi uregwa kuba intasi n’ubugambanyi, Jackie Umuhoza.

Jackie Umuhoza, wigaga muri kaminuza y’Abadvantiste wari umaze igihe kinini mu bikorwa by’ubunetsi  bwa RNC aho bivugwa ko yibandaga mu bayobozi ndetse akanagirira n’ingendo hirya no hino mu bihugu duturanye kuri ubu akaba afungiye ahantu hemewe mu rwego rw’amategeko, mu gihe iperereza rikirimbanije.

Umuntu akaba yakwibaza ahantu  Sulah Nuwamanya akura imbaraga zo kuvugira Umuhoza, icyokora kandi  imibanire yashakirwa ku bantu babiri, Deo Nyirigira wiyoberanya nk’umuvugabutumwa, kandi ashinzwe gushakira RNC abayoboke ndetse akanayobora n’ibikorwa byo gushakira inkunga RNC, abinyujije mu rusengero rwe AGAPE ruri Mbarara, ari narwo yahinduye indiri yo kwinjiza abarwanyi ba RNC umutwe w’iterabwoba ugamije guhungabanya URwanda.

Nyirigira ni nawe se wa Umuhoza kandi akaba ari n’umuhuzabikorwa wa RNC ishami ryo muri Uganda, we na Nuwamanya bakorera umutwe w’iterabwoba nawo ufite iminsi ibarirwa ku ntoki ugasenyuka burundu, kubera umwiryane n’amakimbirane bimaze iminsi mubari bayiyobotse buhumyi.

Nuwamanya, umubyeyi gito wataye abana be bane n’umugore mu Mujyi wa Kigali, mu rwego rwo kugirango akurikire shuga mami we Prossy Bonabaana, umurundikazi wahawe ikiraka cyo guharabika URwanda yifashisha ikoranabuhanga abinyuje ku  mbuga nkoranyambaga.

Yaba Surah na Prossy Bonabaana kubera kwitabira ibyo bikorwa, mu rwego rwo kuyobya uburari, uko bafatanyaga na Jakie Umuhoza kubanekera u Rwanda, ubu bararimbanije bavuga ko Umuhoza afunze mu buryo budakurikije amategeko, ari nako bashaka ko rubanda rubimenya gutyo.  Nkuko byavuzwe na Rwanda Investigation Bureau (RIB) Umuhoza, afunzwe mu buryo bukurikije amategeko, kubera gukekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi;  umuryango we umugeraho kimwe n’umwavoka we bihabanye n’amateshwa ya Nuwamanya na maraya ye Bonabaana.

Tariki 28 Ugushyingo 2019, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Umuhoza Jacqueline, akurikiranyweho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Amakuru agendanye n’ impamvu z’itabwa muri yombi rye zifitanye isano n’imigambi ya RNC n’abambari bayo yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bivugwa ko inzego z’umutekano zabonye amakuru y’ibanze agaragaza uburyo Umuhoza, akora ubutasi mu mugambi wa se wo gushaka guhungabanya u Rwanda.

Nyuma y’uko uyu Umuhoza atawe muri yombi, tariki 24 Ukuboza 2019, igitangazamakuru CNN cyasohoye inkuru ifite umutwe w’amagambo ugira uti “u Rwanda rurashinja umukobwa wa Pasiteri ubugambanyi n’ubutasi. Umuryango we uravuga ko ibi byaha ari ibihimbano.’

Muri iyi nkuru, iki kinyamakuru kigaragaza uburyo cyavuganye n’abo mu muryango wa Umuhoza, bakakibwira uburyo uwatawe muri yombi ari umwere, mu gihe ubutabera bwo butarabifataho umwanzuro.

2020-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Ubwanditsi 29 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera
ITOHOZA

Umu ofisiye w’umupolisi n’umukunzi we bakoze impanuka mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
HIRYA NO HINO

Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Perezida Kagame yageze mu Bufaransa mu nama y’ibihugu 7 bikize ku isi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze mu Bufaransa mu nama y’ibihugu 7 bikize ku isi

Ubwanditsi 25 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru