• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Ngo iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura niwe wabigenderagamo bitewe n’inkomoko ye nk’uko yabihishuriye inshuti ubwo hongeraga kuvugwa umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Umunyamakuru uzwi cyane mu gihugu cya Uganda no mu karere, Andrew Mwenda aravuga ko ishyaka riri ku butegetsi NRM, vuba rizicuza kuva ku buyobozi bw’igipolisi kwa Gen. Kale Kayihura wasimbujwe kuwa 04 Werurwe uwitwa Okoth Ochola wari umwungirije.

Mu nkuru y’ikinyamakuru cye, The Independent, ifite umutwe ugira uti: “Impamvu kwirukana IGP bifitanye isano cyane n’umubano hagati ya Kampala na Kigali, aho kuba ibyaha muri Uganda”, Andrew Mwenda yavuze ko mu gihe cye ayoboye polisi, Gen Kale Kayihura yagize uruhare rukomeye mu gutuma iri shyaka rya NRM rimara igihe ku butegetsi.

Ngo aho kugirango Kayihura akoreshe igipolisi mu guhagarika imyigaragambyo yamaganaga guverinoma, we yakoreshaga abantu bamunzwe na ruswa mu batavuga rumwe n’ubutegetsi akajya amenya icyo bateganya gukora mbere y’uko bagikora.

Mwenda avuga ko kayihura yari yaracengeye mu birindiro by’abatavuga ruumwe n’ubutegetsi ndetse agaha ruswa abayobozi babo kugirango bahindure uruhare cyangwa bemere kujya bamuha amakuru. Mwenda ati: “Nta myigaragambyo yashoboraga kuba Kayihura atabizi.”  Yongeyeho ko Kampala yari ifite umutekano kubera Kayihura yumvaga neza politiki ihakinirwa.

U Rwanda na Uganda

Nk’uko umutwe w’iyi nkuru ya The Independent uvuga, Andrew Mwenda avuga ko kwirukana Gen. Kale Kayihura ku buyobozi bw’igipolisi, bishobora kuba ahanini byaratewe n’umwuka mubi umaze iminsi uvugwa hagati ya Kampala na Kigali.

Ngo hamaze iminsi hari inkuru zivuga ko hari abantu bashinzwe umutekano begereye Gen. kayihura bajyaga baha amakuru ibihugu by’amahanga birimo n’u Rwanda.

Mu mpera za 2017, abapolisi bakuru batanu begereye Kayihura bakaba baratawe muri yombi n’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO) ndetse n’urwego rw’ubutasi mu gisirikare (CMI), bazira gusubiza mu Rwanda, Lt. Joel Mutabazi, wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda perezida Kagame.

 Bikaba bivugwa ko Lt Mutabazi yashimutiwe I Kampala mu 2013 agashyikirizwa guverinoma y’u Rwanda, aho nyuma yaje gukatirwa igifungo cya burundu. Muri Uganda akaba yarahabaga nk’impunzi.

Ngo mu gukoresha abasirikare mu guta muri yombi aba bantu, abakurikirannira hafi ibintu, bavuga ko byagaragaje icyizere gicye perezida Museveni yari afitiye igipolisi, nk’uko byagaragaye, umuyobozi wacyo.

Inkuru ya Mwenda ikaba yarashingiye kuri ibi nubwo anavuga ko Kayihura ashobora kuba arimo kwishyura igiciro cy’ubwoko.

Mwenda ati: “Ubwo amakimbirane hagati ya Kampala na Kigali yatangiraga, Kayihura yahishuriye inshuti ko iyo Uganda n’u Rwanda birwanye, yishyura igiciro. Kuba akomoka mu bwoko bw’Abanyarwanda, uruhande rwa Uganda rumushinja kuba intasi mu gihe uruhande rw’u Rwanda rumubona nk’umugambanyi. Isoko y’amakuru yizewe yambwiye ko Museveni yumvishijwe n’izindi nzego z’ubutasi ko Kayihura yemereye u Rwanda gukoresha Igipolisi cya Uganda mu gukora ibikorwa byabo imbere mu gihugu.”

Naho ngo ku ruhande rw’u Rwanda, ngo rukaba rwari rwemereye kayihura kumufasha gukoresha igipolisi mu kubaka umusingi wa politiki yari kuzifashisha mu nzozi ze zo kuba perezida.

Iyi nkuru ikaba ikomeza ivuga ko mu mpera z’ubuyobozi bwe, Kayihura yavuzweho kuba yaragaragazaga inyota yo kuba perezida abishyigikiwemo na Guverinoma y’u Rwanda.

Ibi ariko uruhande rw’u Rwanda rukaba rwarabihakanye binyuze kuri Ambasaderi Frank Mugambage wabiteye utwatsi avuga ko nta shingiro ibyo byavugwaga bifite abaza impamvu u Rwanda rwaba rurajwe inshinga n’uzasimbura perezida Museveni ashimangira ko ibyo ari ibibazo bya Uganda.

Résultat de recherche d'images pour "Frank Mugambage"

Ambasaderi Frank Mugambage

Ambasaderi Mugambage yakomeje avuga ko icyo u Rwanda rureba ari iterambere ryarwo kandi ruzakomeza gukorana n’abaturanyi mu kugera ku ntego zihuriweho mu bijyanye n’umutekano n’iterambere ry’ibikorwaremezo.

Indi mpamvu Mwenda avuga yaba yaratumye perezida Museveni akura ku mirimo ye Gen Kayihura, n’ukuba uyu ngo yari asigaye afitanye amakimbirane n’abo mu nzego z’umutekano ubwabo, abatavuga rmwe n’ubutegetsi ndetse n’imbuga nkoranyambaga, mu kumwirukana ngo Museveni akaba asa nk’uwicishije inyoni 4 ibuye rimwe.

Résultat de recherche d'images pour "Andre Mwenda"

Umunyamakuru Andrew Mwenda

Mwenda agasobanura ko Museveni azaturisha ab’imbere muri guverinoma bifuzaga ko Kayihura yirukanwa, icya kabiri, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakaba bazatuza batekereza ko uwari ubabangamiye atagihari, ubwa gatatu akaba azaturisha abadipolomate bari bafitiye impungenge igipolisi, icya kane ngo akaba ashobora kwirukana umuntu wese atizeye bitewe n’umwuka uri hagati ya kampala na Kigali.

2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022
Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ese Twagiramungu Faustin yaba ari mu rugamba rwo kurwanya Leta ebyiri icyarimwe?

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Burundi : Umugore Wa Nkurunziza Ntiyishimiye Ubuzima Abayemo Nyuma Y’uko Umugabo We Akomeje Kuba Nyirabayazana W’umutekano Muke Mu Karere

Ubwanditsi 05 Jan 2019
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Ubwanditsi 13 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1
Amakuru

Rayon Sports yatangaje umunya-Tunisia Yamen Zelfani nk’umutoza mukuru wayo mu gihe cy’umwaka 1

Ubwanditsi 10 Jul 2023
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA
Mu Rwanda

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha  Impapuro mpimbano batanga Amasoko
ITOHOZA

Bagitifu bakomeje gutabwa muri yombi kubera Amanyanga ya Ruswa no gukoresha Impapuro mpimbano batanga Amasoko

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru