• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Ubwanditsi 23 Dec 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari, ejo yatashye ku mugaragaro inzu enye zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Inzu zuzuye zirimo n’ibikoresho zubatswe mu turere twa Kayonza, Kamonyi, Gatsibo na Nyamagabe, zubatswe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Ambasade y’Ubuholandi mu Rwanda n’umuryango One UN Rwanda.

Buri nzu muri izi, ikaba igizwe n’ibyumba bitatu byo kuraramo, ikikijwe n’igikoni, ubwiherero ndetse n’ikigega cy’amazi, zose zikaba zarashyikirijwe cyane cyane abagore cyangwa abana babyaye basambanyijwe ku gahato cyangwa bafashwe ku ngufu.

Ubu bufasha akaba ari kimwe mu byo Polisi y’u Rwanda ikora muri gahunda zo kuzamura imibereho myiza y’abaturage bwunganira gahunza zisanzwe za Leta.

Umuhango mukuru wo kuzitanga ku mugaragaro wabereye mu karere ka Kayonza ,aho Minisitiri yahamagariye abantu bose ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo.

Ni umuhango wabereye mu kagari ka Kawangire, mu murenge wa Rukara, ukaba wanitabiriwe n’umuyobozi mu kuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K.Gasana, umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Judith Kazayire n’umuyobozi w’urwego rugenzura uburinganire, Rose Rwabuhihi.

Minisitiri Nyirasafari yagize ati:”Leta y’u Rwanda ifite umusingi ukomeye buri Munyarwanda wese akwiye kubakiraho akuraho inzitizi z’iterambere zirimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.”

Yavuze ko inkunga nk’iyi itanga icyizere ku bahuye n’ihohoterwa kandi icy’ibanze ari uko umuryan go nyarwanda wose ubereka ko bari kumwe kandi ubashyigikiye muri byose.

Yavuze kokurinda no guteza imbere uburenganzira bw’abahohoterwa ari inshingano ya buri wese, twirinda guceceka ibyabaye kugira ngo tworohereze ubutabera tunirinda ko byasubira .

Yagarutse ku babyeyi bata inshingano zabo zo kurera maze avuga ko byongera umubare w’abana birera n’ababura ababitaho, ko nabyo ari icyaha guhanirwa.

Yibukije urubyiruko inshingano zarwo zirimo kumvira ababyeyi babo, gukunda igihugu ndetse no kwita ku masomo yabo nk’akabando k’ejo hazaza habo.

Yahamagariye kandi abaturage b’Intara y’Iburasirazuba gushaka no kugana serivisi z’ibigo bya Isange One Stop Centres zashyizweho mu bitaro birindwi bibarizwa mu Ntara yabo; zikaba zirimo ubujyanama ku ihungabana, ubwunganizi mu mategeko n’ibindi byose bigenerwa abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

IGP Gasana mu ijambo rye, yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana biri mu byaha bitanu byiganje kurusha ibindi mu Rwanda, hamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ubujura.

Aha yagize ati:”Ibi biri mu bigize ubukangurambaga mu gutahura, kurwanya no gukumira icyaha nk’iki, guha icyizere ku bakorewe ihohoterwa ndetse no gukurikirana no guhana abarikoze; kuko ubyaryo ari imbogamizi ku mutekano n’iterambere.”

Yakomeje agira ati:”Ahazaza h’icyi gihugu hazaterwa n’ibyo dukora uyu munsi dufatanyije mu kubaka u Rwanda rw’ejo,…ruzira ibiyobyabwenge kandi abanyabyaha bagashyikirizwa ubutabera.”

Yarangije avuga ko abakora ibyaha bibangamira uburenganzira bwa muntu cyangwa bagerageza kwihorera ku babakoreye amakosa bagomba kujya bahabwa ibihano bikakaye birimo n’igifungo.

Guverineri Kazayire yavuze ko Intara ayobora yashyize imbaraga mu bukangurambaga burwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana , ibiyobyabwenge ari nacyo cyah cyiganje muri iyo ntara.

Uku gutaha amazu no kuyashyikiriza abagenerwabikorwa kwanabereye muri turiya turere dutatu tundi twavuzwe haruguru.

-5146.jpg

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari

2016-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

RDC/Beni: Abantu12 bishwe n’inyeshyamba za ADF

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Brian Kagame wasoje Itorero ry’Indangamirwa yashyigikiwe n’umuryango wose

Ubwanditsi 23 Jul 2016
Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ubwanditsi 01 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Kizza  Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika
Mu Mahanga

Umugore wa Kizza Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika

Ubwanditsi 13 May 2016
Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare
INKURU NYAMUKURU

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Ubwanditsi 17 Sep 2020
Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru