• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Minisitiri Nyirasafari yatashye inzu zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana

Ubwanditsi 23 Dec 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari, ejo yatashye ku mugaragaro inzu enye zubakiwe abagizweho ingaruka n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Inzu zuzuye zirimo n’ibikoresho zubatswe mu turere twa Kayonza, Kamonyi, Gatsibo na Nyamagabe, zubatswe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Ambasade y’Ubuholandi mu Rwanda n’umuryango One UN Rwanda.

Buri nzu muri izi, ikaba igizwe n’ibyumba bitatu byo kuraramo, ikikijwe n’igikoni, ubwiherero ndetse n’ikigega cy’amazi, zose zikaba zarashyikirijwe cyane cyane abagore cyangwa abana babyaye basambanyijwe ku gahato cyangwa bafashwe ku ngufu.

Ubu bufasha akaba ari kimwe mu byo Polisi y’u Rwanda ikora muri gahunda zo kuzamura imibereho myiza y’abaturage bwunganira gahunza zisanzwe za Leta.

Umuhango mukuru wo kuzitanga ku mugaragaro wabereye mu karere ka Kayonza ,aho Minisitiri yahamagariye abantu bose ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo.

Ni umuhango wabereye mu kagari ka Kawangire, mu murenge wa Rukara, ukaba wanitabiriwe n’umuyobozi mu kuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K.Gasana, umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Judith Kazayire n’umuyobozi w’urwego rugenzura uburinganire, Rose Rwabuhihi.

Minisitiri Nyirasafari yagize ati:”Leta y’u Rwanda ifite umusingi ukomeye buri Munyarwanda wese akwiye kubakiraho akuraho inzitizi z’iterambere zirimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.”

Yavuze ko inkunga nk’iyi itanga icyizere ku bahuye n’ihohoterwa kandi icy’ibanze ari uko umuryan go nyarwanda wose ubereka ko bari kumwe kandi ubashyigikiye muri byose.

Yavuze kokurinda no guteza imbere uburenganzira bw’abahohoterwa ari inshingano ya buri wese, twirinda guceceka ibyabaye kugira ngo tworohereze ubutabera tunirinda ko byasubira .

Yagarutse ku babyeyi bata inshingano zabo zo kurera maze avuga ko byongera umubare w’abana birera n’ababura ababitaho, ko nabyo ari icyaha guhanirwa.

Yibukije urubyiruko inshingano zarwo zirimo kumvira ababyeyi babo, gukunda igihugu ndetse no kwita ku masomo yabo nk’akabando k’ejo hazaza habo.

Yahamagariye kandi abaturage b’Intara y’Iburasirazuba gushaka no kugana serivisi z’ibigo bya Isange One Stop Centres zashyizweho mu bitaro birindwi bibarizwa mu Ntara yabo; zikaba zirimo ubujyanama ku ihungabana, ubwunganizi mu mategeko n’ibindi byose bigenerwa abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

IGP Gasana mu ijambo rye, yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana biri mu byaha bitanu byiganje kurusha ibindi mu Rwanda, hamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ubujura.

Aha yagize ati:”Ibi biri mu bigize ubukangurambaga mu gutahura, kurwanya no gukumira icyaha nk’iki, guha icyizere ku bakorewe ihohoterwa ndetse no gukurikirana no guhana abarikoze; kuko ubyaryo ari imbogamizi ku mutekano n’iterambere.”

Yakomeje agira ati:”Ahazaza h’icyi gihugu hazaterwa n’ibyo dukora uyu munsi dufatanyije mu kubaka u Rwanda rw’ejo,…ruzira ibiyobyabwenge kandi abanyabyaha bagashyikirizwa ubutabera.”

Yarangije avuga ko abakora ibyaha bibangamira uburenganzira bwa muntu cyangwa bagerageza kwihorera ku babakoreye amakosa bagomba kujya bahabwa ibihano bikakaye birimo n’igifungo.

Guverineri Kazayire yavuze ko Intara ayobora yashyize imbaraga mu bukangurambaga burwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana , ibiyobyabwenge ari nacyo cyah cyiganje muri iyo ntara.

Uku gutaha amazu no kuyashyikiriza abagenerwabikorwa kwanabereye muri turiya turere dutatu tundi twavuzwe haruguru.

-5146.jpg

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari

2016-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Maj Gen Rutatina yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ngororero: Urubyiruko rwo muri paruwasi gatolika ya Kabaya rwasabwe kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Uganda:  Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Ubwanditsi 17 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane
UBUKUNGU

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 
Amakuru

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Ubwanditsi 02 Sep 2022
Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza  Umunyarwanda  Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi
INKURU NYAMUKURU

Ambasade y’u Rwanda muri Uganda iratabariza Umunyarwanda Fidel Gatsinzi ufungiwe ahantu hatazwi nyuma yo gushimutwa na CMI ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru