• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Afrika haguruka : Ubuhanuzi 10 bwahawe u Rwanda na Prophet EMEKA OKOYE

Afrika haguruka : Ubuhanuzi 10 bwahawe u Rwanda na Prophet EMEKA OKOYE

Ubwanditsi 04 Aug 2016 Mu Mahanga

Mu giterane ngarukamwaka cya Afrika Haguruka ku munsi wacyo wa 6 ni ukuvuga taliki ya 29/7/2016, igiterane Afurika Haguruka ku nshuro ya 17 cyaranzwe n’inyigisho zikomeye zivuga guhaguruka kwa Afurika mu bukungu n’iterambere n’ububyutse buzaturuka muri Afurika bugakwira ku isi yose.

Ibihugu by’Uburayi n’Amerika byateye imbere kubera byari bishyize imbere kubaha Imana no kubakira ku mahame y’Ijambo ryayo ariko ubu byamaze kuyitera umugongo akaba ariyo mpamvu ubu byibasiwe n’ibibazo byinshi by’ubukungu, amacakubiri ashingiye ku moko n’irondaruhu, kwibasirwa n’ibitero by’iterabwoba, imyuzure, imitingito n’ibindi.

Ububyutse buzaturuka muri Afurika nibwo buzongera guhagurutsa Uburayi n’Amerika mu Mwuka kandi nkuko mu bihe byo hambere Afurika yabaye ubuhungiro bw’abantu bakomeye Imana yari ifiteho umugambi nka : Yesu, Abrahamu, Yakobo n’urubyaro rwe, ni nako igiye kuba ubuhungiro bw’abanyamahanga bagiye guhunga ubuhenebere n’ihungabana ry’ubukungu mu bihugu byabo.

Ushobora gushidikanya ku biri kuvugwa kuri Afurika ukurukije n’ibibazo Afrika ifite cyane nkaho abanyafurika benshi bari kugwa mu Nyanja bahungira mu mahanga ariko Ijambo ry’Imana ko: “ aba nyuma bazaba abambere “.

-3478.jpg

Habaye kuramya no guhimbaza bituruka ku mutima

“Burya kandi ikibazo kidafite igisubizo ntikiba ari ikibazo, bisobanuye ko ibibazo byose afurika ifite Imana igiye guha abanyafurika ibisubizo.”

Kuri uwo munsi Prophet EMEKA OKOYE waje uturutse muri Nigeriya yigishije ijambo rivuga ko iki ari igihe cyo kugaragara kw’abana b’Imana(Abaroma 8:19), yavuze ko ibibazo byose Afurika ifite bishingiye ku kuba abakristo baba mu buzima bwo kwitwa abana b’Imana ariko ntibabe mu buzima bugaragaza ko ari abana b’Imana. Yagize ati:

“Yesu ni umwana w’Imana Data wa twese ,niwe ufite ubutware bwose, niwe utwara Ijuru n’isi n’Ibiyirimo kandi natwe kubwo kwizera turi abana b’Imana ndetse turi abaraganwa na Kristo. Twahawe inshingano zo gutwara ariko se kuki tutaba umuti w’ibibazo ndetse n’ibyaremwe bikaba bitakishwa no kubona guhishurwa kw’abana b’Imana kandi duhari? Nuko turirimba ko turi abana b’Imana ariko ntitugaragaze imirimo yerekana ko turi bo”.

“Afurika izahaguruka ari uko itorero ryavuye mu kurwanira ko abantu bamenya ko rihari ahubwo ryo ubwaryo rikerekana ko rihari biciye mu mirimo n’ibikorwa”.

Prophet EMEKA OKOYE kandi yatanze ubutumwa burimo n’ubuhanuzi Imana yamuhaye ku Gihugu cy’U Rwanda n’Itorero by’umwihariko:

Yavuze ko mbere yo guhaguruka ava iwabo muri NIGERIYA Imana yamuhaye ubuhanuzi bukomeye ku Gihugu cy’U Rwanda yagize ati hari taliki ya 25/7/2016 saa kumi n’Imwe n’igice za mu gitondo:

1. “ Imana yambwiye ko u Rwanda ari igihugu kirimo amahirwe menshi kandi ko benshi bagiye kukigana kikazaba igihugu gitanga serivise nziza mubyo gikora byose, kubw’iyi serivise nziza bizatuma kiba igihugu ntangarugero mu karere ka Afurika y’iburasirazuba ndetse n’iyo hagati, kandi kikazubakwamo ibigo byinshi bitanga serivise.

2. Hazaba isoko ry’ubuhahirane rizahurirwaho n’ibihugu byinshi by’Afurika, cyane cyane Congo Kinshasa na Congo Brazaville bizisanga bikorana cyane n’u Rwanda mu by’ubuhahirane.

3. U Rwanda ruzahinduka igihugu gikora isuku mu by’ubuhahirane kandi ruzahinduka inzu y’ihahiro mpuzamahanga mu by’umutungo kamere, bityo hakwiriye gushyirwaho isoko ry’imigabane rikomeye I Kigali ndetse u Rwanda rurasabwa kuzamura imikorere ya Banki zarwo ikagera ku rwego mpuzamahanga.

4. U Rwanda rushyireho ibigo by’ubucuruzi mu birebana n’ikoranabuhanga n’itumanaho (IT& ICT) kuko Ibigo by’ikoranabuhanga bizahirimbanira gushyira ibyicaro byabyo mu Rwanda,

5. Hazubakwa umuhanda wa gare ya moshi uhuza u Rwanda n’ibindi bihugu ndetse ukaruhuza n’inyanja, ibi bizakomeza ubukungu bw’u Rwanda ndetse binaruheshe umutekano mu by’ubukungu

6. Imana yambwiye ko ibihugu by’amahamga byamaze gushyiraho gahunda yo kwangiza imitekerereze y’urubyiruko rw’u Rwanda babashora mu bikorwa by’ubutinganyi ndetse bamwe muri rwo bamaze kubyinjiramo. Kandi ibyo bihugu birashaka kwegera abayobozi b’u Rwanda ngo babumvishe ko bakwiye gushyigikira ibyo bikorwa by’ubutinganyi no gushakana kw’abahuje ibitsina ariko ngo iterambere ry’u Rwanda Imana yarugeneye ntirishingiye ku butinganyi cyangwa kuva ahandi ahubwo ngo rizaturuka mu banyarwanda bo ubwabo” aboneraho no gusaba abayobozi b’U Rwanda kwima amatwi no gutera umugongo abashaka kuzana iterambere ritubakiye ku kubaha Imana n’umuco nyarwanda. Kuko nibumvira abanyaburayi n’abanyamerika Imana izazana uburakari bwayo ikabahana. U Rwanda ni igihugu cyejejwe n’Imana, twirinde kurwandurisha iyo mico mibi y’amahanga.

7. Prophet EMEKA kandi yavuze ko Imana yamubwiye ko Itorero ry’u Rwanda aricyo kiraro kizahuza igihugu n’amasezrano y’Imana kuri cyo, asaba itorero kurindana ifuhe rikomeye ubusabane bw’Imana n’igihugu kuko u Rwanda ruzaba umucyo wa Afrika y’iburasirazuba.

8. Itorero rikwiriye kumenya inshingano yaryo mu gihugu kandi rikarekeraho gutega amaboko ku baterankunga bava hanze, kuko ibisubizo by’ibibazo rifite bizazanwa n’abanyarwanda ubwabo bakozweho n’ububyutse bw’ibiterane nka Afrika Haguruka n’ibindi, abanyafrika bagenzi babo ndetse n’abanyafrika baba muri za Diaspora nibo dukwiriye gukorana kuko nibo batwumva.Yavuze ko itorero ry’amahanga ridashaka gukura kw’itorero ryo mu Rwanda akaba ariyo mpamvu asaba itorero ryo mu Rwanda gukura amaso mu mahanga bakubaka imitima y’abanyarwanda ikubaha Imana kuko bo ubwabo bifitemo ibisubizo.

9.
Uyu mukozi w’Imana yasabye kandi aburira abayobozi b’amatorero mu Rwanda kurera itorero rigakura mu mwuka kandi bakirukana umwuka w’uburyarya no kwishushanya we yavuze ko Imana iwumwereka yabonye ari umwuka w’uduhene two mu gasozi , umwuka utera abanyarwanda kwishushanya,uburyarya, kwigaragaza inyuma ko ari beza ariko imbere babitse ibindi bitari byiza, bamwe bakagaragaza ko bababariye ariko bagishaririye mu mitima.

10. Hari ububyutse bukomeye bugiye kuza ariko mbere y’aho u Rwanda rurasabwa kugira no gukomeza ubucuti bwarwo na Singapore ndetse na Nigeria kuko Nigeriya Ifite ubutware mu mwuka no mu bukungu muri Afrika, Itorero niryo rigomba kubigiramo uruhare kugira ngo ubwo bucuti bukomere Kandi ngo habeho ubuhahirane mu by’ubukungu.

-3479.jpg

Prophet EMEKA OKOYE waje uturutse muri Nigeriya

Nyuma y’ubu buhanuzi abakristo n’abanyarwanda muri rusange basabwe guhaguruka bagatangira kubiharanira no kubigeraho kuko Imana itazaza ngo ibitereke mu Rwanda ahubwo izakoresha abanyarwanda mu kubizana mu Rwanda.

2016-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Ubwanditsi 19 Mar 2024
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Ubwanditsi 26 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda
HIRYA NO HINO

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu
Amakuru

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Umutoza w’ikipe y’igihugu arasaba abafa kuza ari benshi ku munsi baza kina na Congo Kinshasa
IMIKINO

Umutoza w’ikipe y’igihugu arasaba abafa kuza ari benshi ku munsi baza kina na Congo Kinshasa

Ubwanditsi 26 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru