• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF

RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF

Ubwanditsi 25 May 2018 ITOHOZA

Imirwano ikomeye yahuje ingabo za Congo, FARDC, ndetse n’inyeshyamba z’umutwe wa ADF kuri uyu wa Kane, itariki 24 Gicurasi mu gitondo ku muhanda Mbau-Kamango muri Teritwari ya Benin go yaba yaguyemo inyeshyamba 10 nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare avuga.

Iyi mirwano yatangiye ahagana saa kumi za mugitono ku isaha yo muri Congo, nyuma y’aho ingabo za FARDC zavumburaga agatsiko k’inyeshyamba bikekwa ko ari iza ADF mu birometero nka 36 cyangwa 40  by’umuhanda Mbau-Kamango.

Amakuru ava mu gisirikare akaba avuga ko izo nyeshyamba nk’uko byagaragaye ari izo mu mutwe wa ADF zari zacengeye ku Cyumweru cyo kuwa 20 Gicurasi mu giturage cya Mangboko, mbere yo kwica abaturage 10. Izi nyeshyamba ngo zikaba zari zigikurikiranwe n’ingabo za leta kuva mu minsi ine ishize.

Mu kuzikurikirana nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga, nibwo imirwano yaje kwaduka mu gihe cy’amasaha menshi.

Amakuru ava mu nzego z’umutekano n’igisirikare akaba yemeza ko muri iyo mirwano hishwe inyeshyamba 10 za ADF, hagafatwa n’imbunda 9 za AK-47 ndeste n’imbunda nini yo mu bwoko bwa PKM.

Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 1, Capt. Mak Hazukay ariko kuri uyu wa kane akaba yasobanuraga ko imibare y’abaguye muri iyi mirwano ishobora kwiyongera  mu masaha yari gukurikira.

Yavuze ko mu ntangiriro za nyuma ya saa sita, FARDC yari ikomeje ibikorwa byo kugenzura ahabereye imirwano.

 

2018-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni

Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Akarimi keza ka RNC k’urupfu rw’Umwami Kigeli gahatse iki ?

Akarimi keza ka RNC k’urupfu rw’Umwami Kigeli gahatse iki ?

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Korea ya Ruguru yaburiye America ko izarasa indege zayo

Korea ya Ruguru yaburiye America ko izarasa indege zayo

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Papa Francis yasabye  imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Papa Francis yasabye imbabazi kubera uruhare rwa Kiriziya muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 20 Mar 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Lolo
    May 30, 20189:22 am -

    Ku muhanda Mbau-Kamango muri Teritwari ya Benin? Abanyamakuru mujye mugerageza muduhe amakuru akosoye. Nta editor mugira? Benin se ibaho muri congo? Cg ni Beni!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Ubwanditsi 18 Dec 2020
Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu
POLITIKI

Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Ebola iravuza ubuhuha  muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Mu Mahanga

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru