• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Apr 2018 Mu Mahanga

U Rwanda rurasaba ibihugu byose byateye inkunga ya politiki, ya gisirikare n’iy’imari, guverinoma yakoze jenoside guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda kuva mu 1990 kugeza mu 1994 mu nyungu z’ukuri kw’amateka n’ubutabera nk’uko byatangarijwe mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda wabereye mu gihugu cy’u Busuwisi wateguwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Mata ku bufatanye bw’umuryango w’Abibumbye na ambasade y’u Rwanda i Geneve.

Muri iki gikorwa havuzwe ko kwibuka bigomba kuba bigamije kumva neza impamvu zateye jenoside n’uburyo yakozwemo kugirango hajye hamenyekana ibimenyetso byayo hakiri kare hashyirweho ingamba zo kuyikumira kandi zishyirwe mu bikorwa mu gihe itangiye gukorwa.

Havuzwe kandi ko abari mu cyumba kibukirwagamo badakwiye gusiga ibyo bumvise mu byicaro nko kurangiza umuhango ahubwo bakwiye kuhava biyemeje gukora igishoboka cyose kugirango imizi ya jenoside irandurwe kimwe n’ibyaha byibasira inyokomuntu n’ibindi byaha ndengakamere bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Mu biganiro byatanzwe kandi havuzwe ko mu Rwanda, kwibuka ari imbaraga zihuza ahahise n’uyu munsi ndetse n’igihe kizaza Abanyarwanda bifuza, bikongera ingufu mu bushake bwo kuvumbura no gukumira ibintu by’ibanze bihembera jenoside.

Kwibuka jenoside kandi ngo ni isoko y’ibanze y’inyigisho zigamije kubaka u Rwanda rushya rwabaye, ku buyobozi bwa perezida Kagame, urugero rwo kwiyubaka byihuse bishyigikiwe n’ubutegetsi bugendera ku mategeko nk’uko byatangajwe na ambasaderi Francois Xavier Ngarambe uhagarariye u Rwanda i Geneve.

Yakomeje ashimangira ko u Rwanda rusaba ibihugu byateye inkunga ya politiki, iya gisirikare n’iy’imari, guverinoma yakoze jenoside gufungura inyandiko zibitse zigaragaza uko ubwo bufatanye na guverinoma y’u Rwanda bwari buteye kuva mu 1990 kugeza mu 1994, mu nyungu z’ukuri kw’amateka n’iz’ubutabera.

Kurwanya no gukumira jenoside ngo bikwiye guca cyane cyane mu guhana ihakana ryayo. U Rwanda rukaba rushimira ibihugu byose byashyizeho amategeko ahana ihakana rya jenoside yakorewe Abatutsi ndetse aha rukaba rwongeye gusaba ibihugu bitarabikora kubikora mu rwego rwo guhangana n’umuco ukomeje gukura wo kuyihakana ndetse n’inyigisho zo kuyikomeza.

Havuzwe ko gusana bakwiye guha abagizweho ingaruka na jenoside ari ugufatanya mu kubumbatira amahoro n’umutekano kuri bose, mu rwego rwo guteza imbere no kurinda uburenganzira bwa muntu no kwizera iterambere ry’ubukungu n’imibereho birambye kandi kuri bose.

Guhana ihakana rya jenoside, ni ugukumira ko izindi jenoside zazakorwa, kuyamagana bikaba ari ugusohoka mu magambo ahubwo bigashyirwa mu bikorwa haharanirwa Isi itarangwamo ingengabitekerezo yayo.

U Rwanda kandi muri uyu muhango rwongeye gusaba ubufatanye bw’ibihugu byose bicumbikiye abantu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi kubaburanisha cyangwa bikabohereza mu Rwanda hakurikijwe amategeko mpuzamahanga akaba ari ho baburanishirizwa nk’uko ibihugu bimwe byagiye bibikora birimo Denmark iteganya kohereza Wenceslas Twagirayezu ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.

2018-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF  [ Igice 3 ]
POLITIKI

Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF [ Igice 3 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana yageze i Kigali

Ubwanditsi 06 Sep 2018
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Ubwanditsi 15 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru