• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 09 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari abajenosideri bibwira ko uko imyaka ihita ari myinshi ariko amahirwe yo gucika ubutabera yiyongera. Ni ukwibeshya ariko, kuko Jenoside ari icyaha kidasaza, imyaka waba ufite yose uzashyikirizwa inkiko uryozwe icyo cyaha ndengakamere.

Umugabo wo guhamya ko ntaho wahungira icyaha cya Jenoside ni Laurent BUCYIBARUTA wari umaze imyaka isaga 28 abundabunda, none kuva kuri uyu wa mbere tariki 09 Gicurasi 2022, Urukiko rw’Abaturage rw’i Paris mu Bufaransa(cour d’Assises)ruratangira kumuburanisha ku ruhare rutaziguye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Laurent Bucyibaruta w’imyaka 78 akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yari na Perefe w’iyo Perefegitura. Yageze mu Bufaransa mu mwaka w’1997 avuye muri Repubulika ya Santarafrika, akaba ari umwe muri ba “Ruharwa” bakomeje gusabirwa kuburanishwa cyangwa bakoherezwa mu Rwanda, ariko bagakingirwa ikibaba na bamwe mu banyapolitiki b’Ubufaransa.

Abatangabuhamya banyuranye, barimo n’abo bafatanyije gutsemba Abatutsi muri Gikongoro no mu nkengero zayo, bashinja Bucyibaruta gutumiza no kuyobora inama zateguriwemo ibikorwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi ahantu hanyuranye nka za Kibeho, Murambi, Munini n’ahandi haguye ibihumbi byinshi by’Abatutsi. Uregwa kimwe n’abamwunganira mu mategeko bahakana ibyaha akurikiranyweho.

Biteganyijwe ko urubanza rwa Laurent Bucyibaruta ruzamara hafi amezi 2, humvwa abatangabuhamya banyuranye, barimo n’abazava mu Rwanda.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, hari abaperefe bahise bavanwa ku myanya yabo bashinjwa kugenda biguruntege mu kwihutisa umugambi wa Jenoside ndetse bamwe baranicwa, ariko Laurent Bucyibaruta yagumye ku mwanya we, ndetse ashimirwa”gutsemba inyenzi”.

Uru ni urubanza rwa kane rugiye kubera mu Bufaransa, rukaba urwa mbere rurezwemo umunyapolitiki wo ku rwego rwisumbuye. Abandi baburanishijwe ni ababurugumesitiri 2, umusirikari ufite ipeti rya kapiteni, n’umushoferi.

Mu ruzinduko Perezida w’ Ubufaransa Emmanuel MACRON yagiriye mu Rwanda mu mpera za Gicurasi umwaka ushize, yijeje isi yose ko umuco wo kudahana abajenosideri ugeze ku iherezo, yiyemeza kubashyikiriza inkiko.

Imvugo yaba igiye kuba ingiro rero.

Uretse Bucyibaruta, mu Bufaransa hari abandi bajenosideri benshi cyane, barimo Agatha Kanziga, umugore wa Yuvenali Habyarimana, unafatwa nk’umukuru w’akazu kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Col Laurent Serubuga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, n’ abandi bamamaye cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2022-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022
Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Arabia Saoudite Yahambirije Ambasaderi Wa Canada Inahamagaza Uwayo

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Abakozi 10 b’ibitaro batawe muri yombi bakekwaho gukoresha nabi umutungo

Ubwanditsi 13 May 2016
Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018
RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane
POLITIKI

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda nyirabayazana y’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo

Ubwanditsi 03 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru