• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 09 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari abajenosideri bibwira ko uko imyaka ihita ari myinshi ariko amahirwe yo gucika ubutabera yiyongera. Ni ukwibeshya ariko, kuko Jenoside ari icyaha kidasaza, imyaka waba ufite yose uzashyikirizwa inkiko uryozwe icyo cyaha ndengakamere.

Umugabo wo guhamya ko ntaho wahungira icyaha cya Jenoside ni Laurent BUCYIBARUTA wari umaze imyaka isaga 28 abundabunda, none kuva kuri uyu wa mbere tariki 09 Gicurasi 2022, Urukiko rw’Abaturage rw’i Paris mu Bufaransa(cour d’Assises)ruratangira kumuburanisha ku ruhare rutaziguye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Laurent Bucyibaruta w’imyaka 78 akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yari na Perefe w’iyo Perefegitura. Yageze mu Bufaransa mu mwaka w’1997 avuye muri Repubulika ya Santarafrika, akaba ari umwe muri ba “Ruharwa” bakomeje gusabirwa kuburanishwa cyangwa bakoherezwa mu Rwanda, ariko bagakingirwa ikibaba na bamwe mu banyapolitiki b’Ubufaransa.

Abatangabuhamya banyuranye, barimo n’abo bafatanyije gutsemba Abatutsi muri Gikongoro no mu nkengero zayo, bashinja Bucyibaruta gutumiza no kuyobora inama zateguriwemo ibikorwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi ahantu hanyuranye nka za Kibeho, Murambi, Munini n’ahandi haguye ibihumbi byinshi by’Abatutsi. Uregwa kimwe n’abamwunganira mu mategeko bahakana ibyaha akurikiranyweho.

Biteganyijwe ko urubanza rwa Laurent Bucyibaruta ruzamara hafi amezi 2, humvwa abatangabuhamya banyuranye, barimo n’abazava mu Rwanda.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, hari abaperefe bahise bavanwa ku myanya yabo bashinjwa kugenda biguruntege mu kwihutisa umugambi wa Jenoside ndetse bamwe baranicwa, ariko Laurent Bucyibaruta yagumye ku mwanya we, ndetse ashimirwa”gutsemba inyenzi”.

Uru ni urubanza rwa kane rugiye kubera mu Bufaransa, rukaba urwa mbere rurezwemo umunyapolitiki wo ku rwego rwisumbuye. Abandi baburanishijwe ni ababurugumesitiri 2, umusirikari ufite ipeti rya kapiteni, n’umushoferi.

Mu ruzinduko Perezida w’ Ubufaransa Emmanuel MACRON yagiriye mu Rwanda mu mpera za Gicurasi umwaka ushize, yijeje isi yose ko umuco wo kudahana abajenosideri ugeze ku iherezo, yiyemeza kubashyikiriza inkiko.

Imvugo yaba igiye kuba ingiro rero.

Uretse Bucyibaruta, mu Bufaransa hari abandi bajenosideri benshi cyane, barimo Agatha Kanziga, umugore wa Yuvenali Habyarimana, unafatwa nk’umukuru w’akazu kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Col Laurent Serubuga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, n’ abandi bamamaye cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2022-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Umuhanzi w’umunya Afurika y’Epfo, Costa Titch wakunzwe cyane mu njyana y’Amapiano yitabye Imana aguye ku rubyiniro

Umuhanzi w’umunya Afurika y’Epfo, Costa Titch wakunzwe cyane mu njyana y’Amapiano yitabye Imana aguye ku rubyiniro

Ubwanditsi 12 Mar 2023
Umujenosideri Julienne SEBAGABO  yafatiwe mu Rwanda agerageza gusubira muri Norvege

Umujenosideri Julienne SEBAGABO yafatiwe mu Rwanda agerageza gusubira muri Norvege

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Perezida Museveni azatsinda bitanyuze mu mpapuro z’amatora ahubwo hamenwe amaraso

Ubwanditsi 31 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye Inama Rusange ya 71 ku Buzima i Geneve

Ubwanditsi 21 May 2018
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe
Amakuru

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru