• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Ubwanditsi 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Abakuriye amashyirahamwe atwara abagenzi mu modoka mu Ntara y’Iburasirazuba, ndetse n’abatwara abagenzi kuri moto no ku magare mu karere ka Rwamagana basabwe kugira imyitwarire myiza ijyana no kubahiriza amategeko abagenga ubwabo ndetse n’amategeko y’umuhanda hagamijwe kwirinda impanuka n’ingaruka zazo.

Ubu butumwa babugejejweho n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rwamagana, n’abandi bayobozi ba Polisi ku rwego rw’ako karere, ku italiki ya 5 Ukwakira, mu nama yabereye ku kibuga cya Polisi giherereye mu Mujyi wa Rwamagana.

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi bagera kuri 400 mu Ntara y’Iburasirazuba bakoreshejwe inama nyuma y’aho bigaragariye ko, kubera imiterere y’imihanda yo muri iyi ntara yose igizwe n’umurambi, hakunze kurangwa impanuka ziterwa no kwirara kw’abakoresha umuhanda ndetse n’uburangare , baba abanyamagare, moto cyangwa imodoka; aho yaboneyeho kubibutsa ingamba zisanzweho zo kwirinda impanuka no kubasaba ubufatanye na Polisi ngo imyitwarire nk’iyo ihinduke.

Umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara yakomeje ababwira ko ubuzima bw’abantu bugomba guhabwa agaciro bwaba ubw’abagenzi bari mu modoka, kuri moto cyangwa ku igare ndetse n’abaturiye imihanda, buri wese agira uruhare mu kwirinda impanuka.

ACP Karasi yagize ati:” impanuka ntizica gusa abari mu modoka, kuri moto no ku igare gusa, zihitana n’abaturiye imihanda. Tuzirikane agaciro k’abagenzi, agaciro k’abaturiye imihanda, twirinda impanuka, ibi birasaba bamwe muri mwe guhindura imyitwarire ”.

Yasabye by’umwihariko abari bahagarariye kompanyi zitwara abagenzi mu modoka bari bateraniye muri iyo nama kujya bagenzura cyane ingendo abashoferi bakora kuko hari abakoresha umuvuduko ukabije bagira ngo bakore ingendo nyinshi , ibi bikaba ari bimwe mu bitera impanuka.

Aha yagize ati:” mwese muzi urugendo n’igihe imodoka ikoresha iva mu Mujyi wa Kigali ijya Rwamagana , Kayonza, Nyagatare cyangwa Rusumo n’ahandi……hari igihe abashoferi bihuta cyane , ibi bikaba byatera impanuka”. Turengere ubuzima bw’abaturarwanda, tugomba gutera imbere tubungabunga n’umutekano wo mu muhanda”.

Abatwara moto n’amagare nabo bibukijwe kubahiriza amategeko y’umuhanda, kurangwa n’isuku mu kazi, kujya bahagarara igihe bahagaritswe n’abapolisi kandi bakihutira kumenyesha inzego zishinzwe umutekano igihe cyose batwaye umugenzi bafiteho amakenga kuko abenshi mu banyabyaha bifashisha moto, bajya cyangwa bava aho bakoreye icyaha.

-4272.jpg

ACP Karasi

ACP Karasi yababwiye ko inyinshi mu mpanuka ziterwa n’ubusinzi bw’abatwara ibinyabiziga ndetse n’umuvuduko ukabije aho yasabye by’umwihariko abahagrariye kompanyi z’imodoka, kujya bitonda bakamenya birambuye imyirondoro n’imyitwarire y’abashoferi baha akazi kuko nk’uko yabivuze hari bamwe bitwara nabi mu kazi kubera ubusinzi n’ibindi.

Yakanguriye kandi abo bireba muri bo, kugendana ibyangombwa bisabwa mu mwuga wabo ndetse n’ibitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) bibemerera gukora umwuga wo gutwara abagenzi.

RNP

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi  bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 07 Jun 2016
Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016
RDF yungutse  aba Ofisiye barangije kwiga  muri École Royale Militaire Belge

RDF yungutse aba Ofisiye barangije kwiga muri École Royale Militaire Belge

Ubwanditsi 02 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa
Amakuru

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

RUSHYASHYA 28 Jun 2026
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru