• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa guhindura imyitwarire

Ubwanditsi 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Abakuriye amashyirahamwe atwara abagenzi mu modoka mu Ntara y’Iburasirazuba, ndetse n’abatwara abagenzi kuri moto no ku magare mu karere ka Rwamagana basabwe kugira imyitwarire myiza ijyana no kubahiriza amategeko abagenga ubwabo ndetse n’amategeko y’umuhanda hagamijwe kwirinda impanuka n’ingaruka zazo.

Ubu butumwa babugejejweho n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rwamagana, n’abandi bayobozi ba Polisi ku rwego rw’ako karere, ku italiki ya 5 Ukwakira, mu nama yabereye ku kibuga cya Polisi giherereye mu Mujyi wa Rwamagana.

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi bagera kuri 400 mu Ntara y’Iburasirazuba bakoreshejwe inama nyuma y’aho bigaragariye ko, kubera imiterere y’imihanda yo muri iyi ntara yose igizwe n’umurambi, hakunze kurangwa impanuka ziterwa no kwirara kw’abakoresha umuhanda ndetse n’uburangare , baba abanyamagare, moto cyangwa imodoka; aho yaboneyeho kubibutsa ingamba zisanzweho zo kwirinda impanuka no kubasaba ubufatanye na Polisi ngo imyitwarire nk’iyo ihinduke.

Umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara yakomeje ababwira ko ubuzima bw’abantu bugomba guhabwa agaciro bwaba ubw’abagenzi bari mu modoka, kuri moto cyangwa ku igare ndetse n’abaturiye imihanda, buri wese agira uruhare mu kwirinda impanuka.

ACP Karasi yagize ati:” impanuka ntizica gusa abari mu modoka, kuri moto no ku igare gusa, zihitana n’abaturiye imihanda. Tuzirikane agaciro k’abagenzi, agaciro k’abaturiye imihanda, twirinda impanuka, ibi birasaba bamwe muri mwe guhindura imyitwarire ”.

Yasabye by’umwihariko abari bahagarariye kompanyi zitwara abagenzi mu modoka bari bateraniye muri iyo nama kujya bagenzura cyane ingendo abashoferi bakora kuko hari abakoresha umuvuduko ukabije bagira ngo bakore ingendo nyinshi , ibi bikaba ari bimwe mu bitera impanuka.

Aha yagize ati:” mwese muzi urugendo n’igihe imodoka ikoresha iva mu Mujyi wa Kigali ijya Rwamagana , Kayonza, Nyagatare cyangwa Rusumo n’ahandi……hari igihe abashoferi bihuta cyane , ibi bikaba byatera impanuka”. Turengere ubuzima bw’abaturarwanda, tugomba gutera imbere tubungabunga n’umutekano wo mu muhanda”.

Abatwara moto n’amagare nabo bibukijwe kubahiriza amategeko y’umuhanda, kurangwa n’isuku mu kazi, kujya bahagarara igihe bahagaritswe n’abapolisi kandi bakihutira kumenyesha inzego zishinzwe umutekano igihe cyose batwaye umugenzi bafiteho amakenga kuko abenshi mu banyabyaha bifashisha moto, bajya cyangwa bava aho bakoreye icyaha.

-4272.jpg

ACP Karasi

ACP Karasi yababwiye ko inyinshi mu mpanuka ziterwa n’ubusinzi bw’abatwara ibinyabiziga ndetse n’umuvuduko ukabije aho yasabye by’umwihariko abahagrariye kompanyi z’imodoka, kujya bitonda bakamenya birambuye imyirondoro n’imyitwarire y’abashoferi baha akazi kuko nk’uko yabivuze hari bamwe bitwara nabi mu kazi kubera ubusinzi n’ibindi.

Yakanguriye kandi abo bireba muri bo, kugendana ibyangombwa bisabwa mu mwuga wabo ndetse n’ibitangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) bibemerera gukora umwuga wo gutwara abagenzi.

RNP

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

FDLR yiyemereye ku mugaragaro ko yapfushije  Petero Nkurunziza nk’ umuterankunga wayo ukomeye

Ubwanditsi 11 Jun 2020
Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Uganda yashyizwe ku gitutu ku gukurikirana abishe abarenga 100 mu bwami bwa Rwenzururu

Uganda yashyizwe ku gitutu ku gukurikirana abishe abarenga 100 mu bwami bwa Rwenzururu

Ubwanditsi 28 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025,  ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC
Uncategorized

APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025, ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC

Ubwanditsi 30 Jun 2025
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere
Mu Mahanga

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO
Mu Rwanda

Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru