• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Ubwanditsi 02 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hashize amezi hafi atatu, Ben Rutabana, Komiseri ushinzwe amahugurwa muri RNC aburiwe irengero ; kuva yabura, ni ubwa mbere Ubuyobozi bwa RNC buhagarariwe na Gervais Condo na Frank Ntwali, Komiseri ushinzwe urubyiruko muri RNC bahuriye mu kiganiro kimwe n’umuvandimwe wa Ben Rutabana ariwe Emerence Kayijuka. Baganiraga na Jean Claude Mulindahabi wa Radiyo Urumuri. Emerence yiyongereye kuri Mukamugemanyi wavuganye na Kayumba Nyamwasa tariki ya 3 Ukwakira 2019, ubwo yabwiraga Ijwi ry’Amerika ko Kayumba yamubwiye ko nawe ahangayikishijwe na Rutabana ariko ko atigeze abibona ahubwo ari ikinamico ko ari Kayumba washimuse musaza wabo.

Umuryango wa Rutabana ukomeje kwemeza ko yashimuswe na Kayumba Nyamwasa kuko atigeze amupfukamira mu byemezo yafataga nk’umuyobozi, kuko ari umunyagitugu ndetse bikiba mu minsi ya mbere Kayumba Nyamwasa yababwiraga ko ahari nta kibazo afite, bakomeje kubaza, Kayumba Nyamwasa yababwiye ko bari gutiza « umwanzi » umurindi ubundi birangira abirengagije ku mugaragaro, aho Nyamwasa atagishaka kumva izina Rutabana. Emerence yongeyeho ko Kayumba Nyamwasa ashishikajwe no kuvugako ko Rutabana yari virus muri RNC ndetse ko yangaga abahutu. Umuryango wa Rutabana washoje uvuga ko bagiye gushyira Kayumba mu rubanza.

Gervais Condo, umwe mu Bahutu ba Kayumba Nyamwasa, yavuzeko ibura rya Rutabana barimenye batinze ndetse ko ajya gufata urugendo ntabwo yabamenyesheje. Condo yagaragaje urugendo rwa Rutabana nkaho ari igikorwa cyo gusuzugura. Mu kwikura mw’isoni kubera ibaruwa yanditswe n’umuryango wa Rutabana ko yafatishijwe na Frank Ntwali, na Kayumba Rugema ; Condo Gervais, yarasirisimbye avuga ko Frank Ntwali na Kayumba Rugema batarigera bakandagira mu gihugu cya Uganda. Ni agahomamunwa cyane cyane ko bizwi ko Ntwali na Rugema bagenda Uganda nk’abagenda iwabo. Condo yavuzeko abazi iby’urugendo rwa Ben ari ba « Somambike »

Frank Ntwali we abajijwe ibya Rutabana , kuko umuryango we ariwe uvuga ko wamushimuse , yazanye ikinamico avuga ko ari ibyanditswe na Rushyashya nawe avuga nka Condo ko Rutabana atari muri gahunda ya RNC ndetse ko atigeze agera muri Uganda. Aho kugirango asubize umuryango wa Rutabana yavuzeko ari Leta y’u Rwanda ibivuga nkaho bashiki ba Rutabana bakorera Leta y’u Rwanda. Ntwali yakomeje guhatwa ibibazo kuri Rutabana ariko we igisubizo cyari ko byavuzwe na Kigali na Rushyashya. Ntwali yashoje avuga ko atazi iby’ingendo za Rutabana nkuko na Rutabana atazi iby’ingendo ze.

Ibura rya Rutabana ryongeje akaduruvayo kari gasanzwe muri RNC dore ko benshi bahisemo kuyivamo aha twavuga nka Jean Paul Turayishimye, ndetse na komite zo hirya no hino zirasezererwa izindi zirasezera. Hari nizishyizeho.

Usibye kutabona ibisubizo babajijwe kuri Rutabana, Gervais Condo na Frank Ntwali mu bisubizo byabo bashinyaguriraga umuryango wa Rutabana. Ngurwo urukundo n’ubumwe byo muri RNC.

2019-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kabuga Felesiyani nawe ku rutonde rw’abandi ba Jenosideri nka Protais Mpiranya bahawe Pasiporo ya Uganda mu rwego rwo guhunga ubutabera

Kabuga Felesiyani nawe ku rutonde rw’abandi ba Jenosideri nka Protais Mpiranya bahawe Pasiporo ya Uganda mu rwego rwo guhunga ubutabera

Ubwanditsi 24 May 2020
Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Ubwanditsi 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019
Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 
Amakuru

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Ubwanditsi 20 Sep 2022
CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa
Amakuru

CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

Ubwanditsi 09 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru