• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024 Amakuru, IKORANABUHANGA, INKURU NYAMUKURU

Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2024 itsinze ku mukino wa nyuma ikipe ya Bugesera FC ibitego 2-1, ni mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Ni umukino wakinwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Gicurasi 2024, wari uteganyijwe gutangira ku isaha ya saa cyenda ariko utangira ku isaha ya Saa Kumi kuko ikibuga cyarimo indi mikino y’Abakozi.

Ni umukino wagiye gukinwa hari impaka nyinshi mu bakunzi ba Siporo nyarwanda kuko bamwe bavugaga ko Police FC yamaze kumvikana na Bugesera ko izatwara igikombe kuko nayo yari yatsinzwe muri shampiyona.

Gusa n’ubwo ibi byavugwaga hirya no hino, aya mpamakuru nta ruhande narumwe rwigeze ruyemeza kuko bose intego bari bazanye yari ugutwara igikombe cy’Amahoro.

Haba kuri Mashami Vincent utoza ikipe ya Police FC yashakaga igikombe cya Kabiri nyuma y’icyo yatwaye muri APR FC muri 2014, naho Haringingo we yashakaga icya gatatu nyuma y’icyo yatwaye ari muri Mukura (2018) na Rayon Sports muri 2023.

Muri uyu mukino watangiye amakipe yombi ubona akina ashakisha igitego kugirango buriyose ibe yizeye ko yatwara iki gikombe, igice cya mbere cyawo cyarangiye amakipe yombi angana 0-0.

Bavuye kuruhuka ikipe ya Police FC niyo yatangiranye imbaraga zanayigejeje ku gitego cya mbere cyatsinzwe na Aboubakar Akuki Djibrine ku mupira yari aherejwe na Hakizimana Muhafjiri.

Ntibyatwaye umwanya munini ngo ikipe ya Polisi y’igihugu itsinde ikindi gitego cya kabiri, cyatsinzwe na Nsabimana Eric uzwi nka Zidane, hari kuri Koruneri yatewe neza na Muhadjiri imusanga aho yari ahagaze abonezamo umupira bitamugoye.

Bugesera FC yarwanaga n’iminota ya nyuma, yabonye igitego cyo kwishyura muri bibiri yari yatsinzwe, ni igitego cyatsinzwe na Farouk Ssentongo Saifi.

Gutwara iki gikombe kwa Police FC birayiha itike yo kuzakina imikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.

Iki gikombe Police FC yegukanye yagishyikirijwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Madamu Aurore Munyangaju Mimosa.

Iki kandi kibaye igikombe cya kabiri cy’Amahoro itwaye kuko icyo yaherukaga yagitwaye muri 2013, muri uyu mwaka kandi Police itwaye igikombe cya Kabiri nyuma y’icy’intwari yatwaye itsinze APR FC ku mukino wa nyuma 2-1.

Mu bagabo kandi, Ikipe ya Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yaho kuri uyu wa Kabiri yatsonze Gasogi United 1-0.

Mu bagore ikipe ya Rayon Sports niyo yegukanye igikombe cy’Amahoro 2024 itsinze ikipe y’indahangarwa ibitego 4-0, ibi biyiha kandi itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.

2024-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Ubwanditsi 17 May 2025
Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ingabo z’u Rwanda zikomeje kwigarurira uduce twari twaragizwe ingwate n’Ibyihebe, Agace ka Mbau kaguyemo ibyihebe 11

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’ibihe bikomeye u Rwanda rwaciyemo, rwahisemo kubakira ku mahitamo y’aho rwifuza kugana

Ubwanditsi 19 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice
Amakuru

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Ubwanditsi 22 Oct 2021
Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi
INKURU NYAMUKURU

Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Umurage wa Perezida Nkurunziza mu myaka 15 amaze ku butegetsi: Ese CNDD FDD yahawe ubutegetsi yiteguye?
INKURU NYAMUKURU

Umurage wa Perezida Nkurunziza mu myaka 15 amaze ku butegetsi: Ese CNDD FDD yahawe ubutegetsi yiteguye?

Ubwanditsi 05 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru