• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati (CECAFA) yemeje ko irushanwa rya CECAFA Kagame 2021 rizaba guhera ku italiki ya 1 kugeza ku ya 15 Kanama i Dar es Salaam muri Tanzaniya rikazitabirwa n’amakipe 10 arimo APR FC yo mu Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’abategura iri rushanwa ryitiriwe umukuru w’igihugu cy’u Rwanda , Paul Kagame, iri rushanwa rizabera mu gihugu cya Tanzaniya, iki gihugu kazaba gihagarariwe n’amakipe abiri ariyo Young SC na AZAM FC.

Umuyobozi mukuru wa CECAFA, Auka Gecheo yavuze ko iri rushanwa rizafasha amakipe yo muri aka gace kwitegura amarushanwa Nyafurika ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka.

Auka aganira n’urubuga rwa CECAFA, yagize ati “Iri rushanwa rizafasha amakipe yacu yo mu karere kwitegura amarushanwa ya CAF azatangira muri Nzeri”.

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho gutangaza ko kugirango iri rushanwa rikomere kuri iyi ncuro batumiye ikipe yo muri Malawi ya Big Bullets FC.

Ku rundi ruhande ikipe ya Simba SC yageze muri kimwe cya kane cy’imikino ya CAF Champions League umwaka ushize w’imikino yo ntabwo izitabira iri rushanwa rizabera mu gihugu cya Tanzaniya.

KCCA FC yo mu gihugu cya Uganda niyo iheruka kwegukana igikombe cya 2019 kuko yatsinze ikipe ya Azam FC nayo izitabira iki gikombe kitabaye umwaka wa 2020 bitewe n’uko icyorezo cya Koronavirusi cyari gikomeje gukaza umurego.

Ikipe y’ingabo z’igihugu z’u Rwanda ya APR FC igiye kwitabira iri rushanwa iheruka kwegukana mu mwaka wa 2010 ndetse ikaba yaratwaye iki gikombe incuro eshatu (2004, 2007, 2010), ubwo iyi kipe iheruka gukina CECAFA Kagame Cup muri 2019 yagarukiye muri ¼ isezerewe na AS Maniema yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Biteganyijwe ko tombola y’uko amakipe azahura muri iri rushanwa rizabera mu mujyi wa i Dar es Salaam izaba ku italiki ya 27 Nyakanga 2021.

CECAFA Kagame Cup ni irushanwa rihuza amakipe 12 yo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba ndetse n’iyo hagati, ni irushanwa ryitiriwe Perezida Kagame kuko guhera muri 2002 atanga inkunga y’ibihumbi 60 by’amadorali y’Amerika agabanywa amakipe atatu ya mbere.

Urutonde rw’amakipe yemeye ko azitabira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2021 ni Young SC, Azam FC (Tanzaniya), Altabara FC (Sudani y’Epfo), Le Messager Ngozi FC (Burundi), APR (Rwanda), Express FC, KCCA FC (Uganda), Tusker FC (Kenya) ), KMKM SC (Zanzibar) na Big Bullets FC (Malawi).

2021-07-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuyobozi bwa APR. FC bwahakanye  kuza k’umutoza mushya

Ubuyobozi bwa APR. FC bwahakanye kuza k’umutoza mushya

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

RUSHYASHYA 27 Nov 2025
Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Mashami Vincent yagizwe umutoza wa Police FC, ACP Yahaya Kamunuga aba umuyozi wayo naho SP Ruzindana Regis aba ushinzwe kugura abakinnyi

Ubwanditsi 21 Jul 2022
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 11 May 2016
I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports
Amakuru

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Ubwanditsi 22 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru