• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Kiyovu SC nyuma yo kugira umwaka utari mwiza wa 2020-2021 yatandukanye na bamwe mu bakinnyi bayo barimo basoza amasezerano ndetse bamwe muribo bamaze no kubona amakipe bazakinira mu mwaka utaha w’imikino.

Aha kandi hariyongeraho abatoza babiri bari bungirije Olivier Karekezi ndetse na Ndayiragije Etienne, abo ni Banamwana Camarade ndetse na Kalisa Francois.

Usibye aba batoza kandi iyi kipe y’urucaca ikaba itakiri kumwe n’umutoza w’abanyezamu Muhimpundu Rachid wari umaze igihe kinini muri iyi kipe ya Kiyovu Sports ndetse n’uwari ushinzwe ibikoresho by’ikipe uzwi ku izina rya Jemba uyu akaba azwi cyane mu ikipe ya Rayon Sports.

Nyuma yo kwiyubaka ihereye ku batoza, Kiyovu Sports iheruka guha amasezerano umutoza Haringingo Francis wahise yizanira umutoza uzamwugiriza ariwe Rwaka Claude, uyu mutoza kandi akaba yarahise agirana ibiganiro n’ikipe ya Kiyovu ku kumenya abakinnyi bazasigarana mubari bahasanzwe, bityo hafatwa umwanzuro wo kudakomezanya n’abakinnyi 15.

Muri abo bakinnyi batakiri kumwe na Kiyovu harimo Babua Samson wari umazemo umwaka umwe ariko akaba atarongerewe amasezerano, harimo Saba Robert we wamaze kwerekeza muri AS Kigali ndetse na Armel Ghyslain wamaze gusinyira ikipe ya Gasogi United.

Abo bakinnyi kandi bariyongeraho abamaze gusezera muri yi kipe mbere y’uko uyu mwaka w’imikino urangira bayobowe n’umunyezamu Bwanakweli Emmanuel ndetse na Munezero Fiston wavuye mu wiherero w’ikipe yirukanywe na Ndayiragije Etienne ngo bitewe n’imyitwarire itari myiza yagaragaje imbere y’umutoza.

Muri rusange abakinnyi batandukanye na Kiyovu SC ni Babua Samson, Ndahimana Isiak, Ndayisaba Hamidu, Nyirinkindi Saleh, Tubane Kames, Bwanakweli Emmanuel, Armel Ghislain, Fiston Munezero, Sibomana Arafat, Mbanzo Nkoto karim, Saba Robert, Habamahoro Vincent ndetse na Ngenzi Issa.

Kiyovu SC irimo kwitegura umwaka utaha ikaba nayo yariyubatse aho kugeza ubu yamaze kugura abakinnyi barimo Mugenzi Bienvenu wakinaga muri Marines FC , Benedata Janvier wari muri AS Kigali ndetse na Niyonkuru Ramadhan wahoze muri Mukura VS.

2021-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Usengimana yafashije APR FC gutsinda Bugesera FC ishyiramo amanota atandatu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 07 May 2018
APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Ubwanditsi 19 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima
IKORANABUHANGA

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato
HIRYA NO HINO

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Ubwanditsi 03 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru