• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES

RUSHYASHYA 28 Mar 2026 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Werurwe 2026 nibwo Perezida w’i gihugu, Paul Kagame yitabiriye umukino wahuje u Rwanda na Granada mu irushanwa rya FIFA SERIES.

Ni umukino waranzwe no kwitwara neza ku ruhande rw’ikipe y’u Rwanda, kuko warangiye Amavubi y’umutoza Stephen Constantine atsinze ibitego 4-0 byatumye iyi kipe igera ku mukino wa nyuma w’itsinda A.

Amavubi yakiniraga imbere y’abantu ibihumbi 40 by’abafana bari bitabiriye uyu mukino mui Sitade Amahoro avuguruye.

Mickels Leroy-Jacques ni we wafunguye amazamu ku ruhande rw’Amavubi atsinda igitego cya mbere ku ishoti rikomeye, umunyezamu wa Grenada, Thomas Trishawn, ntiyabasha kurikuramo.

Nyuma y’aho gato, Kwizera Jojea yongeye igitego cya kabiri mbere y’uko igice cya mbere kirangira.

Igice cya mbere cyarangiye Amavubi ayoboye umukino n’ibitego 2-0, byatsinzwe na Mickels Leroy-Jacques na Kwizera Jojea.

Mu gice cya kabiri, umutoza w’Amavubi, Stephen Constantine, yakoze impinduka ebyiri, aho Uwineza René na Hakim Sahabo basimbuye Biramahire Abeddy na Kwizera Jojea.

Ku munota wa 68, kapiteni w’Amavubi, Bizimana Djihad, yatsinze igitego cya gatatu.

Ku munota wa 74, Amavubi yakoze izindi mpinduka enye: Bizimana Djihad, Niyomugabo Claude, Byiringiro Gilbert na Mickels Joy-Lance basimbuwe na Imanishimwe Emmanuel, Gueulette Samuel, Uwumukiza Obed na Mickels Joy-Slayd.

Ku munota wa 81, Hakim Sahabo yasoje ibitego atsinda icya kane cy’Amavubi.

Umukino warangiye u Rwanda rutsinze Grenada ibitego 4-0 mu mukino wa gicuti wa FIFA Series.

Nyuma y’iyi ntsinzi, u Rwanda ruzahura na Estonia ku mukino wa nyuma, nyuma y’uko Estonia isezereye Kenya.

Iyi ni inshuro ya kabiri imikino ya FIFA Series ibaye, nyuma yo gutangizwa mu mwaka wa 2024.

By’umwihariko, u Rwanda rwanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere cyakiriye amatsinda abiri muri iri rushanwa rigamije gufasha amakipe y’ibihugu atandukanye gukina imikino ya gicuti.

2026-03-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023
Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017

Umunyarwanda Areruya Joseph ukina mu ikipe ya Dimension Data yegukanye Tour du Rwanda 2017

Ubwanditsi 19 Nov 2017
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cy’Afurika 2026 mu mukino wa Handball

Ubwanditsi 30 Jan 2024
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC
Mu Rwanda

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin
Amakuru

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Nyuma yo gutera abanyarwanda za Grenade, Kayumba Nyamwasa akomeje kuvugwa mu bikorwa by’ubugizibwa nabi no gushimuta abantu Kampala
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutera abanyarwanda za Grenade, Kayumba Nyamwasa akomeje kuvugwa mu bikorwa by’ubugizibwa nabi no gushimuta abantu Kampala

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru