• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023 Amakuru, KWAMAMAZA, SHOWBIZ

Umunyarwenya Uwihoreye Mustapha uzwi nka Ndimbati uherutse kugirwa “Brand Ambassador” w’uruganda rwa Sky Drop Industries yateje intugunda no kwibazwaho nyuma yo gutera umugongo amasezerano aherutse gusinya.

Ku wa 27 Ukuboza 2022 nibwo Ndimbati yagiriwe icyizere n’uruganda rwa Sky Drop Industries ruherereye mu Karere ka Bugesera maze asinya amasezerano y’amezi atandatu yo kwamamaza ibinyobwa byarwo.

Yari amasezerano yo kwamamaza inzoga zengwa n’uru ruganda zirimo iyitwa Nobilis Gutta Gin na Saint Nero Honey Liqueur.

Icyo gihe Ndimbati yabwiye UMUSEKE ko ari ishema kuri we kuba Abanyarwanda baramutoranyije muri benshi akagirwa Brand Ambassador wa Sky Drop Industries mu gihe yari avuye muri gereza.

Yagize ati ” Bavuze ko bazengurutse ahantu hose, Abanyarwanda bonyine nibo bavuze ngo uruganda nimutuzanire Ndimbati ubundi ikinyobwa natwe tukiyoboke.”

Ubuyobozi bw’uru ruganda buvuga ko bwatunguwe no kubona Ndimbati yamamaza ibikorwa by’urundi ruganda rwenga ibinyobwa bimeze nk’ibyabo kandi hari ingingo ziri mu masezerano zikumira iyamamazabikorwa.

Ni nyuma y’amafoto yasakaye mu bitangazamakuru n’imbugankoranyambaga Ndimbati yamamaza INGUFU GIN Ltd muri Tour du Rwanda.

Lucky Murekezi, Ushinzwe ubucuruzi muri Sky Drop Industries yabwiye UMUSEKE ko koko batunguwe no kubona Ndimbati yamamaza urundi ruganda mu gihe amasezerano bagiranye atarasozwa.

Ati “Ntabwo turahura na Ndimbati ngo twumve icyabimuteye, natwe amafoto twarayabonye, ntabwo turaganira mu rwego rw’akazi ngo tumenye imyanzuro twumve n’uruhande rw’Umufatanyabikorwa wacu Ndimbati.”

Avuga ko bagomba kuganira na Ndimbati kugirango ejo n’ejo bundi nasinyira n’abandi ntihazabemo amakosa yo kugonganisha Abakiliya be.

Umunyarwenya Ndimbati yabwiye UMUSEKE ko amasezerano na Sky Drop Industries atarangiye, ko muri Tour du Rwanda yabonye akazi ko kwamamaza urundi ruganda kandi atari kukitesha kuko cyari ikiraka gishyushye.

Avuga ko ibikorwa by’urwo ruganda ari kwamamaza bizarangirana na Tour du Rwanda agakomeza akazi nk’ibisanzwe ko kumenyekanisha inzoga za Nobilis na Saint Nero.

Yagize ati “Amasezerano ntabwo yarangiye, biratandukanye cyane, Tour du Rwanda ni ikintu cy’iminsi umunani kikarangira.”

Uru ruganda rushya rwenga inzoga rufite umwihariko wo kwenga izikoze mu buki ndetse na Gin ruratangaza ko intego atari ugucuruza gusa ahubwo harimo no guteza imbere ubworozi bw’inzuki ndetse no guha akazi abanyarwanda, by’umwihariko abaturanyi b’uruganda mu murenge wa Ntarama, mu Karumuna ari nayo mpamvu begereye Ndimbati kugirango abafashe mu iyamamazabikorwa.

2023-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 17 Dec 2024
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024
Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Ubwanditsi 06 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera
ITOHOZA

Uganda: Umumotari akurikiranweho gufata ku ngufu umuzungukazi yari atwaye ashaka kumva uko bamera

Ubwanditsi 23 May 2018
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega
Amakuru

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi
Mu Mahanga

Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi

Ubwanditsi 15 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru