• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Ubwanditsi 19 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu ntangiriro z’iki cyumweru amajwi asaba ko ingabo z’Afrika y’Epfo zoherejwe muri Kongo-Kinshasa zavanwayo vuba na bwangu, yarushijeho kwiyongera ubwo Inteko Ishinga Amategeko y’Afrika y’Epfo yasuzumaga ingengo y’imari yagenewe igisirikari cy’icyo gihugu.

Uburakari mu badepite, ndetse no mu baturage basanzwe, bwarushijeho kuba bwinshi ubwo Chris HATTINGH wo mu ishyaka ” Democratic Alliance”(DA) yagaragazaga ko ubukungu butifashe neza ndetse n’imiyoborere mibi byatumye ingengo y’imari igenerwa igisirikari cy’Afrika y’Epfo(SANDF) igabanuka cyane buri mwaka, bituma gitakaza ubushobozi bwo kurangiza inshingano zo kurinda umutekano w’abaturage uko bikwiye.

Magingo aya ngo ibikoresho bya SANDF ntibihagije, n’ibihari ntibikijyanye n’igihe, abasirikari bagahembwa nabi kandi ntibanongererwe ubumenyi, ku buryo bishora mu byaha bakabaye bakumira.

Chris Hattingh avuga ko ibintu byarushijeho kuba bibi ubwo Perezida Ramaphosa yafataga icyemezo cyo kohereza abasirikari 2.900 mu ntambara yo muri Kongo, Afrika y’Epfo idafitemo inyungu nk’igihugu, kuko ireba Abakongomani ubwabo.

Ishyaka “DA”risanga Perezida Ramaphosa adashobora kwitwaza inshingano z’umuryango SADC, kuko ibihugu nka Zambia na Angola , nyamara nabyo biri muri SADC, bitigeze byohereza ingabo, kandi ari byo byari kugira impungenge z’umutekano muke muri Kongo, kuko bisangiye nayo umupaka w’ibilometero byinshi.

Byongeye ngo Ramaphosa ntiyavuga ko yohereje ingabo kubungabunga amahoro muri Kongo, mu gihe zifatanya ku rugamba n’imitwe yitwaje intwaro ihohotera abaturage mu burasirazuba bw’icyo gihugu, nka FDLR, n’indi yibumbiye mu cyiswe “Wazalendo”.

Chris Hattingh ati:”Kuba abasirikari bacu batazi icyo barwanira, kuba badafite ibikoresho bigezweho ndetse bakaba batamenyereye akarere k’imirwano nka M23 bahanganye, bituma umubare w’abatakaza ubuzima muri iyo ntambara wiyongera”.

Ashingiye kuri izo ngingo zose rero, uhagarariye ishyaka “Democratic Alliance” yasabye adaciye ku ruhande ko abadepite bategeka Perezida Ramaphosa kureka inyungu ze bwite n’ibyegera bye, agacyura vuba na bwangu ingabo z’Afrika y’Epfo yohereje muri Kongo.

“DA” iri mu mashyaka akunze kujegeza ubutegetsi bwa ANC na Perezida Cyril Ramaphosa, ku buryo iyo ryahagurukiye kurwanya icyemezo runaka, birangira guverinoma igihinduye.

Leta y’Afrika y’Epfo ivuga ko kuva muri Gashyantare uyu mwaka imaze gupfusha abasirikari 7 muri Kongo, mu gihe hari andi makuru avuga ko abapfuye bakabakaba 30, naho abakomeretse n’abafatiwe ku rugamba bakaba babarirwa mu magana.

2024-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Ubwanditsi 18 Dec 2020
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023
U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

U Rwanda rwihanganishije Misiri ku gitero cyishe abantu 300

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano
POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga
POLITIKI

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa
SHOWBIZ

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Ubwanditsi 23 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru