• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iri shyirahamwe “Génération Paul Kagame”, rimaze amezi make rivutse, ariko rimaze kugira abasore n’inkumi babarirwa mu bihumbi, mu ntara zose zigize Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Aganira na Televiziyo MNCTVCONGO, Umuyobozi waryo Rames MWENZE NKULU yavuze ko bahisemo izina rya Perezida w’uRwanda kubera indangagciro bamubonamo, ngo bakaba bifuza ko, nk’imbaraga z’igihugu, bazifashisha bubaka Kongo itekanye, ikorera mu mucyo kandi ituwe n’abaturage bafite imyumvire n’imibereho myiza, nk’uko Paul Kagame abiharanira mu Rwanda, kandi bikaba bitanga umusaruro ugaragagarira buri wese ushyira mu gaciro.

Iri shyirahamwe rifite icyicaro ahitwa LIKASI muri Haut-Katanga,ariko rikaba riteganya kucyimurira mu murwa mukuru, Kinshasa, ngo kuko aribwo ibikorwa byaryo byamenyekana kurushaho. Ubu rero riri mu bukangurambaga mu gihugu hose, rishishikariza cyane cyane urubyiruko gutera ikirenge mu cya Perezida Kagame, ngo kuko ari uburyo bwiza bwo kwihuta mu iterambere, kurwanya ruswa n’akarengane, kugira uruhare mu bibakorerwa kandi bakabaza abayobozi uko buzuza inshingano bahawe n’abaturage. Rames Nkulu yavuze ko iyo urebye aho uRwanda rwavuye n’aho rugeze ubu, nta gushidikanya ko rubikesha umugabo w’ibikorwa, Paul Kagame. Yakomeje asobanura ko we na bagenzi be bishimira uburyo umubano hagati y’uRwanda n’igihugu cyabo uhagaze neza, nabyo bakabibonamo andi mahirwe yo gushyikirana n’Abanyarwanda, bagahahirana, bakajya inama mu mahoro n’umutekano.

Mu bikorwa “Génération Paul Kagame “ imaze gukora kandi ngo izageza mu ntara n’imijyi yose igize RDC, harimo gutoza abanyekongo umuco w’isuku ku mubiri, aho batuye, aho bakorera n’aho bagenda, intego ari ukugera ku isuku irangwa muri Kigali no bindi bice by’uRwanda. Magingo aya barafatanya n’abandi baturage mu bikorwa rusange, twagereranya n’umuganda ukorwa mu Rwanda.Bararemera abafite intege nkeya,aho bashakira igishoro abafite ubushake bwo gukora, ariko bakabura amikoro.

Ababijjwe niba ibikorwa byabo bitazabangamirwa n’ imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN n’indi yagize Kongo indiri yayo, kandi yanga umuntu wese wavuga neza uRwanda na Perezida warwo, umuyobozi wa “Génération Paul Kagame”, yavuze ko iyo mitwe igenda itakaza imbaraga ku buryo bugaragara,kandi inzego z’umutekano muri Kongo zikaba zishyigikiye ibikorwa by’ishyirahamwe ryabo. Ikindi ngo iyo ibikorwa byawe bishingiye ku kuri, ababishyigikira baba benshi kurusha abagerageza kubikoma mu nkokora.

2020-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Uwububa abonwa n’uhagaze : Isano iri hagati ya Kayumba Nyamwasa na Kampala

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo
INKURU NYAMUKURU

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Ubwanditsi 30 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru