• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Ubwanditsi 20 Dec 2019 UBUKUNGU

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (Minaloc) yatangaje ko mu kwezi kumwe n’igice imaze itanga inguzanyo za VUP ku nyungu ya 2%, nk’uko byavuguruwe, imishinga 7000 imaze guhabwa amafaranga nyuma yo gusuzumwa no kwemezwa.

Mu nama ya 16 y’Umushyikirano yabaye mu 2018, Perezida Kagame yagaragaje ko atumva impamvu inyungu ku nguzanyo ihabwa abatishoboye bafashwa muri gahunda ya VUP yavuye kuri 2 % ikagera ku 11 %.

Icyo gihe yagize ati “Ntabwo bikwiye. Kuba abantu bumvikanye bati reka dushyireho uburyo bwo gufasha abantu ngo nibigera hagati icyo wahereyeho ujya kubikora n’ubundi gihindurwe n’abantu wenda batanabishinzwe. Na mbere bijya gushyirwaho hari uburyo byakozwe, niho abantu bagombaga guhera bahindura ibyo bagomba guhindura. Ntabwo mbaza impamvu byahindutse, ndabaza icyashingiweho kugira ngo bihinduke.”

Ibi byatumye inyungu ya 11% ivaho ahubwo SACCO ikazajya ifata 2% ya serivisi.

Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangiye kuri uyu wa Kane, umuturage witwa Sibikino Samson wo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, yashimye ko amafaranga agurizwa abaturage batishoboye inyungu yagabanutse ariko muri gahunda ya VUP harimo imbogamizi.

Ati “Iya mbere ni uko ayo mafaranga agurizwa abaturage atabageraho bose uko bayashaka, biramutse bishobotse abayashaka akabageraho bose byaba byiza, byarushaho no kutuzamura twebwe abari muri icyo cyiciro.”

Ikindi yagaragaje ni uko abakora muri VUP bahembwa bakererewe, aho nk’ubu bamaze amezi ane badahembwa.

Ati “Biramutse bibaye ngombwa twajya duhemberwa igihe byarushaho kuba byiza.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko nyuma y’uko inyungu ivuye kuri 11% ikagera kuri 2%, byateye ibakwe abaturage benshi bakaba bashaka inguzanyo ari benshi.

Izi nguzanyo ubu zagejejwe mu mirenge 416 yose igize igihugu kugira ngo zishobore kugezwa ku baturage bo mu mirenge yose, aho mbere zari mu isaga gato 200.

Minisitiri Shyaka yavuze ko mu kwezi kumwe n’igice bamaze batanga izo nguzanyo za VUP, abaturage bifuje kubona izo nguzanyo barakabakaba ibihumbi 100 mu kwezi kumwe n’igice.

Ati “Hashyizweho gahunda mu turere twose ko iyo mishinga yigwa vuba na za komite zibishinzwe buri wese ashyizemo imbaraga ubu kugeza ku munsi w’ejo twari dufite imishinga imaze kwemerwa isaga ibihumbi 25 ndetse harimo hafi 7000 amafaranga amaze kugera kuri ba nyirayo amafaranga yabo yemewe.”

Ku mwaka ababona inguzanyo 200 000 ugereranyije n’imyaka itatu ishize ntabwo bageraga ku 30 000.

Shyaka avuga ko imbogamizi babona muri iyi gahunda ari uko amafaranga yakoreshwaga muri iyi gahunda angana na miliyari 15 Frw, yari mu mirenge mike ariko kuko iyi gahunda yagutse amafaranga ashobora kuzaba make ntagere ku bayifuza bose, ariko harimo kurebwa uko amafaranga yakongerwa.

Src: IGIHE

2019-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018
U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Ubwanditsi 11 Oct 2019
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Ubwanditsi 10 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Ubwanditsi 02 Apr 2016
Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo
POLITIKI

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru