• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame uri mu Bwongereza mu nama ihuza abakuru b’Ibihugu 53 bikoresha ururimi rw’Icyongereza bihuriye mu muryango wa Commonwealth, yahuye n’Igikomangoma Henry ‘Harry’ cy’u Bwongereza.

Nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byabitangaje kuri Twitter, kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame n’Igikomangoma Harry bahuriye i Buckingham ariko ntihahise hashyirwa hanze ibyerekeye ibiganiro bagiranye.

Iyi nama iba kabiri mu mwaka, kuri iyi nshuro irahuriza hamwe abagera ku 5000 baturutse muri za Guverinoma, abashoramari ndetse na sosiyete sivile, baganire ku ngingo zirimo guteza imbere uburumbuke, umutekano n’ubworoherane.

Umusozo w’iyi nama uzaba umwiherero w’abayobozi uzabera Windsor Castle kuwa Gatanu tariki 20 Mata 2018.

Muri uyu mwiherero abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bazaganira ku bufatanye mu bibazo byugarije Isi n’iby’ingenzi bikwiye kwitabwaho mbere muri Commonwealth.

Igikomangoma Harry ejo kuwa mbere Umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth, yamugize Ambasaderi w’Urubyiruko rw’ibihugu rwo mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth.

Afungura ihuriro ry’urwo rubyiruko, Harry w’imyaka 34 yavuze ko azakora uko ashoboye urubyiruko rugatanga umusaruro mu gukemura ibibazo byugarije Isi. Yavuze ko 60% by’abatuye ibihugu 53 bya Commonwealth ni ukuvuga miliyari 1.4 ari urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30, rugomba guhindura Isi.

 

Perezida Kagame na Prince Harry bahuriye i Buckingham

Ibyerekeye Igikomangoma Harry

Igikomangoma Harry ni umwe mu bagize umuryango w’ibwami mu Bwongereza, umuhungu muto w’ibikomangoma, Charles na Diana, akaba uwa gatanu ku ruhererekane rw’abashobora kuragwa ubwami mu Bwongereza.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo Henry Charles Albert David uzwi nk’ Igikomangoma Harry yagizwe Perezida mushya w’Ikigo gifatanya na guverinoma zitandukanye mu gucunga Pariki z’ibihugu n’ibyanya bibungabunzwe, African Parks, ari nacyo gicunga Pariki y’Akagera.

Mu 2009 nibwo African Parks yasinyanye amasezerano n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) ashyiraho ikigo Akagera Management Company (AMC) gicunga Pariki y’Igihugu y’Akagera, maze mu 2010 gitangira imirimo gikuriwe n’inama y’ubutegetsi ihuriweho na RDB na African Parks.

Kuva icyo gihe ibikorwa byo gushimuta inyamaswa byaracyashywe ndetse zirakunda ziriyongera, ubu iyi pariki ikaba ibarizwamo amoko atanu y’inyamaswa zihagazeho kuri uyu mugabane arizo Intare, Inzovu, Ingwe, Imbogo n’Inkura.

African Parks yatangaje ko Prince Harry yanafatanyije n’iki kigo muri Nyakanga 2016 muri Malawi, mu gikorwa cyo kwimura icyiciro cya mbere cy’inzovu 520 zagombaga kujyanwa mu bilometero 350 muri icyo gihugu, muri pariki eshatu zicungwa na African Parks.

Prince Harry kandi amaze kuva mu gisirikare mu 2015, yamaze amezi atatu mu mishinga yo kwita ku nyamaswa muri Namibia, Tanzania, Afurika y’Epfo na Botswana.

African Parks yagize uruhare rukomeye mu kubungabunga no kurinda Pariki y’Akagera, ku buryo uretse kwiyongera kw’inyamaswa, umutekano wazo wakajijwe zikazitirwa ngo zidakomeza konera abaturage, hubakwa uruzitiro rurimo amashanyarazi rutuma inyamaswa zidapfa kururenga.

Nubwo hatatangajwe ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Prince Harry, birashoboka ko ingingo yo guteza imbere ubukerarugendo iri mu zo baganiraho.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ikigega Agaciro cyahawe umuyobozi mushya, Jack Kayonga asubira muri Crystal Ventures

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Ubwanditsi 18 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )
ITOHOZA

Nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda, uvuga ko ari umwunganizi wa Ingabire Victoire yatangiye gupfobya genocide ( yagaragaye ahura na Gratien Kabiligi )

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Somaliya: Abarwanyi ba Al-Shabaab bishe abasirikare batanu b’u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Somaliya: Abarwanyi ba Al-Shabaab bishe abasirikare batanu b’u Burundi

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD
HIRYA NO HINO

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Ubwanditsi 30 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru