• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Ubwanditsi 07 Feb 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda (Rwanda Defense Force Command and Staff College) aravuga ko uburezi ari ingenzi mu kubaka umutekano n’iterambere rirambye ry’igihugu.

Maj. Gen Jean Bosco Kazura arabivuga abihuza no kuba abasirikare bakuru bo mu bihugu 10 bya Afurika hiyongereyeho umwe wo muri Czech Republic biga muri ririya shuri ubu bari mu ngendo shuri mu ntara zose z’igihugu aho bari gusobanurirwa n’inzego bwite za Leta uburyo gushyigikira uburezi bikomeje guteza imbere Abanyarwanda.

Umuto muri abo basirikare afite ipeti rya ‘Major’ naho umukuru afite irya ‘Colonel’, bari gukurikirana amasomo atangwa na ririya shuri ku nshuro ya gatandatu (6th Intake).

Buri mwaka abasirikare biga mu ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda bahabwa ingingo bigaho bahuza n’imibereho y’abanyarwanda, umwaka ushize bakaba bari bahawe ingingo y’ubuzima.

Agaruka ku mpamvu uyu mwaka hatoranyijwe ingingo y’uburezi, Maj. Gen Kazura agaragaza ko uburezi ari isoko y’ibyo igihugu cyifuza kugeraho; ibintu ahuza no kuba abantu batakandagiye mu ishuri bibagora kugira amahitamo y’ibibubaka.

Mu gushimangira uruhare rw’uburezi mu kubaka umutekano, Maj. Gen Kazura atanga urugero rw’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 aho abaturage benshi batakandagiye mu ishuri ari bo bagiye bishora mu bwicanyi.

Ati “Twe rero tureba ko nta kuntu igihugu cyagira umutekano ngo gitere imbere abaturage bameze nk’injiji; batarize, badahabwa ubumenyi mu buryo butandukanye, iyo rero bigenze bityo niho ubona ibyatubayeho, abayobozi bashaka kuyobya abaturage barabayobya kuko ntabwo abaturage baba babyumva ndetse mukareba nk’ibyatubayeho mu myaka ishize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yungamo ati “Mu kubwira umuturage icyo agomba gukora iyo ari injiji cyangwa atabyumva neza biroroha kurusha kubwira umuturage ngo yumve neza akamaro k’icyo agomba gukora (….) iyo rero abaturage bafite ubumenyi butandukanye biragoye kuba wabayobya.”

Maj. Gen Kazura agaragaza ko igihe ingeri zinyuranye z’abaturage zihawe uburezi bituma bitandukanya n’ikibi bagakora ibibafitiye akamaro hakaboneka umutekano bityo n’iterambere ry’igihugu rikahazamukira.

Ati “Mu gihe utabayoboje rero ahubwo bajya muri gahunda za Leta, wa mutekano ukaboneka, mu gihe tudafite abana b’inzererezi batiga, mu gihe tudafite urubyiruko ruraho ntacyo rukora, mu gihe rwize ruzi neza icyo gukora bifasha noneho igihugu kugira ngo kigire umutekano mu mahoro ndetse gikomeze no gutera imbere.”

Akomeza agira ati “Ni yo mpamvu rero aba basirikare baba biga hariya bazakorana n’abaturage, babana n’abaturage buri munsi baba abari hano mu gihugu ndetse n’abavuye hanze bagomba kumenya ko kugira ngo ugire umutekano usesuye uburezi bubifitemo uruha rukomeye cyane.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Gashyantare 2018, itsinda ry’abasirikare 11 barimo bataadatu bo mu Rwanda, uwo muri Kenya, uwo muri Tanzania, uwa Malawi n’uwa Czech Republic basuye Intara y’Amajyaruguru.

Gatabazi Jean Marie Vianney, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, mu gutanga ishusho y’uko uburezi buhagaze muri iyo ntara yavuze ko bushyigikirwa n’ikirere cy’iyo ntara gihora giherereye ku buryo bifasha abanyeshuri kwiga neza bityo bakabasha gutsinda neza.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora

Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali
Mu Mahanga

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe
ITOHOZA

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo
Amakuru

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Ubwanditsi 13 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru