• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Ubwanditsi 07 Feb 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda (Rwanda Defense Force Command and Staff College) aravuga ko uburezi ari ingenzi mu kubaka umutekano n’iterambere rirambye ry’igihugu.

Maj. Gen Jean Bosco Kazura arabivuga abihuza no kuba abasirikare bakuru bo mu bihugu 10 bya Afurika hiyongereyeho umwe wo muri Czech Republic biga muri ririya shuri ubu bari mu ngendo shuri mu ntara zose z’igihugu aho bari gusobanurirwa n’inzego bwite za Leta uburyo gushyigikira uburezi bikomeje guteza imbere Abanyarwanda.

Umuto muri abo basirikare afite ipeti rya ‘Major’ naho umukuru afite irya ‘Colonel’, bari gukurikirana amasomo atangwa na ririya shuri ku nshuro ya gatandatu (6th Intake).

Buri mwaka abasirikare biga mu ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda bahabwa ingingo bigaho bahuza n’imibereho y’abanyarwanda, umwaka ushize bakaba bari bahawe ingingo y’ubuzima.

Agaruka ku mpamvu uyu mwaka hatoranyijwe ingingo y’uburezi, Maj. Gen Kazura agaragaza ko uburezi ari isoko y’ibyo igihugu cyifuza kugeraho; ibintu ahuza no kuba abantu batakandagiye mu ishuri bibagora kugira amahitamo y’ibibubaka.

Mu gushimangira uruhare rw’uburezi mu kubaka umutekano, Maj. Gen Kazura atanga urugero rw’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 aho abaturage benshi batakandagiye mu ishuri ari bo bagiye bishora mu bwicanyi.

Ati “Twe rero tureba ko nta kuntu igihugu cyagira umutekano ngo gitere imbere abaturage bameze nk’injiji; batarize, badahabwa ubumenyi mu buryo butandukanye, iyo rero bigenze bityo niho ubona ibyatubayeho, abayobozi bashaka kuyobya abaturage barabayobya kuko ntabwo abaturage baba babyumva ndetse mukareba nk’ibyatubayeho mu myaka ishize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yungamo ati “Mu kubwira umuturage icyo agomba gukora iyo ari injiji cyangwa atabyumva neza biroroha kurusha kubwira umuturage ngo yumve neza akamaro k’icyo agomba gukora (….) iyo rero abaturage bafite ubumenyi butandukanye biragoye kuba wabayobya.”

Maj. Gen Kazura agaragaza ko igihe ingeri zinyuranye z’abaturage zihawe uburezi bituma bitandukanya n’ikibi bagakora ibibafitiye akamaro hakaboneka umutekano bityo n’iterambere ry’igihugu rikahazamukira.

Ati “Mu gihe utabayoboje rero ahubwo bajya muri gahunda za Leta, wa mutekano ukaboneka, mu gihe tudafite abana b’inzererezi batiga, mu gihe tudafite urubyiruko ruraho ntacyo rukora, mu gihe rwize ruzi neza icyo gukora bifasha noneho igihugu kugira ngo kigire umutekano mu mahoro ndetse gikomeze no gutera imbere.”

Akomeza agira ati “Ni yo mpamvu rero aba basirikare baba biga hariya bazakorana n’abaturage, babana n’abaturage buri munsi baba abari hano mu gihugu ndetse n’abavuye hanze bagomba kumenya ko kugira ngo ugire umutekano usesuye uburezi bubifitemo uruha rukomeye cyane.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Gashyantare 2018, itsinda ry’abasirikare 11 barimo bataadatu bo mu Rwanda, uwo muri Kenya, uwo muri Tanzania, uwa Malawi n’uwa Czech Republic basuye Intara y’Amajyaruguru.

Gatabazi Jean Marie Vianney, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, mu gutanga ishusho y’uko uburezi buhagaze muri iyo ntara yavuze ko bushyigikirwa n’ikirere cy’iyo ntara gihora giherereye ku buryo bifasha abanyeshuri kwiga neza bityo bakabasha gutsinda neza.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Impunzi z’Abarundi 33 zifungiwe kubuza izindi kwakira inkunga

Ubwanditsi 29 Mar 2018
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Ubwanditsi 14 Mar 2022
Uwitwa Sebarera uherutse gutanga amakuru ku byo yakoze muri Jenoside, yiyahuye

Uwitwa Sebarera uherutse gutanga amakuru ku byo yakoze muri Jenoside, yiyahuye

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Ubwanditsi 19 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?
Mu Rwanda

Imyambarire y’Abakobwa biki gihe : ‘Kwica umuco, gucumuza abagabo babareba ,Abakobwa babivugaho iki?

Ubwanditsi 11 May 2017
Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Ubwanditsi 02 Jan 2019
IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga
Mu Mahanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru