• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Ubwanditsi 07 Feb 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda (Rwanda Defense Force Command and Staff College) aravuga ko uburezi ari ingenzi mu kubaka umutekano n’iterambere rirambye ry’igihugu.

Maj. Gen Jean Bosco Kazura arabivuga abihuza no kuba abasirikare bakuru bo mu bihugu 10 bya Afurika hiyongereyeho umwe wo muri Czech Republic biga muri ririya shuri ubu bari mu ngendo shuri mu ntara zose z’igihugu aho bari gusobanurirwa n’inzego bwite za Leta uburyo gushyigikira uburezi bikomeje guteza imbere Abanyarwanda.

Umuto muri abo basirikare afite ipeti rya ‘Major’ naho umukuru afite irya ‘Colonel’, bari gukurikirana amasomo atangwa na ririya shuri ku nshuro ya gatandatu (6th Intake).

Buri mwaka abasirikare biga mu ishuri rikuru ry’Igisirikare cy’u Rwanda bahabwa ingingo bigaho bahuza n’imibereho y’abanyarwanda, umwaka ushize bakaba bari bahawe ingingo y’ubuzima.

Agaruka ku mpamvu uyu mwaka hatoranyijwe ingingo y’uburezi, Maj. Gen Kazura agaragaza ko uburezi ari isoko y’ibyo igihugu cyifuza kugeraho; ibintu ahuza no kuba abantu batakandagiye mu ishuri bibagora kugira amahitamo y’ibibubaka.

Mu gushimangira uruhare rw’uburezi mu kubaka umutekano, Maj. Gen Kazura atanga urugero rw’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 aho abaturage benshi batakandagiye mu ishuri ari bo bagiye bishora mu bwicanyi.

Ati “Twe rero tureba ko nta kuntu igihugu cyagira umutekano ngo gitere imbere abaturage bameze nk’injiji; batarize, badahabwa ubumenyi mu buryo butandukanye, iyo rero bigenze bityo niho ubona ibyatubayeho, abayobozi bashaka kuyobya abaturage barabayobya kuko ntabwo abaturage baba babyumva ndetse mukareba nk’ibyatubayeho mu myaka ishize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yungamo ati “Mu kubwira umuturage icyo agomba gukora iyo ari injiji cyangwa atabyumva neza biroroha kurusha kubwira umuturage ngo yumve neza akamaro k’icyo agomba gukora (….) iyo rero abaturage bafite ubumenyi butandukanye biragoye kuba wabayobya.”

Maj. Gen Kazura agaragaza ko igihe ingeri zinyuranye z’abaturage zihawe uburezi bituma bitandukanya n’ikibi bagakora ibibafitiye akamaro hakaboneka umutekano bityo n’iterambere ry’igihugu rikahazamukira.

Ati “Mu gihe utabayoboje rero ahubwo bajya muri gahunda za Leta, wa mutekano ukaboneka, mu gihe tudafite abana b’inzererezi batiga, mu gihe tudafite urubyiruko ruraho ntacyo rukora, mu gihe rwize ruzi neza icyo gukora bifasha noneho igihugu kugira ngo kigire umutekano mu mahoro ndetse gikomeze no gutera imbere.”

Akomeza agira ati “Ni yo mpamvu rero aba basirikare baba biga hariya bazakorana n’abaturage, babana n’abaturage buri munsi baba abari hano mu gihugu ndetse n’abavuye hanze bagomba kumenya ko kugira ngo ugire umutekano usesuye uburezi bubifitemo uruha rukomeye cyane.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 06 Gashyantare 2018, itsinda ry’abasirikare 11 barimo bataadatu bo mu Rwanda, uwo muri Kenya, uwo muri Tanzania, uwa Malawi n’uwa Czech Republic basuye Intara y’Amajyaruguru.

Gatabazi Jean Marie Vianney, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, mu gutanga ishusho y’uko uburezi buhagaze muri iyo ntara yavuze ko bushyigikirwa n’ikirere cy’iyo ntara gihora giherereye ku buryo bifasha abanyeshuri kwiga neza bityo bakabasha gutsinda neza.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Perezida Magufuli  ngo azahindura inote  ateze igihombo abajura

Perezida Magufuli ngo azahindura inote ateze igihombo abajura

Ubwanditsi 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC
Amakuru

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

Ubwanditsi 17 Nov 2025
Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatsinze APR FC 2-1, ubwo bakinaga umukino wa gicuti hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 04 Aug 2025
Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa
Mu Mahanga

Polisi mu karere ka Rulindo yagaruje byinshi byibwe mu ikamyo itwara ibinyobwa

Ubwanditsi 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru