• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Ubwanditsi 05 May 2017 Mu Rwanda

Umwiherero wa kabiri uhuje abayobozi ba Polisi mu butumwa bw’amahoro bwa Loni butatu buri muri Sudani y’Epfo, Darfur na Abyei wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina nk’ibintu by’ibanze.

Avugana n’itangazamakuru, Shaowen Yang, umujyanama wa kabiri muri Polisi ya Loni, yagize ati:” Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni kimwe mu bibazo byagaragajwe nk’imbogamizi muri ubu butumwa uko ari butatu; niyo mpamvu twarigize umwihariko kimwe no kurinda abasivili.”

Yongeyeho ati:” Twasuye hamwe muho bafashirizwa hano mu Rwanda nk’ikigo Isange One stop Center, twatangajwe n’ibyagezweho kandi byatubereye isomo ndetse tugomba kwiga no gusangiza ibice bya Polisi biri muri ubu butumwa ngo binoze uburyo birwanya ihohoterwa.”

Ikigo Isange, ubu kirakorera mu bitaro 45 mu gihugu hose, kikaba gitanga ubuvuzi, ubujyanama ndetse n’ubwunganizi mu mategeko ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Yang yagize kandi ati:” Umwiherero wanize ku bibazo ubutumwa bwa Loni burimo guhura nabyo cyane cyane muri Darfur , Sudani y’Epfo na Abyei; wanzura ko hashyirwa imbaraga mu yindi myiherero ihuriweho n’izi mpande, gukora ibijyanye n’imyanzuro y’Inama ya Loni ishinzwe amahoro ku isi mu birebana no gushyira mu bikorwa inshingano zacu cyane cyane iza gipolisi mu butumwa bw’amahoro.”

Yongeyeho ati:” Mu ishyirwa mu bikorwa ry’izo ngamba , twatangiiye kureba uburyo twakorera hamwe mu kubahiriza amategeko, gukorana n’abanyapolitiki mu gufasha irangizwa ry’amakimbirane no gushyira mu buzima busanzwe ibihugu biyavuyemo.”

Yakomeje avuga ko bashyize ahagaragara ibigomba gukosorwa muri ubu butumwa birebana n’igipolisi, impamvu z’ubutumwa ndetse n’ingamba n’imikorere.

Umwiherero w’iminsi itatu wari uhuje ba Komiseri b’abapolisi , abajyanama bakuru, abayobozi b’ibice bya Polisi n’abashinzwe ibikorwa muri ibyo bice n’abandi ba ngombwa mu butumwa bwa UNMISS(Sudani y’Epfo), UNAMID(Darfur) na UNSFA(Abyei).

Komiseri wa Polisi muri UNAMID, Priscilla Mukotose ukomoka muri Zimbabwe yavuze ko ubu butumwa butatu busangiye politiki ishingiye ku miterere y’ibihugu aho yagize ati:” Uretse ko dufite Abanyarwanda benshi muri ubu butumwa bwose, ariko twanasanze ibibazo duhura nabyo mu butumwa byitabwaho hano mu Rwanda.”

Yongeyeho ati:” Kugirira umwiherero mu Rwanda , byatumye twemeze ko, nyuma yo gusura ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyigisha abajya mu butumwa bw’amahoro, impamvu duhora twakira abapolisi bashoboye kandi bazi icyo bakora bavuye mu Rwanda, bikaba byari bisanzwe ariko binazwi ko abapolisi b’u Rwanda bakora cyane kandi bafite imyitwarire myiza.”

Yashoje agira ati:” Ntawe byatangaza amaze kubona aho baba baturutse,..ni aho bakura ubumenyi n’ubushobozi bituma baba indakemwa mu butumwa bwose bakora.”

Basuye n’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Hagati aho kandi, iri tsinda ryanasuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali, aho bunamiye miliyoni irenga y’inzirakarengane zishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi wa Polisi muri UNAMID yashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka nyuma ya jenoside yari yarusize rusenyutse

Yagize ati:” Turashima u Rwanda, rwavuye kure cyane…ntawatekereza ko abaturage bakora ibi. Twe nk’abakora mu butumwa bw’amahoro, turifuza ko amahoro mwagezeho akomeza kandi mugakomeza kwereka isi yose ko mwivanye mu mahano ya jenoside.”

Yashoje agira ati:” Buri wese ashobora kubona ibyo murimo gukora n’aho mwavuye kandi ndizera ko ibindi bihugu byabigira ho ko bidakwiye kugira amakimbirane ageza kuri jenoside.”

Mugenzi we ukorera muri Abyei, Assistant Commissioner of Police (ACP) Mohamed F. Suray ukomoka muri Ghana yagize ati:” Twigiye byinshi ku byo Polisi y’u Rwanda yagezeho mu kwigisha abaturage kwicungira umutekano , mu mutekano wo mu muhanda , ku mutekano muri rusange cyane cyane nijoro ; ni ikintu kigaragarira buri wese, umujyi uratekanye, uracyeye, ni ikintu n’indi mijyi ikwiye kwigana.”

-6473.jpg

-6472.jpg

-6471.jpg

Source : RNP

2017-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Rubavu: Hatahuwe ibisasu 58

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 28 Jul 2024
Gasabo: Uwitwa Rwigema Mike arasaba guhindura amazina hakongerwamo iry’umuryango

Gasabo: Uwitwa Rwigema Mike arasaba guhindura amazina hakongerwamo iry’umuryango

Ubwanditsi 31 May 2018
Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda
POLITIKI

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018
U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw
UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka
ITOHOZA

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru