• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Ubwanditsi 05 May 2017 Mu Rwanda

Umwiherero wa kabiri uhuje abayobozi ba Polisi mu butumwa bw’amahoro bwa Loni butatu buri muri Sudani y’Epfo, Darfur na Abyei wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina nk’ibintu by’ibanze.

Avugana n’itangazamakuru, Shaowen Yang, umujyanama wa kabiri muri Polisi ya Loni, yagize ati:” Ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni kimwe mu bibazo byagaragajwe nk’imbogamizi muri ubu butumwa uko ari butatu; niyo mpamvu twarigize umwihariko kimwe no kurinda abasivili.”

Yongeyeho ati:” Twasuye hamwe muho bafashirizwa hano mu Rwanda nk’ikigo Isange One stop Center, twatangajwe n’ibyagezweho kandi byatubereye isomo ndetse tugomba kwiga no gusangiza ibice bya Polisi biri muri ubu butumwa ngo binoze uburyo birwanya ihohoterwa.”

Ikigo Isange, ubu kirakorera mu bitaro 45 mu gihugu hose, kikaba gitanga ubuvuzi, ubujyanama ndetse n’ubwunganizi mu mategeko ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Yang yagize kandi ati:” Umwiherero wanize ku bibazo ubutumwa bwa Loni burimo guhura nabyo cyane cyane muri Darfur , Sudani y’Epfo na Abyei; wanzura ko hashyirwa imbaraga mu yindi myiherero ihuriweho n’izi mpande, gukora ibijyanye n’imyanzuro y’Inama ya Loni ishinzwe amahoro ku isi mu birebana no gushyira mu bikorwa inshingano zacu cyane cyane iza gipolisi mu butumwa bw’amahoro.”

Yongeyeho ati:” Mu ishyirwa mu bikorwa ry’izo ngamba , twatangiiye kureba uburyo twakorera hamwe mu kubahiriza amategeko, gukorana n’abanyapolitiki mu gufasha irangizwa ry’amakimbirane no gushyira mu buzima busanzwe ibihugu biyavuyemo.”

Yakomeje avuga ko bashyize ahagaragara ibigomba gukosorwa muri ubu butumwa birebana n’igipolisi, impamvu z’ubutumwa ndetse n’ingamba n’imikorere.

Umwiherero w’iminsi itatu wari uhuje ba Komiseri b’abapolisi , abajyanama bakuru, abayobozi b’ibice bya Polisi n’abashinzwe ibikorwa muri ibyo bice n’abandi ba ngombwa mu butumwa bwa UNMISS(Sudani y’Epfo), UNAMID(Darfur) na UNSFA(Abyei).

Komiseri wa Polisi muri UNAMID, Priscilla Mukotose ukomoka muri Zimbabwe yavuze ko ubu butumwa butatu busangiye politiki ishingiye ku miterere y’ibihugu aho yagize ati:” Uretse ko dufite Abanyarwanda benshi muri ubu butumwa bwose, ariko twanasanze ibibazo duhura nabyo mu butumwa byitabwaho hano mu Rwanda.”

Yongeyeho ati:” Kugirira umwiherero mu Rwanda , byatumye twemeze ko, nyuma yo gusura ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyigisha abajya mu butumwa bw’amahoro, impamvu duhora twakira abapolisi bashoboye kandi bazi icyo bakora bavuye mu Rwanda, bikaba byari bisanzwe ariko binazwi ko abapolisi b’u Rwanda bakora cyane kandi bafite imyitwarire myiza.”

Yashoje agira ati:” Ntawe byatangaza amaze kubona aho baba baturutse,..ni aho bakura ubumenyi n’ubushobozi bituma baba indakemwa mu butumwa bwose bakora.”

Basuye n’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Hagati aho kandi, iri tsinda ryanasuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali, aho bunamiye miliyoni irenga y’inzirakarengane zishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi wa Polisi muri UNAMID yashimye intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka nyuma ya jenoside yari yarusize rusenyutse

Yagize ati:” Turashima u Rwanda, rwavuye kure cyane…ntawatekereza ko abaturage bakora ibi. Twe nk’abakora mu butumwa bw’amahoro, turifuza ko amahoro mwagezeho akomeza kandi mugakomeza kwereka isi yose ko mwivanye mu mahano ya jenoside.”

Yashoje agira ati:” Buri wese ashobora kubona ibyo murimo gukora n’aho mwavuye kandi ndizera ko ibindi bihugu byabigira ho ko bidakwiye kugira amakimbirane ageza kuri jenoside.”

Mugenzi we ukorera muri Abyei, Assistant Commissioner of Police (ACP) Mohamed F. Suray ukomoka muri Ghana yagize ati:” Twigiye byinshi ku byo Polisi y’u Rwanda yagezeho mu kwigisha abaturage kwicungira umutekano , mu mutekano wo mu muhanda , ku mutekano muri rusange cyane cyane nijoro ; ni ikintu kigaragarira buri wese, umujyi uratekanye, uracyeye, ni ikintu n’indi mijyi ikwiye kwigana.”

-6473.jpg

-6472.jpg

-6471.jpg

Source : RNP

2017-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Ubwanditsi 26 Jul 2017
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda
ITOHOZA

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2017
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22
Amakuru

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Ubwanditsi 21 Mar 2022
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2
Mu Rwanda

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru