• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda ya Kane y’impinduramatwara mu buhinzi (PSTA4) iteganyijwemo kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ndetse no kongerera agaciro ibibukomokaho.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi itangaza ko iyi gahunda y’imyaka itanu yo kuva mu 2018 kugera mu 2023, izatwara miliyari 2700 z’amafaranga y’u Rwanda. Izibanda ku nkingi enye zirimo; ubushakashatsi n’iyamamazabuhinzi n’ubworozi, kubaka ubudahangarwa mu bijyanye n’indwara zifata ibihingwa.

Izibanda kandi ku kongera amasoko no gutunganya umusaruro, kongerera abahinzi n’aborozi ubumenyi ndetse no gukoresha umutungo nk’amazi mu bikorwa bitangiza ibidukikije.

Mu gutangiza iyi gahunda kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko nishyirwa mu bikorwa neza izakura abanyarwanda benshi mu bukene.

Ubushakashatsi bwa Kane ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV4), bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, bwagaragaje ko mu 2024 umubare w’abanyarwanda bari mu bukene uzagabanuka ugere kuri 15%, uvuye kuri 39.1% wariho mu 2015. Ubuhinzi bwitezweho gutanga umusanzu ufatika muri iyi ntego.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko umusaruro w’ubuhinzi mu musaruro mbumbe w’igihugu wiyongereyeho 6% muri gahunda y’impinduramatwara ya gatatu (PSTA 3), muri gahunda ya PSTA 4 bikaba bizarushaho kuko uzajya wiyongeraho 10%.

Yagize ati “Muri gahunda ya Kane y’impinduramatwara mu buhinzi, hari byinshi byitezwe kugerwaho. Turateganya kongera iterambere ry’ubuhinzi no guhanga imirimo”.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yatangiye mu 2017 ikazageza mu 2024, biteganyijwe ko hazahangwa imirimo 214 000 ku mwaka. Iyi mirimo irimo n’izaturuka mu buhinzi nyirizina, inganda zongerera umusaruro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubucuruzi na za resitora.

Dr Ngirente yavuze kandi ko u Rwanda rurimo kugerageza kongera ubuso bwuhirwa kugira ngo igihugu cyose kizihaze mu biribwa. Icyakora yavuze ko ingamba za Afurika yunze Ubumwe n’iziri mu masezerano ibihugu bya Afurika byagiranye mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi yiswe Malabo, zizagerwaho ari uko uru rwego rwashowemo imari nyinshi.

Ati “Izi ngamba zose ntizagerwaho hatabayeho ishoramari rikomeye mu buhinzi. Kubw’ibyo, Guverinoma izakomeza gushora imari mu bushakashatsi mu buhinzi, kubwagura, guteza imbere amasoko no guhanga udushya.”

Ubuso bwuhirwa bwarazamutse ku kigero cya 75%, buva kuri Hegitari 27 796 bugera kuri 48 508, inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka zazamutse kuri 118%, aho zavuye ku 149 889 zigera kuri 326 964.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine, avuga ko gahunda ya kane y’impinduka mu buhinzi izanibanda ku kubaka ubushobozi bw’abahinzi no guteza imbere ubushakashatsi kugira ngo bubashe guhangana n’ihindagurika ry’ikirere.

Yagize ati “Nubwo tudashobora guhagarika ihindagurika ry’ibihe, dushobora kuriteganyiriza binyuze muri bimwe mu bikorwa birimo kurwanya isuri kugira ngo imyuzure idatwara imyaka y’abaturage, kuhira no gutanga amakuru ku iteganyagihe”.

Biteganyijwe ko urwego rw’abikorera ruzagira uruhare muri iyi gahunda, aho ruzashoramo miliyari 420 z’amafaranga y’u Rwanda, mu bijyanye n’ifumbire, imbuto, guhinga ndetse no gufata neza umusaruro.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine

Amafoto: Primature

2018-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku mpuzandengo ya 4.6% mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2017

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Minecofin yasobanuye uko inguzanyo zo guhashya COVID-19 u Rwanda ruherutse guhabwa zizakoreshwa

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Ubwanditsi 08 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri
HIRYA NO HINO

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Ubwanditsi 25 Jun 2020
Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika
INKURU NYAMUKURU

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Ubwanditsi 02 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru