• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Ubwanditsi 29 Jun 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda ya Kane y’impinduramatwara mu buhinzi (PSTA4) iteganyijwemo kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi ndetse no kongerera agaciro ibibukomokaho.

Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi itangaza ko iyi gahunda y’imyaka itanu yo kuva mu 2018 kugera mu 2023, izatwara miliyari 2700 z’amafaranga y’u Rwanda. Izibanda ku nkingi enye zirimo; ubushakashatsi n’iyamamazabuhinzi n’ubworozi, kubaka ubudahangarwa mu bijyanye n’indwara zifata ibihingwa.

Izibanda kandi ku kongera amasoko no gutunganya umusaruro, kongerera abahinzi n’aborozi ubumenyi ndetse no gukoresha umutungo nk’amazi mu bikorwa bitangiza ibidukikije.

Mu gutangiza iyi gahunda kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko nishyirwa mu bikorwa neza izakura abanyarwanda benshi mu bukene.

Ubushakashatsi bwa Kane ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV4), bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, bwagaragaje ko mu 2024 umubare w’abanyarwanda bari mu bukene uzagabanuka ugere kuri 15%, uvuye kuri 39.1% wariho mu 2015. Ubuhinzi bwitezweho gutanga umusanzu ufatika muri iyi ntego.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko umusaruro w’ubuhinzi mu musaruro mbumbe w’igihugu wiyongereyeho 6% muri gahunda y’impinduramatwara ya gatatu (PSTA 3), muri gahunda ya PSTA 4 bikaba bizarushaho kuko uzajya wiyongeraho 10%.

Yagize ati “Muri gahunda ya Kane y’impinduramatwara mu buhinzi, hari byinshi byitezwe kugerwaho. Turateganya kongera iterambere ry’ubuhinzi no guhanga imirimo”.

Muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yatangiye mu 2017 ikazageza mu 2024, biteganyijwe ko hazahangwa imirimo 214 000 ku mwaka. Iyi mirimo irimo n’izaturuka mu buhinzi nyirizina, inganda zongerera umusaruro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubucuruzi na za resitora.

Dr Ngirente yavuze kandi ko u Rwanda rurimo kugerageza kongera ubuso bwuhirwa kugira ngo igihugu cyose kizihaze mu biribwa. Icyakora yavuze ko ingamba za Afurika yunze Ubumwe n’iziri mu masezerano ibihugu bya Afurika byagiranye mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi yiswe Malabo, zizagerwaho ari uko uru rwego rwashowemo imari nyinshi.

Ati “Izi ngamba zose ntizagerwaho hatabayeho ishoramari rikomeye mu buhinzi. Kubw’ibyo, Guverinoma izakomeza gushora imari mu bushakashatsi mu buhinzi, kubwagura, guteza imbere amasoko no guhanga udushya.”

Ubuso bwuhirwa bwarazamutse ku kigero cya 75%, buva kuri Hegitari 27 796 bugera kuri 48 508, inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka zazamutse kuri 118%, aho zavuye ku 149 889 zigera kuri 326 964.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine, avuga ko gahunda ya kane y’impinduka mu buhinzi izanibanda ku kubaka ubushobozi bw’abahinzi no guteza imbere ubushakashatsi kugira ngo bubashe guhangana n’ihindagurika ry’ikirere.

Yagize ati “Nubwo tudashobora guhagarika ihindagurika ry’ibihe, dushobora kuriteganyiriza binyuze muri bimwe mu bikorwa birimo kurwanya isuri kugira ngo imyuzure idatwara imyaka y’abaturage, kuhira no gutanga amakuru ku iteganyagihe”.

Biteganyijwe ko urwego rw’abikorera ruzagira uruhare muri iyi gahunda, aho ruzashoramo miliyari 420 z’amafaranga y’u Rwanda, mu bijyanye n’ifumbire, imbuto, guhinga ndetse no gufata neza umusaruro.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine

Amafoto: Primature

2018-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017
Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019
BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA
Amakuru

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA

Ubwanditsi 04 Oct 2024
Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0
Amakuru

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Ubwanditsi 16 Feb 2022
Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda
ITOHOZA

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru