• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 24 Aug 2016 Mu Rwanda


Liberat Mfumukeko ni Umurundi akabari nawe umunyamabanga mukuru wa EAC ariko uko bigaragara n’uko bitazamworohera gutunganya neza inshingano ze kubera Perezida Petero Nkurunziza.

Mfumukeko yagizwe umunyamabanga mukuru wa EAC, Werurwe uyu mwaka, asimbuye kuri uwo mwanya Umunyarwanda Richard Sezibera. Ubusanzwe ushinzwe ayo mabanga aba ntaho aba agihuriye n’igihugu cye uretse gusa yuko agikomokamo kikaba cyaranamutanzeho kandidatire, naho mu mikorere aba ari umuntu w’ibihugu byose bigize EAC.

Perezida Nkurunziza yatangiye kuvangira Mfumukeko akimara gutangira ubwo buyobozi bukuru muri EAC, amugira ambasaderi we udasanzwe. Kuva icyo gihe benshi batangiye kwibaza ukuntu Mfumukeko azashobora kubangikanya iyo mirimo ye, isaba kutobogama, muri EAC no kuba ambasaderi udasanzwe wa Petero Nkurunziza kandi bisanzwe bizwi yuko Bujumbura ibangamira imikorere myiza ya EAC !

Ukuntu Nkurunziza abangamira imikoranire myiza y’ibihugu bigize EAC ntabwo ari ibyo gushakishiriza kure. Mbere yuko vuba aha Sudan y’ep’o yinjizwa muri EAC uwo muryango wari ugizwe n’ibihugu bitanu. Muri ibyo, u Rwanda, Kenya na Uganda harakoreshwa indangamuntu iyo abaturage bavuye mu gihugu kimwe bajya mu kindi.

Tanzania ya Jakaya Mrisho Kikwete n’u Burundi bwa Petero Nkuru Nziza byo byanze uwo mushinga, kujya cyngwa kuva muri ibyo bihugu bikaba bigisaba inzandiko z’inzira. Nubwo n’imitekerereze ya Kikwete nayo nta bwenge bwinshi buyirimo ariko nibura we yari afite icyo avuga. Yavugaga yuko Tanzania ari igihugu kinini, ngo hatabayeho ikintu cyo gukumira abimukira ubutaka bwa Tanzania bwakwiturirwa n’abimukira kuva mu bindi bihugu bigize EAC ! Nkurunziza nawe se yarakumiraga ngo ubutaka bw’u Burundi butamarwa n’abandi ?

Uko Nkurunziza akora nabi mu gihugu cye ashaka kuba ari nako akora no muri EAC, atabanje gutekereza yuko abandi babibona yuko yica amategeko agenga umuryango. Muri Mata umwaka ushize u Burundi bwinjiye mu imvururu, nan’ubu zigikomeje. Kuva icyo gihe Nkurunziza yatangiye guhiga abarwanya ubutegetsi be imbaga y’abantu ihunga ubwicanyi, abenshi bakaba bari muri ibi bihugu bigize EAC.

Muri uko guhiga umwanzi, mu kwa 11 umwaka ushize ubutegetsi bwa Nkurunziza bwandikiye inteko nshingamategeko ya EAC (EALA) buyibwira yuko bwahagaritse bane mu badepite b’u Burundi bari bayigize. Abo bazizwaga yuko bagaragaje kutemera manda ya gatatu ya Nkurunziza ari nayo yatumye ubwicanyi butangira muri icyo gihugu. Kuko ihagarikwa ry’abo badepote ryari rinyuranyije n’amategeko agenga umuryango, EALA yarabyanze abo badeote bakomeza imirimo yabo.

-3794.jpg

Liberat Mfumukeko

-3793.jpg

Ubu ikibazo kiriho ni icy’ubutegetsi mu Burundi guhagarika urujya n’uruza rw’abantu hagati yabwo n’u Rwanda. Ibi na none bikaba byica amategeko agenga EAC, ejo abadepite muri EALA baba baratangiye kubyigaho ariko bakanasaba inama y’abaminisitiri ba EAC no kuziga ku mikorere ya wa mwambasaderi udasanzwe wa Nkurunziza, Liberat Mfumukeko bavuga ko idahwitse !

Kayumba Casmiry

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Kigali: Uwarokotse Jenoside yagabweho igitero banamusigira ubutumwa bwamuteye ubwoba

Ubwanditsi 08 Apr 2019
‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2017
I Bujumbura imyigaragambyo ikomeye yabyukiye k’umuryango  yamagana ibiganiro bibera Arusha

I Bujumbura imyigaragambyo ikomeye yabyukiye k’umuryango yamagana ibiganiro bibera Arusha

Ubwanditsi 18 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuri uyu wa Kabiri  muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo  wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya
ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu
Mu Rwanda

Army Week : Abantu barenga ibihumbi 60 bamaze kuvurwa ku buntu

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Minisitiri Mushikiwabo yakuye  igihu ku bivugwa ku kibazo cya Ambasaderi Richard Gasana
ITOHOZA

Minisitiri Mushikiwabo yakuye igihu ku bivugwa ku kibazo cya Ambasaderi Richard Gasana

Ubwanditsi 08 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru