• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ntibizorohera Mfumukeko kuyobora EAC kubera Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 24 Aug 2016 Mu Rwanda


Liberat Mfumukeko ni Umurundi akabari nawe umunyamabanga mukuru wa EAC ariko uko bigaragara n’uko bitazamworohera gutunganya neza inshingano ze kubera Perezida Petero Nkurunziza.

Mfumukeko yagizwe umunyamabanga mukuru wa EAC, Werurwe uyu mwaka, asimbuye kuri uwo mwanya Umunyarwanda Richard Sezibera. Ubusanzwe ushinzwe ayo mabanga aba ntaho aba agihuriye n’igihugu cye uretse gusa yuko agikomokamo kikaba cyaranamutanzeho kandidatire, naho mu mikorere aba ari umuntu w’ibihugu byose bigize EAC.

Perezida Nkurunziza yatangiye kuvangira Mfumukeko akimara gutangira ubwo buyobozi bukuru muri EAC, amugira ambasaderi we udasanzwe. Kuva icyo gihe benshi batangiye kwibaza ukuntu Mfumukeko azashobora kubangikanya iyo mirimo ye, isaba kutobogama, muri EAC no kuba ambasaderi udasanzwe wa Petero Nkurunziza kandi bisanzwe bizwi yuko Bujumbura ibangamira imikorere myiza ya EAC !

Ukuntu Nkurunziza abangamira imikoranire myiza y’ibihugu bigize EAC ntabwo ari ibyo gushakishiriza kure. Mbere yuko vuba aha Sudan y’ep’o yinjizwa muri EAC uwo muryango wari ugizwe n’ibihugu bitanu. Muri ibyo, u Rwanda, Kenya na Uganda harakoreshwa indangamuntu iyo abaturage bavuye mu gihugu kimwe bajya mu kindi.

Tanzania ya Jakaya Mrisho Kikwete n’u Burundi bwa Petero Nkuru Nziza byo byanze uwo mushinga, kujya cyngwa kuva muri ibyo bihugu bikaba bigisaba inzandiko z’inzira. Nubwo n’imitekerereze ya Kikwete nayo nta bwenge bwinshi buyirimo ariko nibura we yari afite icyo avuga. Yavugaga yuko Tanzania ari igihugu kinini, ngo hatabayeho ikintu cyo gukumira abimukira ubutaka bwa Tanzania bwakwiturirwa n’abimukira kuva mu bindi bihugu bigize EAC ! Nkurunziza nawe se yarakumiraga ngo ubutaka bw’u Burundi butamarwa n’abandi ?

Uko Nkurunziza akora nabi mu gihugu cye ashaka kuba ari nako akora no muri EAC, atabanje gutekereza yuko abandi babibona yuko yica amategeko agenga umuryango. Muri Mata umwaka ushize u Burundi bwinjiye mu imvururu, nan’ubu zigikomeje. Kuva icyo gihe Nkurunziza yatangiye guhiga abarwanya ubutegetsi be imbaga y’abantu ihunga ubwicanyi, abenshi bakaba bari muri ibi bihugu bigize EAC.

Muri uko guhiga umwanzi, mu kwa 11 umwaka ushize ubutegetsi bwa Nkurunziza bwandikiye inteko nshingamategeko ya EAC (EALA) buyibwira yuko bwahagaritse bane mu badepite b’u Burundi bari bayigize. Abo bazizwaga yuko bagaragaje kutemera manda ya gatatu ya Nkurunziza ari nayo yatumye ubwicanyi butangira muri icyo gihugu. Kuko ihagarikwa ry’abo badepote ryari rinyuranyije n’amategeko agenga umuryango, EALA yarabyanze abo badeote bakomeza imirimo yabo.

-3794.jpg

Liberat Mfumukeko

-3793.jpg

Ubu ikibazo kiriho ni icy’ubutegetsi mu Burundi guhagarika urujya n’uruza rw’abantu hagati yabwo n’u Rwanda. Ibi na none bikaba byica amategeko agenga EAC, ejo abadepite muri EALA baba baratangiye kubyigaho ariko bakanasaba inama y’abaminisitiri ba EAC no kuziga ku mikorere ya wa mwambasaderi udasanzwe wa Nkurunziza, Liberat Mfumukeko bavuga ko idahwitse !

Kayumba Casmiry

2016-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Ubwanditsi 09 Jan 2022
Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubutumwa nageneye Interahamwe yashatse gutera ubwoba Jay Squeezer kuri Telephone 

Ubwanditsi 12 May 2022
APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.
Mu Rwanda

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere
Mu Mahanga

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 03 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru