• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Ubwanditsi 10 Nov 2017 UBUKUNGU

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), John Rwangombwa, yavuze ko kwishyurana mu ikoranabuhanga aho guhererekanya amafaranga mu ntoki, bizatuma ubukungu bwihuta kandi amafaranga atakara mu bucuruzi nayo akagabanyuka cyane.

Yavuze ko kwishyurana mu ikoranabuhanga harimo inyungu nini mu kwihutisha ubucuruzi no kuzamura ubukungu muri rusange, kuko bituma amafaranga agera ku bantu benshi kandi mu gihe gito cyane kurusha guhererekanya amafaranga mu ntoki.

Mu kiganiro na RBA, Guverineri Rwangombwa yasobanuye ko uretse n’ibyo, BNR ikoresha amafaranga menshi ku mwaka mu gutumiza amafaranga (cash) mashya mu mahanga kugira ngo akoreshwe mu gihugu.

Yagize ati “Ni miliyari 2 Frw tugura za mpapuro z’amafaranga tuzana ariko no kuyajyana kuyageza mu mabanki, amabanki kuzayageza mu mashami yayo, ya mashami yayo kujya kuyageza ku bantu, ni amafaranga menshi cyane akoreshwa kugira ngo ayo mafaranga ashobore kugera ku bantu benshi.”

“Dukoresheje ikoranabuhanga rero, ibyo byose, ayo mafaranga atakarira muri ibyo yagombye gukora ibindi biteza imbere igihugu, biteza imbere n’abantu muri rusange.”

Guverineri Rwangombwa yavuze ko uko imyaka ishira ariko abantu bagenda babisobanukirwa, kuko nko mu 2011 hahererekanyijwe miliyari 5 Frw gusa hakoreshejwe ukwishyurana mu ikoranabuhanga, ariko muri uyu mwaka ngo zigeze kuri kuri miliyari hafi 57 Frw.

Gusa ibyo bigendana n’uburyo butandukanye bwo kwishyurana bwagiye buvuka, aho kuba gusa guhererekanya amafaranga kuri telefoni mu bijyanye no kwishyurana.

Rwangombwa yakomeje agira ati “Ubu nshobora gufata telefoni yanjye nkajya kugura ibintu mu iduka, hari akantu baguha ushyiraho telefoni yawe ikagafotora, warangiza gushyiramo umubare w’ibanga ukaba wishyuye ibintu wari ukeneye kwishyura.”

“Cya gikorwa ukoze kigakura amafaranga kuri konti yawe muri banki, kikayashyira kuri konti y’umucuruzi wagiyeho kugura ibintu.”

Mu iterambere ry’ubu buryo bwo kwishyurana hagaragaramo imbogamizi zirimo ko iyo umucuruzi utamuhereje amafaranga ngo ayibikire aba nta cyizere afite ko yishyuwe, cyangwa umuntu utabitse amafaranga mu mufuka we akumva nta mahoro afite.

Kugira ngo ubwo buryo bukoreshwe cyane ngo bisaba ko ahantu hatangirwa serivisi haboneka uburyo bwo kwishyurwa mu ikoranabuhanga, niba ari nk’amaduka akaba afite ibyuma bifasha mu kwishyura ukoresheje ikarita.

U Rwanda rukomeje kwimakaza uburyo bwo kwishyurana hatabayeho gukoresha amafaranga mu ntoki uretse no mu bucuruzi busanzwe, kuko no mu ngendo, ubasha kwishyura urugendo rw’imodoka ukoresheje ikarita, kimwe n’ikoranabuhanga rifasha mu kwishyura moto.

2017-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Ubwanditsi 26 Jun 2019
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Ubwanditsi 03 Jan 2018
Police FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports mu makipe yiyongereye amahirwe yo kurenga 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

Police FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports mu makipe yiyongereye amahirwe yo kurenga 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 02 Mar 2023
CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye
IMIKINO

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru