• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Ubwanditsi 10 Nov 2017 UBUKUNGU

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), John Rwangombwa, yavuze ko kwishyurana mu ikoranabuhanga aho guhererekanya amafaranga mu ntoki, bizatuma ubukungu bwihuta kandi amafaranga atakara mu bucuruzi nayo akagabanyuka cyane.

Yavuze ko kwishyurana mu ikoranabuhanga harimo inyungu nini mu kwihutisha ubucuruzi no kuzamura ubukungu muri rusange, kuko bituma amafaranga agera ku bantu benshi kandi mu gihe gito cyane kurusha guhererekanya amafaranga mu ntoki.

Mu kiganiro na RBA, Guverineri Rwangombwa yasobanuye ko uretse n’ibyo, BNR ikoresha amafaranga menshi ku mwaka mu gutumiza amafaranga (cash) mashya mu mahanga kugira ngo akoreshwe mu gihugu.

Yagize ati “Ni miliyari 2 Frw tugura za mpapuro z’amafaranga tuzana ariko no kuyajyana kuyageza mu mabanki, amabanki kuzayageza mu mashami yayo, ya mashami yayo kujya kuyageza ku bantu, ni amafaranga menshi cyane akoreshwa kugira ngo ayo mafaranga ashobore kugera ku bantu benshi.”

“Dukoresheje ikoranabuhanga rero, ibyo byose, ayo mafaranga atakarira muri ibyo yagombye gukora ibindi biteza imbere igihugu, biteza imbere n’abantu muri rusange.”

Guverineri Rwangombwa yavuze ko uko imyaka ishira ariko abantu bagenda babisobanukirwa, kuko nko mu 2011 hahererekanyijwe miliyari 5 Frw gusa hakoreshejwe ukwishyurana mu ikoranabuhanga, ariko muri uyu mwaka ngo zigeze kuri kuri miliyari hafi 57 Frw.

Gusa ibyo bigendana n’uburyo butandukanye bwo kwishyurana bwagiye buvuka, aho kuba gusa guhererekanya amafaranga kuri telefoni mu bijyanye no kwishyurana.

Rwangombwa yakomeje agira ati “Ubu nshobora gufata telefoni yanjye nkajya kugura ibintu mu iduka, hari akantu baguha ushyiraho telefoni yawe ikagafotora, warangiza gushyiramo umubare w’ibanga ukaba wishyuye ibintu wari ukeneye kwishyura.”

“Cya gikorwa ukoze kigakura amafaranga kuri konti yawe muri banki, kikayashyira kuri konti y’umucuruzi wagiyeho kugura ibintu.”

Mu iterambere ry’ubu buryo bwo kwishyurana hagaragaramo imbogamizi zirimo ko iyo umucuruzi utamuhereje amafaranga ngo ayibikire aba nta cyizere afite ko yishyuwe, cyangwa umuntu utabitse amafaranga mu mufuka we akumva nta mahoro afite.

Kugira ngo ubwo buryo bukoreshwe cyane ngo bisaba ko ahantu hatangirwa serivisi haboneka uburyo bwo kwishyurwa mu ikoranabuhanga, niba ari nk’amaduka akaba afite ibyuma bifasha mu kwishyura ukoresheje ikarita.

U Rwanda rukomeje kwimakaza uburyo bwo kwishyurana hatabayeho gukoresha amafaranga mu ntoki uretse no mu bucuruzi busanzwe, kuko no mu ngendo, ubasha kwishyura urugendo rw’imodoka ukoresheje ikarita, kimwe n’ikoranabuhanga rifasha mu kwishyura moto.

2017-11-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye  kwakira Perezida Kagame

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye kwakira Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Ubwanditsi 09 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana
Amakuru

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Ubwanditsi 09 May 2022
Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi
SHOWBIZ

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize
Amakuru

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Ubwanditsi 23 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru