• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017 UBUKUNGU

Ku munsi wa kabiri w’ Inama Mpuzamahanga yiga ku ubukungu ibera i Davos, Perezida Kagame yatanze ikiganiro hamwe na Oluyemi Osinbajo, Visi Perezida wa Nijeriya, Phuthuma Nhleko, Umuyobozi mukuru wa MTN na Siyabonga Gama uyobora Transnet; ikiganiro cyavugaga ku “Ukubaka Afurika”, cyanyuze mu kiganiro-mpaka cya Televiziyo CNBC, cyayobowe n’ushinzwe ibiganiro Bronwyn Nielsen.

Ku bireba kubaka igihugu, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda biyemeje gukora uko bashoboye kose ngo bahindure amateka yaranze igihugu cyabo .

Yagize ati:” Ugomba gushyiraho amategeko n’amabwiriza ariko cyane cyane, ugomba kuyubahiriza. Ugomba kugira icyerekezo kandi uwo murongo ngenderwaho wihaye ukawubahiriza mu byo ukora byose. Nta nzira ya bugufi ihari. Kugera ku byo dushaka ni umusaruro w’uko guhindura imyumvire twiyemeje kandi bigomba kugaragazwa n’ibikorwa”.

Ubwo yavugaga ku buhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika, Perezida Kagame yibukije ko imvugo ikwiye kuba ingiro mu bayobora uyu mugabane, bakaba ubwabo umusemburo w’iyo mpinduka.

Yagize ati: “ Duhora tuvuga ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika, tunagaragaza uko bigoye gukura ibicuruzwa mu gihugu kimwe tubijyana mu kindi, ariko ntagikorwa ngo bihinduke. Usanga harimo kuvuguruzanya hagati y’ibyo tuvuga kandi tuzi ko bikenewe ariko ntitubikore. Mbahye urugero, imirimo yo kubaka imwe mu nyubako nini duheruka gutaha ku mugaragaro mu Rwanda yakozwe n’abubatsi baturutse mu Rwanda, Kenya na Zimbabwe- ibi byanteye ishema nk’Umunyafurika. Iyo tuvuga kugira ubumenyi n’ubumenyingiro, hari Abanyafurika benshi bashobora gukora byinshi ariko tugomba kubaha ayo mahirwe yo kutwereka ibyo bashoboye. Hari ikiri gukorwa hirya no hino muri Afurika, ariko dukwiye kongera umuhate tukagera kubyo tutarashobora gukora”.

Perezida Kagame yanavuze ko niba Abayobozi muri Afurika berekeje umutima ku byo bakora, mu myaka 15 iri imbere Afurika ntiyaba ifite ibibazo nk’ibyo ifite ubu.

-5433.jpg

Perezida Kagame yavuze ko Abanayfurika bashoboye, igisabwa ari ukubaha urubuga rwo kubigaragaza

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Ubwanditsi 24 Mar 2018
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Ubwanditsi 30 May 2019
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’
Mu Mahanga

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Ubwanditsi 03 May 2018
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa
Mu Mahanga

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016
KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1
Mu Rwanda

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru