• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020 UBUKUNGU

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko inama izahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’ibihugu bikoresha Icyongereza, CHOGM, yitezwemo amasezerano y’ubucuruzi ya miliyoni $700, akangurira abikorera kubyaza umusaruro iyi nama n’abashoramari bazayitabira.

Inama ya CHOGM yitezwe kubera mu Rwanda muri Kamena 2020, hagati ya tariki 22-27. Kuri uyu wa Gatanu nibwo habaye inama yahuje RDB n’abikorera, harebwa uruhare bagira mu myiteguro y’iyi nama.

Akamanzi yavuze ko mu masezerano byitezwe ko azatangazwa muri CHOGM, hari ajyanye n’Ikigo Mpuzamahanga cy’i Kigali gishinzwe Ibikorwa by’Ubucuruzi n’Imari (KIFC), kuko hari inama u Rwanda rurimo gukorana n’abantu ngo babe bakwinjira muri iki kigo kizaba kirimo amafaranga y’abantu batandukanye.

Yakomeje ati “Hari ikigo twashyizeho nka Leta cyitwa Rwanda Finance kugira ngo kidufashe kumenyekanisha u Rwanda nk’igicumbi mpuzamahanga, aho imari cyangwa ibigega bitandukanye bishobora kuza mu gihugu cyacu bigacuruza amafaranga, hari abo turimo kuganira nabo bakaba baza muri KIFC tukazabitangaza mu gihe cya CHOGM.”

“Hari abashaka kujya mu bwubatsi, hari imishinga ikomeye turimo gukorana nabo ariko hari n’ibijyanye n’imikino n’imyidagaduro turimo gukorana nabo, byose twifuza ko tubirangiza mu gihe cya CHOGM.”

Akamanzi yasabye abikorera kwiyandikisha mu bazitabira CHOGM banyuze mu bunyamabanga bwayo bwashyizweho bukorera ahazwi nka Camp Kigali, bakazabasha kuganira n’ibindi bigo bizayitabira hagamijwe kubaka imikoranire.

Yakomeje ati “Biragusaba gukora cyane, utangire kwitegura ureba ibyo ukeneye ku rwego rwawe. Icyo twe tuzagukorera, ni uko tugiye kuzana abantu 7000 mu gihugu kandi bafite amafaranga yo gutanga, bakora ubucuruzi. Byaza umusaruro ayo mahirwe.”

“Hari uburyo busanzwe muzabonamo inyungu nko kubaha aho barara, ibyo bazarya, abantu 7000 mu cyumweru cyose bazakenera amafunguro menshi, ni amahirwe yo kuyagemura aho bazaba bari haba muri restaurant, amahoteli, ubwo ni uburyo bugaragara. Ariko ikindi kireba umuntu ku giti cye. Ni iki ashaka kugeraho, cyangwa unaze iwacu uvuge uti ‘mumfashe ndebe mu bantu bazaza, nkeneye umuntu wamfasha muri ibi’, abantu bacu mu bunyamabanga biteguye kugufasha.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera, Robert Bapfakurera, yasabye Abanyarwanda kwitega inyungu muri CHOGM, ariko bakagaragaza ubunyangamugayo ngo hato umuntu atazazigama hoteli azararamo, kubera ko yageze mu Rwanda nta handi afite ho kurara, yahagera nyiri hoteli akamuzamuriraho ibiciro.

Yakomeje ati “Abantu bakwiye gukora bakunguka muri iyi nama, ariko nanone bagasiga izina ryiza mu Rwanda.”

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwitabira CHOGM ariko, hari icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira Isi, ku buryo inama nini zikomeje gusubikwa kimwe n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi.

Akamanzi yavuze ko bahisemo gukomeza imyiteguro, ariko banakurikiranira hafi uko iki cyorezo gihagaze, icyemezo cya nyuma kikazafatwa hagati muri Mata nyuma yo gusesengura uburemere bw’icyo cyorezo.

Rwiyemezamirimo Zulfat Mukarubega, yavuze ko aya ari amahirwe akomeye ku bikorera, ariko hanakenewe ko n’abandi bazatanga serivisi muri iyi nama nk’abatwara bagenzi baba abamotari cyangwa taxi, baganirizwa bakamenya uko bazafata abashyitsi, bakanabasha kugaragaza isura nyayo y’igihugu.

Umuyobozi w’Ubunyamabanga burimo gutegura inama ya Commonwealth, Alphonsine Mirembe, yijeje ko inzego bireba zizahugurwa mu gihe gito kiri imbere, ku buryo imyiteguro ikomeje kugenda neza

Ati “Coronavirus nitatuvangira, twiteguye ko tuzaba twiteguye neza.”

Akamanzi yanavuze ko hari gahunda yateguwe yo kwigisha abantu batandukanye uburyo bashyikirana n’umuntu bashaka guha serivisi mu Cyongereza.

Src: IGIHE

2020-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Ubwanditsi 14 Jan 2020
Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2019
Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Dec 2019
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire
Mu Rwanda

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018
Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?
Amakuru

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Ubwanditsi 18 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru