• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020 UBUKUNGU

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko inama izahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’ibihugu bikoresha Icyongereza, CHOGM, yitezwemo amasezerano y’ubucuruzi ya miliyoni $700, akangurira abikorera kubyaza umusaruro iyi nama n’abashoramari bazayitabira.

Inama ya CHOGM yitezwe kubera mu Rwanda muri Kamena 2020, hagati ya tariki 22-27. Kuri uyu wa Gatanu nibwo habaye inama yahuje RDB n’abikorera, harebwa uruhare bagira mu myiteguro y’iyi nama.

Akamanzi yavuze ko mu masezerano byitezwe ko azatangazwa muri CHOGM, hari ajyanye n’Ikigo Mpuzamahanga cy’i Kigali gishinzwe Ibikorwa by’Ubucuruzi n’Imari (KIFC), kuko hari inama u Rwanda rurimo gukorana n’abantu ngo babe bakwinjira muri iki kigo kizaba kirimo amafaranga y’abantu batandukanye.

Yakomeje ati “Hari ikigo twashyizeho nka Leta cyitwa Rwanda Finance kugira ngo kidufashe kumenyekanisha u Rwanda nk’igicumbi mpuzamahanga, aho imari cyangwa ibigega bitandukanye bishobora kuza mu gihugu cyacu bigacuruza amafaranga, hari abo turimo kuganira nabo bakaba baza muri KIFC tukazabitangaza mu gihe cya CHOGM.”

“Hari abashaka kujya mu bwubatsi, hari imishinga ikomeye turimo gukorana nabo ariko hari n’ibijyanye n’imikino n’imyidagaduro turimo gukorana nabo, byose twifuza ko tubirangiza mu gihe cya CHOGM.”

Akamanzi yasabye abikorera kwiyandikisha mu bazitabira CHOGM banyuze mu bunyamabanga bwayo bwashyizweho bukorera ahazwi nka Camp Kigali, bakazabasha kuganira n’ibindi bigo bizayitabira hagamijwe kubaka imikoranire.

Yakomeje ati “Biragusaba gukora cyane, utangire kwitegura ureba ibyo ukeneye ku rwego rwawe. Icyo twe tuzagukorera, ni uko tugiye kuzana abantu 7000 mu gihugu kandi bafite amafaranga yo gutanga, bakora ubucuruzi. Byaza umusaruro ayo mahirwe.”

“Hari uburyo busanzwe muzabonamo inyungu nko kubaha aho barara, ibyo bazarya, abantu 7000 mu cyumweru cyose bazakenera amafunguro menshi, ni amahirwe yo kuyagemura aho bazaba bari haba muri restaurant, amahoteli, ubwo ni uburyo bugaragara. Ariko ikindi kireba umuntu ku giti cye. Ni iki ashaka kugeraho, cyangwa unaze iwacu uvuge uti ‘mumfashe ndebe mu bantu bazaza, nkeneye umuntu wamfasha muri ibi’, abantu bacu mu bunyamabanga biteguye kugufasha.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera, Robert Bapfakurera, yasabye Abanyarwanda kwitega inyungu muri CHOGM, ariko bakagaragaza ubunyangamugayo ngo hato umuntu atazazigama hoteli azararamo, kubera ko yageze mu Rwanda nta handi afite ho kurara, yahagera nyiri hoteli akamuzamuriraho ibiciro.

Yakomeje ati “Abantu bakwiye gukora bakunguka muri iyi nama, ariko nanone bagasiga izina ryiza mu Rwanda.”

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwitabira CHOGM ariko, hari icyorezo cya Coronavirus gikomeje kwibasira Isi, ku buryo inama nini zikomeje gusubikwa kimwe n’ibindi bikorwa bihuza abantu benshi.

Akamanzi yavuze ko bahisemo gukomeza imyiteguro, ariko banakurikiranira hafi uko iki cyorezo gihagaze, icyemezo cya nyuma kikazafatwa hagati muri Mata nyuma yo gusesengura uburemere bw’icyo cyorezo.

Rwiyemezamirimo Zulfat Mukarubega, yavuze ko aya ari amahirwe akomeye ku bikorera, ariko hanakenewe ko n’abandi bazatanga serivisi muri iyi nama nk’abatwara bagenzi baba abamotari cyangwa taxi, baganirizwa bakamenya uko bazafata abashyitsi, bakanabasha kugaragaza isura nyayo y’igihugu.

Umuyobozi w’Ubunyamabanga burimo gutegura inama ya Commonwealth, Alphonsine Mirembe, yijeje ko inzego bireba zizahugurwa mu gihe gito kiri imbere, ku buryo imyiteguro ikomeje kugenda neza

Ati “Coronavirus nitatuvangira, twiteguye ko tuzaba twiteguye neza.”

Akamanzi yanavuze ko hari gahunda yateguwe yo kwigisha abantu batandukanye uburyo bashyikirana n’umuntu bashaka guha serivisi mu Cyongereza.

Src: IGIHE

2020-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Amashanyarazi y’imirasire y’izuba yagejejwe mu mudugudu wa Buhara ho mu Bugesera

Ubwanditsi 25 May 2017
Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.
Amakuru

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana
Mu Rwanda

Rtd. CSP Gashagaza Hubert yitabye Imana

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?
HIRYA NO HINO

Indwara y’ubwandu bw’amaraso (Blood infection). Ese iteye ite? Yakwirindwa ite? Ivurwa ite?

Ubwanditsi 17 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru