• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Leta y’Afrika y’Epfo ifite nyungu ki mu gusuzugura Jenoside yakorewe Abatutsi?

Ubwanditsi 18 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki 10 Ukuboza 2024, ubwo yashyikirizaga raporo y’imikorere Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda(IRMCT), Bwana Serge Brammertz, yongeye gushinja Leta y’Afrika y’Epfo ubushake buke mu gushyikiriza urwo rwego Fulgence Kayishema, ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Leta ya Perezida Cyril Ramaphosa irafatwa n’iyima agaciro abahohotewe muri iyo Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe nyamara mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, yashyikirije ikirego Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC), gishinja igihugu cya Israel gukorera Abanyapalestina Jenoside mu ntara ya Gaza. Aha rero niho abasesenguzi basanga Ramaphosa afite indimi nyinshi mu byo yita” kurwanya jenoside”, nk”aho Abanyapalestina batava amaraso nk’ay’Abatutsi.

Umwanzuro wa Loni wo ku itariki 08 Ugushyingo 1994, ushyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’Arusha( ICTR), utegeka ibihugu byose bigize Umuryango w’Abibumbye, n’Afrika y’Epfo irimo, gukorana n’urwo rukiko kugirango abagize uruhare bose muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyikirizwe ubutabera. Ibyo byaje no gushimangirwa muw’2010, mu mwanzuro ushyiraho IRMCT.

Kuva muw’2020, Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT ntiyahwemye kuvuga ko Afrika y’Epfo itubahiriza izi nshingano, biza no gutuma icyo gihugu cyikura mu isoni, maze tariki 24 Gicurasi 2023, gita muri yombi Fulgence Kayishema wari umaze igihe yidegembya muri Afrika y’Epfo.

Nk’uko ingingo ya 60 mu mategeko agenga IRMCT ibisobanura, iyo umuntu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi afatiwe mu gihugu runaka, agomba guhita yoherezwa Arusha, muri gereza ya IRMCT. Iyi ngingo yashyizweho kugirango hatazagira igihugu cyitwaza ko nta tegeko gifite ricyemerera kohereza abo banyabyaha Arusha.

Mu rwego rwo gukwepa iyo ngingo, ubushinjacyaha muri Afrika y’Epfo bwahisemo gushinja Kayishema icyaha cyo “kunyuranya n’amategeko y’abinjira n’abasohoka muri Afrika y’Epfo”, bidafite aho bihuriye n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi IRMCT imukurikiranyeho.

Ibyo bihato rero byakomeje gutinza iyoherezwa rya ruharwa Kayishema mu butabera mpuzamahanga, none amezi arasaga 18 abategereje ko Kayishema aryozwa amaraso y’inzirakarengane yamennye, baraheze mu rungabangabo.

Ubwo ICTR yafungaga imiryango ariko hagashyirwaho Urwego rwa IRMCT ruzarangiza imirimo isigaye, yategetse ko abajenosideri bari bagishakishwa, barimo n’uyu Kayishema, abazafatwa nyuma ya 2010 bazajya boherezwa mu Rwanda. Kubera impamvu za politiki, hari ibihugu byanze kubohereza i Kigali, bituma muri Werurwe 2019 itegeko rivugururwa, ryemeza ko ahubwo bazajya bahita bajyanwa Arusha, nta kundi kugoragoza. Ibyo nabyo Afrika y’Epfo yarabyirwngagije, ikomeza gushyira imbere politiki yo kubangamira inyungu z’uRwanda n’Abanyarwanda.

Afrika y’Epfo, ubu iyobowe n’abirabura bamaze imyaka itabarika barakandamijwe na ba gashakabuhake. Ntibyumvikana rero uburyo abo birabura ari bo badaha agaciro akarengane karenze urugero Abatutsi bagiriwe, kugeza ubwo bakorewe Jenoside muw’1994.

Nk’aho ibyo bidahagije, ubu ingabo z’Afrika y’Epfo zoherejwe mu burasirazuba bwa Kongo, aho zifatanya n’igisirikari cya Leta ya Kongo n’indi mitwe y’abajenosideri nka FDLR, gutoteza Abatutsi b’Abanyekongo.

Amateka ashobora gutinda ariko agaca urubanza. Uyu munsi Ramaphosa n’ibyegera bye barumva amaraso y’Abatutsi nta gaciro afite, ariko ejo cyangwa ejobundi bashobora kuzabyicuza ntaho bakibigaruriye. Abafaransa baravuga ngo”Tout se paie ici bàs”, tugenekereje bikaba bivuze ko ingaruka z’ibikorwa byacu zitugeraho tukiri kuri iyi si.

Twigarukiye kuri Fulgence Kayishema, nk’uko impapuro za ICTR zo muw’2001 zisaba ko afatwa zibigaragaza, aregwa uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi mu yahoze ari Komini Kivumu(Kibuye), by’umwihariko abasaga 2.000 bahiritsweho kiliziya ya Nyange.

Fulgence Kayishema w’imyaka 64 y’amavuko, yari umugenzacyaha aho muri Kivumu, ubu habaye mu Karere ka Ngororero.

Aregwa ubufatanyacyaha n’abandi bicanyi benshi, barimo Padiri Athanase Seromba na Gaspard Kanyarukiga bo urukiko rw’Arusha rwamaze guhamya ibyaha runabakatira ibihano binyuranye.

Undi ni Col.Jean Marie Vianney Nzapfakumunsi nawe wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ahantu hanyuranye, by’umwihariko aho muri Kivumu, we akaba akidegembya mu Bufaransa.

2024-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 13 May 2016
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016
Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ubwanditsi 03 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018
UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene
UBUKUNGU

UNDP yahaye u Rwanda hafi miliyoni 900 Frw zo kwifashisha mu kurwanya ubukene

Ubwanditsi 21 Dec 2018
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza
UBUKUNGU

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru