• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye
Kale Kayihura - Angella Kayihura

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Gen Kale Kayihura wahoze akuriye igipolisi cya Uganda kuri ubu akaba afunzwe biravugwa ko ubuzima bwe butifashe neza aho afungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye nk’uko amakuru yizewe agera kuri Spyreports dukesha iyi nkuru avuga. Umuvugizi wa UPDF, Brig Richard Karemire we arahakana aya makuru.

Kayihura n’abahoze ari abapolisi be ba hafi bamaze iminsi batawe muri yombi n’igisirikare cya Uganda ku mpamvu na n’ubu zitarasobanuka neza.

Amakuru aturuka mu kigo cya gisirikare cya Makindye, aho Gen. Kayihura afungiye, akaba avuga ko kuva muri weekend ubuzima bwa kayihura bwatangiye guhinduka agatangira kuruka ndetse ngo hanabuze gato ngo yiture hasi mu cyumba cye.

Uwahaye iki kinyamakuru aya makuru yagize ati: “Gen Kayihura kuwa Gatandatu ninjoro yararutse n’umubiri we utangira kubyimba ubwo yari mu cyumba cye”, uyu yongeyeho ko Gen Kayihura yasabye kujyanwa mu ivuriro rya Case Clinic aho yari asanzwe yivuriza.

Gen Kayihura kandi ngo yananiwe kurya avuga ko yumva atameze neza.

Inkuru ikomeza ivuga ko abasirikare bashinzwe kumurinda aho afungiye bahamagaye abayobozi babo bakabamenyesha ubusabe bwe bwo kujya kwisuzumisha muri Case Clinic, ariko bikavugwa ko abayobozi banze ko Kayihura asohorwa bashimangira ko agomba kuvurirwa mu kigo aho afungiye.

“Niba Gen Kayihura arwaye, tuzahamagara abaganga babyigiye bavuye mu Bitaro bya Bombo baze bamugereho mu kigo cya Makindye, ntituzamwemerera ko asohorwa,” uwo ngo ni umwe mu bayobozi ba UPDF ufite ipeti rya General.

Igisirikare cyakomeje kivuga ko ari cyo gifite abaganga beza babyigiye mu gihugu, ariko amakuru agakomeza avuga ko kugeza kuwa mbere Gen Kayihura yari akinangira ku kuvurwa n’abaganga b’abasirikare.

Nubwo bivugwa gutyo, kuri uyu wa gatatu ushize ubwo umuvugizi w’igisirikare, Brig Richard karemire, yasabwaga kugira icyo avuga kuri aya makuru, yahakanye ko Gen Kayihura arwaye.

Ati: “Nta makuru nk’ayo y’uko Gen Kale kayihura arwaye mu kigo cya gisirikare cya Makindye.”

Yongeyeho ko nubwo yarwara yavurwa kuko ari uburenganzira bwe bwo kuvurwa.

Kuwa 13 kamena 2018 nibwo Gen Kayihura yatawe muri yombi n’igisirikare cya Uganda kimusanze ku ifamu ye iherereye ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde, abanza gucishwa ku buyobozi bukuru bw’ingabo ahitwa Mbuya ahavanwa ajyanwa gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye.

2018-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Ubwanditsi 27 Oct 2018
Amerika yabaye ikibuga abaterabwoba ba RNC bacuriramo umugambi wo guhungabanya u Rwanda

Amerika yabaye ikibuga abaterabwoba ba RNC bacuriramo umugambi wo guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 17 Jun 2019
Igisirikari cya Kongo cyabuze uko gisobanura uko umutwe wa M23 ukomeje kucyambura ibirindiro byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, gitangira gukwiza impuha ngo uwo mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Igisirikari cya Kongo cyabuze uko gisobanura uko umutwe wa M23 ukomeje kucyambura ibirindiro byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, gitangira gukwiza impuha ngo uwo mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Ubwanditsi 29 Mar 2022
Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Mar 2020

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 29, 20188:36 am -

    Ntabwo numva impamvu mwandika cyane kuri Kale Kayihura. Buri nkuru yanyu ya buri munsi aba arimo! Ni ukubera Iki?

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    June 29, 20182:41 pm -

    HEHEHE NARABABWIYE IMINSI YIGISAMBO NI 40 IBYITSO BYANYU INYENZI ZITANGIYE GUFATWA HAKURIKIYEHO KUMENA AMABANGA NIMWE MUTAHIWE!!! KOMEZE MUKURIKIRA AMAKURU YIBYITSO BYANYU ARIKO NTACYO MUHINDURA

    Subiza
    • Rutagengwa David
      July 5, 20186:48 am -

      Nihahandi hanyu ga mwanterahamwe mwe. Ntimuzapfa mugeze kumugambi wanyu mubisha wo kworeka u Rwanda. U Rwanda rufite amahoro ariko kubera inda nini yanyu murashak kudutera ibibazo ntabwo muzabishobora

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

New- RNC na RNC Ishaje :  Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

New- RNC na RNC Ishaje : Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yakanguriye abaturage kuba ijisho rya bagenzi babo

Ubwanditsi 26 Jan 2017

Shabalala na Shaiboub bayoboye abakinnyi bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Gashyantare muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru