• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye
Kale Kayihura - Angella Kayihura

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

Gen Kale Kayihura wahoze akuriye igipolisi cya Uganda kuri ubu akaba afunzwe biravugwa ko ubuzima bwe butifashe neza aho afungiye mu kigo cya gisirikare cya Makindye nk’uko amakuru yizewe agera kuri Spyreports dukesha iyi nkuru avuga. Umuvugizi wa UPDF, Brig Richard Karemire we arahakana aya makuru.

Kayihura n’abahoze ari abapolisi be ba hafi bamaze iminsi batawe muri yombi n’igisirikare cya Uganda ku mpamvu na n’ubu zitarasobanuka neza.

Amakuru aturuka mu kigo cya gisirikare cya Makindye, aho Gen. Kayihura afungiye, akaba avuga ko kuva muri weekend ubuzima bwa kayihura bwatangiye guhinduka agatangira kuruka ndetse ngo hanabuze gato ngo yiture hasi mu cyumba cye.

Uwahaye iki kinyamakuru aya makuru yagize ati: “Gen Kayihura kuwa Gatandatu ninjoro yararutse n’umubiri we utangira kubyimba ubwo yari mu cyumba cye”, uyu yongeyeho ko Gen Kayihura yasabye kujyanwa mu ivuriro rya Case Clinic aho yari asanzwe yivuriza.

Gen Kayihura kandi ngo yananiwe kurya avuga ko yumva atameze neza.

Inkuru ikomeza ivuga ko abasirikare bashinzwe kumurinda aho afungiye bahamagaye abayobozi babo bakabamenyesha ubusabe bwe bwo kujya kwisuzumisha muri Case Clinic, ariko bikavugwa ko abayobozi banze ko Kayihura asohorwa bashimangira ko agomba kuvurirwa mu kigo aho afungiye.

“Niba Gen Kayihura arwaye, tuzahamagara abaganga babyigiye bavuye mu Bitaro bya Bombo baze bamugereho mu kigo cya Makindye, ntituzamwemerera ko asohorwa,” uwo ngo ni umwe mu bayobozi ba UPDF ufite ipeti rya General.

Igisirikare cyakomeje kivuga ko ari cyo gifite abaganga beza babyigiye mu gihugu, ariko amakuru agakomeza avuga ko kugeza kuwa mbere Gen Kayihura yari akinangira ku kuvurwa n’abaganga b’abasirikare.

Nubwo bivugwa gutyo, kuri uyu wa gatatu ushize ubwo umuvugizi w’igisirikare, Brig Richard karemire, yasabwaga kugira icyo avuga kuri aya makuru, yahakanye ko Gen Kayihura arwaye.

Ati: “Nta makuru nk’ayo y’uko Gen Kale kayihura arwaye mu kigo cya gisirikare cya Makindye.”

Yongeyeho ko nubwo yarwara yavurwa kuko ari uburenganzira bwe bwo kuvurwa.

Kuwa 13 kamena 2018 nibwo Gen Kayihura yatawe muri yombi n’igisirikare cya Uganda kimusanze ku ifamu ye iherereye ahitwa Kashagama mu Karere ka Lyantonde, abanza gucishwa ku buyobozi bukuru bw’ingabo ahitwa Mbuya ahavanwa ajyanwa gufungirwa muri gereza ya gisirikare ya Makindye.

2018-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Abagande bakomeje gufatirwa ku mupaka bakora ubucuruzi butemewe

Ubwanditsi 02 Jul 2019
KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

Ubwanditsi 31 Mar 2019

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    June 29, 20188:36 am -

    Ntabwo numva impamvu mwandika cyane kuri Kale Kayihura. Buri nkuru yanyu ya buri munsi aba arimo! Ni ukubera Iki?

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    June 29, 20182:41 pm -

    HEHEHE NARABABWIYE IMINSI YIGISAMBO NI 40 IBYITSO BYANYU INYENZI ZITANGIYE GUFATWA HAKURIKIYEHO KUMENA AMABANGA NIMWE MUTAHIWE!!! KOMEZE MUKURIKIRA AMAKURU YIBYITSO BYANYU ARIKO NTACYO MUHINDURA

    Subiza
    • Rutagengwa David
      July 5, 20186:48 am -

      Nihahandi hanyu ga mwanterahamwe mwe. Ntimuzapfa mugeze kumugambi wanyu mubisha wo kworeka u Rwanda. U Rwanda rufite amahoro ariko kubera inda nini yanyu murashak kudutera ibibazo ntabwo muzabishobora

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iyumvire  uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta
SHOWBIZ

Iyumvire uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza
IMIKINO

Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 28 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru