• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubufaransa bwakoze nabi gutumira Barrow

Ubwanditsi 17 Jan 2017 POLITIKI

Mu cyumweru gishize Bamako muri Mali hateraniye inama ya 27 ihuza Ubufaransa na Afurika umuntu uherutse gutsinda amatora muri Gambia yayitumiwemo ariko Perezida uriho ntiyatumirwa.

Nta wagaya icyemezo cya Perezida w’u Bufaransa, Francois Hollande, na mugenzi we wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita, cyo gutumira uwatsinze amatora muri Gambia aho gutumira uwatsinzwe ngo byumvikane neza atabanje kugaragaza neza uko ikibazo giteye !

Amatora muri icyo gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika yabaye mu kwezi gushize, Adama Barrow wo muri opozisiyo atsinda Yahya Jammeh wari umaze imyaka 22 ku butegetsi.

-5414.jpg

Yahya Jammel

Nta muntu wari witeze yuko uyu mugabo, wabaye Perezida afite imyaka 29 akaba yaravugaga kuzategeka icyo gihugu imyaka miliyari, yakwemera gutsindwa amatora, kandi inzira zo kwiba amajwi zihari !

Perezida Jammeh nta majwi yibye. Komisiyo y’amatora muri icyo gihugu cya Gambia, yatangaje yuko Barrow yabonye amajwi 263,515 (45.5%) naho Jammeh akabona 212,099 ( 36.7%).

Perezida Jammeh gutsindwa amatora no kwemera yuko yayatsinzwe byatunguye benshi kuko byari bizwi yuko agomba kuziba amajwi nk’uko bivugwa yuko yabigize mu matora y’ubushize.

Ibi kandi byari bifite ishingiro. Mbere gato yuko amatora aba ubutegetsi bwa Jammeh bwanze yuko umuryango w’ibihugu by’ubulayi (EU) byakohereza indorerezi n’ibitangazamakuru byinshi mpuzamahanga byangirwa kuzahakandagiza akaguru.

Abantu bari biteze yuko Perezida Jammeh yagombaga kuziba amajwi baje gutungurwa n’itangazo yuko yatsinzwe ariko baza gutungurwa kurushaho no kumva uwo mugabo, wahoraga avuga yuko azategeka Gambia imyaka miliyari, akeza Barrow wamutsinze anamwizeza yuko nakenera ubufasha bwe azabikora ngo igihugu kimere neza !

-5415.jpg

Adama Barrow

Ibi byatumye benshi bashyira umutima mu gitereko yuko Gambia igiye guhumeka umwuka w’amahoro kuko ubutegetsi bugiye kuzajya buhererekanwa ku neza.

Hatarashira n’icyumweru ariko impungengenge mu baturage b’icyo gihugu zongeye kugaruka aho Perezida Yahya Jammeh avugiye yuko amatora agomba gusubirwamo ngo kuko yabaye mu buriganya, ibyayavuyemo bikaba ngo nta gaciro bifite !

Ibi bya Jammeh kwisubiraho akanga ibyavuye mu matora biteye impungenge cyane kuko bishobora gutuma igihugu kijya mu makuba ku mpamvu z’uko Barrow n’abamushyigikiye batakwemera yuko amatora bitsindiye yasubirwamo !

Abantu benshi bananirwa kwiyumvisha impamvu zaba zaratumye Yahya Jammeh mu minsi itarenze irindwi afata ibyemezo bibiri vivuguruzanya, icyo kwemera yuko yatsinzwe n’icyo kuvuga yuko amatora agomba gusubirwamo !

-5417.jpg

Perezida Francois Hollande

Uko mbibona n’uko mbere hari ukuntu Jammeh yari yizeye yuko ubutegetsi bushya butamukurikirana kubera ubunyamaswa yakomeje gukorera abatavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe. Ariko ubu Jammeh agomba kuba amaze kwemezwa n’abamuri hafi yuko arekuye ubutegetsi nta kuntu atakurikirwanwa kubera ibyo ashinjwa birimo kuba yaragaburiraga abantu ingona.

Amahanga,cyane ibihugu bituranyi na Gambia byahagurukiye Jammeh ngo arekure ubutegetsi, kugeza n’aho igihugu cya Nigeria kimwemereye ubuhungiro. Ibyo aribyo byose Jammeh aracyari Perezida wa repubulika ya Gambia kuko manda ye izarangira tariki 18 z’uku kwezi. Ni Yahya Jammel rero wagombaga gutumirwa muri iyo nama y’Ubufaransa na Afurika. Ntabwo hari gutumirwa Barrow kuko azatangira manda ye tariki 19 z’uku !

Kayumba Casmiry

2017-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika

Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 07 Jul 2017
Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 22 Dec 2018
USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana
Amakuru

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
Gilbert Mwenedata nawe yagejeje kandidatire kuri komisiyo y’amatora
POLITIKI

Gilbert Mwenedata nawe yagejeje kandidatire kuri komisiyo y’amatora

Ubwanditsi 12 Jun 2017
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye
Mu Mahanga

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru