• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»16 Kamena 1994, ​umunsi Abatutsi 2000 twakuwe muri st Paul n’Ingabo za RPF -Inkotanyi

16 Kamena 1994, ​umunsi Abatutsi 2000 twakuwe muri st Paul n’Ingabo za RPF -Inkotanyi

Ubwanditsi 21 Jun 2016 Mu Mahanga

Tariki ya 16 Kamena ni umunsi utazibagirana ku batutsi 2000 bari bahungiye muri Saint Paul i Kigali, ba​za ​gukurwa mu menyo ya rubamba​ mu gikorwa benshi bagereranya n’icyakozwe n’ingabo zidasanzwe za Isiraheri muri Uganda tariki 4 Nyakanga 1976​ kubwa Idi Amin Dada.

​Ku itariki ya 16 Kamena 1994 Inkotanyi zitwikiriye ijoro zituruka ku Gisozi zigana Saint Paul mu nzira itari nyabagendwa na mba kuko yari yuzuyemo za bariyeri zirinzwe n’Interahamwe ndetse n’Inzirabwoba. Umugambi wari ukurokora abantu 2000 bari barahungiye muri Saint Paul, kuko urupfu rwabageraga amajanja.

​Ubwo abasore b’Inkotanyi bagabaga iki gitero, hari hashize ibyumweru icyenda n’iminsi itandatu Jenoside itangiye, igihugu kiri gucura imiborogo, imirambo uyisanga hirya no hino mu mihanda no mu bihuru. Abari barahungiye muri Saint Paul hagati y’itariki ya 7 na 14 Mata, bagize amahirwe yo kuba hafi ya Padiri Celestin Hakizimana​ ​wabitangiye, abitaho mu buryo bwose bushoboka, umunsi ku munsi ashukisha Interahamwe amafaranga ngo zitinjira muri iki kigo.

​Padiri Celestin uherutse kugirwa​​ ​Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro​ yitwaye mu buryo ​b​u​tandukanye ​bikomeye ​n​a ​Padiri Wenceslas Munyeshyaka ​wari muri Paruwasi ya Sainte Famille​, we wahaye rugari Interahamwe zi​ki​ca abari bayihungiyemo.
​
​Padiri Celestin yari yaragize Saint Paul akarwa k’amahoro, gusa uko bwiraga, abahahungiye ntibabaga bizeye ko buza gucya kuko uko iminsi yahitaga indi igataha, ni ko Interahamwe zarushagaho gukaza umurego mu kureko imbaga, yewe n’ayo mafaranga bashukishwaga ntihashoboraga kuboneka ayo kubagabiza mu buryo buhoraho.

​Abageragezaga gusohoka muri Saint Paul, bageraga hanze bakicwa kuko Interahamwe zahoraga hafi aho zifite amalisiti yabo zigomba kwivugana.

​Inkotanyi zahagurutse ku Gisozi ​mu mugoroba wo ku itariki 16 Mata 1994 ahagana ​saa mbili, zigera kuri Saint Paul mu gicuku​.​

-3000.jpg

Umunyamakuru Burasa Jean Gualbert umwe mu barokowe n’Ingabo z’Inkotanyi muri st Paul

-2999.jpg

Ingabo za RPF-INKOTANYI

-2998.jpg

Gen. Charles Kayonga wari muri CND yagize uruhare rukomeye mu kubohora st Paul

-2996.jpg

Perezida Kagame n’Ingabo yari ayoboye ku Mulindi wa Byumba

-2997.jpg

Ingabo za RPF zimaze kubohoza umujyi wa Kigali, aho nimuri Quartie Mateus

Ibikorwa nyir’izina byo kurokora aba batutsi ​2000 ​byatangiye saa saba z’ijoro bigera saa kumi z’urukerera kuko bitari byoroshye dore ko abari bahungiye muri Saint Paul bari mu byumba bitatanye ndetse babanje gutinya ko ari Interahamwe zishaka kubica.

Inzira ​Inkotanyi​ zakoresheje ziba​rokora yaturutse ​Saint Paul​ ​bamanuka muri Rugenge​ bagera ​​Poids Lourds​, bambuka bagana ​Kacyiru​, banyura hafi ya ​UTEXRWA​ mbere yo guhinguka ​Kagugu​, nyuma berekeza ​Kabuye.​ Yari inzira ndende, igoranye, ariko umugambi w’Inkotanyi wo kurokora abo 2000 nta n’umwe uhasize ubuzima usohozwa amahoro.​

​Hari bamwe​ ​mu barokowe ​bakomere​keye muri urwo rugendo​ bajyanywe i Byumba bitabwaho mu gihe abandi bahungishijwe bajyanwa i Kabuga. Ni igikorwa cyakozwe n’abasirikare ​bake ariko baranzwe n’ubutwari bwo ku rwego rwo hejuru n’ubusanzwe bwarangaga Inkotanyi​.

Ku munsi wakurikiyeho, Interahamwe ziyobowe n​’uwari​ Perefe wa Kigali, Renzaho Tharcisse, zishe ​A​batutsi 100 bari bahungiye muri Paruwasi Sainte Famille mu kwihimura ku gikorwa cyo gutabara abari bahungiye muri Saint Paul.

Uwo munsi ni nabwo umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru, Rwanda Rushya, Andre Kameya yishwe ku itegeko rya Padiri Munyeshyaka
​ ubwe​.

-3001.jpg

Kameya Andreya wandikaga Ikinyamakuru RWANDA RUSHYA

​Irokorwa ry’abari bahungiye muri Saint Paul bagakurwa mu menyo ya rubamba, ni igikorwa gitanga ishusho ku butwari bw’Inkotanyi mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibikorwa kandi bisa n’iki, ariko byari ​bigamije kurokora imiryango runaka yabaga ihigwa hirya no hino mu gihugu byakozwe n’izi ngabo amanywa n’ijoro muri icyo gihe cy’icuraburindi ntibibarika.

-2995.jpg

Abahungiye muri Saint Paul iyo bwiraga ntibabaga bizeye ko buza gucya

2016-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Ubwanditsi 14 Mar 2025
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Ubwanditsi 23 Aug 2016
“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali
Amakuru

Umunya-Eritrea Nahom Araya yegukanye agace ka 6 ka Tour du Rwanda kavaga i Nyanza kagasorezwa i Kigali

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba
HIRYA NO HINO

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020
U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside
Mu Mahanga

U Bufaransa: Urukiko rwemeje kutazakurikirana Padiri Munyeshyaka ku ruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru