• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Ubwanditsi 06 Sep 2016 Mu Mahanga

Uwimana Jeannette ukomoka mu karere ka Rutsiro ari mu gahinda gakomeye nyuma yo gupfusha umwana mu kwezi yari amaze yangiwe gutaha ari mu Bitaro bya Gisenyi kubera kubura ubwishyu bw’ubwisungane mu kwivuza.

Uyu mubyeyi w’imyaka 20 y’amavuko yabwiye Imvaho Nshya ko amaze ukwezi mu cyumba cy’ababyyi (maternité), akaba ari na ho umwana yaguye bakiri kuko yimwe uburenganzira bwo kujya kumuvuza mu bavuzi ba gakondo atararangiza kwishyura amafaranga ya mituweli.

Uwimana wifishije umwana avuga ko mu bitaro ntawe yari afite umwitayeho usibye kugaburirwa n’abarwajije abandi ndets eanemeza ko atari we wa mbere wafungiwe kubura ubwishyu.

Uwishema Damarca ni umwe mu babyeyi bari muri maternité bahamya ko bazi iby’uyu mubyeyi bigaragara ko akiri muto.

Ati “Yatubwiye ko abaganga banze ko ajyana umwana kumuvuza mu bya kinyarwanda aho umwana we yavukanye uburwayi bwo kwika mu mutwe, bamwima umwana none kuri uyu munsi yamupfiriyeho bamwima uburenganzira bwo kujyana umurambo ngo awushingure mu cyubahiro.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi Dr Maj. Kanyankore William ntiyemeranya n’abavuga ko umurwayi yapfushije umwana nyuma yo kwangirwa gusohoka ngo amujyane kumuvuriza hanze.

Aragira ati “Yaje umwana yamurembeyeho ntabwo yarapfuye kuko twamufungiye mu bitaro; uwo mukobwa ni umwe mu baterwa inda zitateganyijwe, iwacu nta hantu dufungira bantu. Ikindi tugiye ikorana n’ubuyobozi bw’aho yaturutse turebe ko umwana yashyingurwa.”

Yakomeje asobanura ko abantu nk’aba badafite ubwishyu basanzwe bishyurirwa n’Akarere ndetse akaba ari yo mpamvu bitari gukunda ko umubyeyi afungiranwa mu bitaro.

-3971.jpg

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi yatangaje ko bagiye gukorana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro umwana agashyingurwa

Abarwaza n’abarwariye muri ibi bitaro bo bavuga ko hari n’abandi bagera kuri batanu bangiwe gutaha kubera kubura ubwishyu.

Source : Imvaho nshya

2016-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ubwanditsi 22 Jul 2016
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Ubwanditsi 25 Jun 2022
Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Ruswa ishingiye ku gitsina mu Rwanda, ihurizo rikomereye Umuvunyi Mukuru

Ruswa ishingiye ku gitsina mu Rwanda, ihurizo rikomereye Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 21 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  
Amakuru

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Myugariro w’umunyarwanda  Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus
Amakuru

Myugariro w’umunyarwanda Dylan Maes wakinaga muri Portugal yerekeje muri Cyprus

Ubwanditsi 03 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru