• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Ubwanditsi 16 Sep 2016 Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama iherereye mu karere ka Kirehe, zahawe ikiganiro na Polisi y’u Rwanda ku italiki ya 14 Nzeli, kikaba ari ikiganiro cyashishikarije izi mpunzi kwirinda ibiyobyabwenge, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina , icuruzwa ry’abantu, kubungabunga ibidukikije n’ibindi byaha , haba mu nkambi ndetse no hafi yaho.

Ni ikiganiro bahawe n’umuyobozi w’agashami gashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge mu ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda , Superintendent of Police (SP) Chrystophe Semuhungu, aherekejwe na Inspector of Police (IP) Christine Mukamazimpaka wo mu ishami rirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’abandi bapolisi, aho yabakanguriye kugira uruhare rugaragara mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kubera ingaruka mbi bigira cyane ku rubyiruko ari narwo ruhiganje.

SP Semuhungu yabahamagariye kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge maze abasobanurira ububi bwabyo n’ingaruka zabyo harimo urugomo, ubujura, ibyaha bikorerwa mu ngo, gucikiriza amashuri n’ibindi.

Yibukije abitabiriye inama bagera ku 3000 ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi ku buzima bw’ubinywa, umuryango ndetse n’igihugu bikaba bituma hakorwa ibindi byaha birimo ubujura, urugomo, ihohoterwa rishingiye kugitsina, gufata ku ngufu no gusambanya abana.

Yanabasabye guhanahana amakuru aho mu nkambi, arebana n’ikintu cyose cyahungabanya umutekano, cyane cyane kitaraba mu rwego rwo kubikumira.

Yasabye urubyiruko rw’impunzi, cyane cyane ab’igitsina gore kwirinda umuntu uwo ariwe wese wabashukisha impano cyangwa ababwira ko agiye kubashakira amashuri meza n’akazi hanze y’inkambi no mu bindi bihugu kuko baba bagamije kubashora mu busambanyi no kubakoresha imirimo y’ingufu iyo babagejeje mu mahanga.

Yagize ati:”Nubwo muri impunzi, birashoboka cyane ko mwakwirinda ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu rikunze kwibasira urubyiruko rwanyu rw’igitsina gore, kuko ababajyana ahanini nta kindi babajyanira uretse kubakoresha imirimo y’uburetwa no kubacuruza mu busambanyi, ntimukwiye rero gutinda gutanga amakuru ku nzego zibegereye na Polisi ku muntu wese mwakekaho ibikorwa nk’ibyo kandi iyo bimuhamye arahanwa.”

Impunzi z’Abarundi kandi zakanguriwe kurinda ibidukikije birinda ibikorwa byose bibyangiza aho yagize ati:”Iyo ibidukikije bibungabunzwe si ingirakamaro ku buzima bwacu gusa ahubwo ni n’ingirakamaro ku iterambere ry’igihugu muri rusange kandi kubibungabunga ni inshingano ya buri wese muri mwe.”

IP Mukamazimpaka abaganiriza ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, yabaganirije ku moko atandukanye yaryo, ingaruka yaryo n’uburyo ryakwirindwa, kandi bashishikarizwa gutanga amakuru ku ihohoterwa ryaboneka mu miryango y’impunzi, ko Polisi yiteguye gufasha uwahohoterwa wese, dore ko banegerejwe sitasiyo ya Polisi ku nkambi yabo.

Oreste Ntawigira, uhagarariye Minisiteri y’Ibiza no gucyura impunzi MIDIMAR , mu ijambo rye, yaboneyeho gusaba abatuye inkambi bose gushyira mu bikorwa inama zose bagiriwe na Polisi kugira ngo inkambi yabo icikemo ibyaha bishingiye ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge , ihohoterwa iryo ari ryo ryose, abasaba kurangwa n’isuku no kurengera ibidukikije kandi ashima uburyo inkambi yegerejwe Polisi ishobora kwita ku mutekano wo mu nkambi no hafi yayo.

Muri iyi nama kandi, impunzi zishimiye sitasiyo ya Polisi ngendanwa nayo yari yazanywe mu nkambi, aho zimwe zaboneyeho gutanga ibirego zari zimaranye iminsi, aho ibyinshi muri byo byakemutse.

-4071.jpg

-4072.jpg

Iyi nkambi yafunguwe ku italiki ya 22 Mata mu mwaka ushize, ikaba icumbikiye impunzi zisaga gato ibihumbi 50 z’Abarundi.

RNP

2016-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 26 Jan 2017
“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

“Igicumbi” cy’ abacumbagira mu mitekerereze gitandukaniye he n’icukiro ry’imyanda?

Ubwanditsi 02 Aug 2021
Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka
INKURU NYAMUKURU

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO
Amakuru

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI
Mu Mahanga

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

Ubwanditsi 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru