• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

Ubwanditsi 30 Nov 2016 ITOHOZA

Ihuriro ry’Abanyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu Bwongereza babangamiwe cyane n’uko abagize uruhare muri iyi Jenoside yatwaye ubuzima bw’abasaga miliyoni bacyidegembya muri iki gihugu.

Mu gihe kuri uyu wa mbere tarki 28 Ugushyingo, Urukiko rukuru ruburanisha ku koherezwa mu Rwanda batanu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, iri huriro rizwi nka Urumuri ryahaye Leta y’u Bwongereza umukoro wo guhitamo hagati yo kugaragaza niba iharanira ubutabera cyangwa itubwubahiriza ndetse ntinite ku masezerano mpuzamahanga bwasinye.

-4826.jpg

Dr Vincent Bajinya

Uwa mbere mu banyarwanda baburana kuri uyu wa mbere ni Dr. Vincent Bajinya Alias Brown usigaye atuye ahitwa Islington mu majyaruguru ya London. Akurikiranyweho kuba yari umwe mu bagize itsinda ry’abuyobozi bakuru b’igihugu ryateguye rikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane mu mihanda y’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Interahamwe.

-4825.jpg

Celestin Mutabaruka

Undi ni Pasiteri mu Itorero ry’Abapantekote Celestin Mutabaruka ubu utuye ahitwa Kent, akaba ashinjwa gukorana n’Interahamwe agategura akanaziyobora aho zisanga Abatutsi ibihumbi 20 barimo abagabo, abagore, n’abana. Abatangabuhamya bavuga ko bamwe muri aba batutsi bishwe urubozo.

-4827.jpg

Charles Munyaneza

Uwa gatatu ni Charles Munyaneza wahoze ari burugumesitiri wa Komine Kinyamakara yo muri Perefegitura ya Gikongoro atuye i Bedford akaba ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi mu duce tugize komini yari abereye umuyobozi. Ashinjwa kandi kugaba igitero ku batutsi bari hafi y’umugezi wa Mwogo, cyahitanye Abatutsi ibihumbi n’ibihumbi.

-4828.jpg

Mr. Emmanuel Nteziryayo

Hari kandi Mr. Emmanuel Nteziryayo wahoze ari burugumesitiri wa Komini Mudasomwa Perefegitura ya Gikongoro, akaba yari n’inshuti ya Munyaneza. Na we ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi bw’aho yari ayoboye.

Nteziryayo avugwaho uruhare rukomeye mu bwicanyi, anavugwaho kuba yarageze mu Bwongereza agahindura izina rye rikaba Emmanuel Nidikumana, aho yari yituriye Wythenshawe- Manchester ajijisha ko yashatse ubuhungiro aturutse mu Burundi.

-4829.jpg

Celestin Ugirashebuja

Uwa nyuma ni Celestin Ugirashebuja wari Burugumesitiri wa Komini Kigoma muri Perefegitura ya Gitarama, na we akaba ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa Jenoside muri komine yari ayoboye. Aho guhisha Abatutsi, Ugirashebuja avugwaho kuba yarabashutse akabakura mu bwihisho, maze agahita ategeka ko bicwa. Nyuma ya Jenoside yahungiye mu Bwongereza atura i Walton-on-the-Naze, Essex.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ihuriro Urumuri rigaragaza ko rihangayikishijwe no kuba urubanza rwo kohereza aba banyarwanda kuburanira aho bakoreye ibyaha rutarangira mu myaka 10 rumaze rutangiye.

2016-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Abo kwa Rwigara, Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi n’abo bareganwa  bagizwe abere

Abo kwa Rwigara, Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi n’abo bareganwa bagizwe abere

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Ubwanditsi 28 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Perezida Kagame avuye  munama  itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi
UBUKUNGU

Perezida Kagame avuye munama itumirwamo Abanyapolitike bavuga rikijyana ku Isi

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza
Amakuru

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru