• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

Ubwanditsi 30 Nov 2016 ITOHOZA

Ihuriro ry’Abanyarwanda barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu Bwongereza babangamiwe cyane n’uko abagize uruhare muri iyi Jenoside yatwaye ubuzima bw’abasaga miliyoni bacyidegembya muri iki gihugu.

Mu gihe kuri uyu wa mbere tarki 28 Ugushyingo, Urukiko rukuru ruburanisha ku koherezwa mu Rwanda batanu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, iri huriro rizwi nka Urumuri ryahaye Leta y’u Bwongereza umukoro wo guhitamo hagati yo kugaragaza niba iharanira ubutabera cyangwa itubwubahiriza ndetse ntinite ku masezerano mpuzamahanga bwasinye.

-4826.jpg

Dr Vincent Bajinya

Uwa mbere mu banyarwanda baburana kuri uyu wa mbere ni Dr. Vincent Bajinya Alias Brown usigaye atuye ahitwa Islington mu majyaruguru ya London. Akurikiranyweho kuba yari umwe mu bagize itsinda ry’abuyobozi bakuru b’igihugu ryateguye rikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane mu mihanda y’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Interahamwe.

-4825.jpg

Celestin Mutabaruka

Undi ni Pasiteri mu Itorero ry’Abapantekote Celestin Mutabaruka ubu utuye ahitwa Kent, akaba ashinjwa gukorana n’Interahamwe agategura akanaziyobora aho zisanga Abatutsi ibihumbi 20 barimo abagabo, abagore, n’abana. Abatangabuhamya bavuga ko bamwe muri aba batutsi bishwe urubozo.

-4827.jpg

Charles Munyaneza

Uwa gatatu ni Charles Munyaneza wahoze ari burugumesitiri wa Komine Kinyamakara yo muri Perefegitura ya Gikongoro atuye i Bedford akaba ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi mu duce tugize komini yari abereye umuyobozi. Ashinjwa kandi kugaba igitero ku batutsi bari hafi y’umugezi wa Mwogo, cyahitanye Abatutsi ibihumbi n’ibihumbi.

-4828.jpg

Mr. Emmanuel Nteziryayo

Hari kandi Mr. Emmanuel Nteziryayo wahoze ari burugumesitiri wa Komini Mudasomwa Perefegitura ya Gikongoro, akaba yari n’inshuti ya Munyaneza. Na we ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa ubwicanyi bw’aho yari ayoboye.

Nteziryayo avugwaho uruhare rukomeye mu bwicanyi, anavugwaho kuba yarageze mu Bwongereza agahindura izina rye rikaba Emmanuel Nidikumana, aho yari yituriye Wythenshawe- Manchester ajijisha ko yashatse ubuhungiro aturutse mu Burundi.

-4829.jpg

Celestin Ugirashebuja

Uwa nyuma ni Celestin Ugirashebuja wari Burugumesitiri wa Komini Kigoma muri Perefegitura ya Gitarama, na we akaba ashinjwa kuyobora no gushyira mu bikorwa Jenoside muri komine yari ayoboye. Aho guhisha Abatutsi, Ugirashebuja avugwaho kuba yarabashutse akabakura mu bwihisho, maze agahita ategeka ko bicwa. Nyuma ya Jenoside yahungiye mu Bwongereza atura i Walton-on-the-Naze, Essex.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ihuriro Urumuri rigaragaza ko rihangayikishijwe no kuba urubanza rwo kohereza aba banyarwanda kuburanira aho bakoreye ibyaha rutarangira mu myaka 10 rumaze rutangiye.

2016-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Kayumba wananiye Kagame ntiyashobokana na Nkurunziza

Kayumba wananiye Kagame ntiyashobokana na Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira  yiyoberanyije
ITOHOZA

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira yiyoberanyije

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Police FC yageze  muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri
IMIKINO

Police FC yageze muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru