• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye abantu bitwaza ko bari gushakisha inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu nyungu zabo bwite, bagakora ibikorwa bigayitse kandi bibatesha agaciro birimo gusabiriza no kuyibeshyera ko bari gukorana na yo.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, kuri uyu wa Kabiri, ubwo yatangaga ikiganiro ku Biro Bikuru bya Polisi, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24, Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Dr Bizimana yasubizaga umupolisi wari umubajije ibijyanye n’itangazo CNLG yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ryamagana umunyamideli Bashabe Catherine[Kate] umaze iminsi akora ubukangurambaga yise ‘Kabash Cares’ bwo gukusanya inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye yavugaga ko afatanyije na CNLG.Résultat de recherche d'images pour "Kate bashabe"

Dr Bizimana yavuze ko mu gihe cyo kwibuka hari abantu batandukanye basaba uburenganzira bwo gukora imipira, ingofero n’ibindi biriho ikirango cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi bakabigurisha kandi ko byemewe, mu rwego rwo gufasha abihangira imirimo.

Dr Bizimana yakomeje yamagana ababikoresha mu buryo bunyuranyije n’ubwemewe.

Yagize ati “Hari abantu bamwe babikoresha bashaka kubona abaguzi benshi bakavuga bati ‘twabyumvikanyeho na CNLG kandi amafaranga azava muri ibi bintu tugurishije, azajya gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside. Aha niho tutemera kuko si byo. Nta wukwiye kwitwaza ko hari abacitse ku icumu rya Jenoside bakeneye gufashwa kugira ngo ajye gukora ubucuruzi abitwaje.”

“Niba ari ushaka kubafasha, rwose yabafasha ariko kubavanamo amafaranga ubitwaje, urumva harimo no kutabubaha no kubatesha agaciro. Ikindi harimo no kunyuranya n’amabwiriza ya Leta n’amategeko kuko yashyizeho inzego n’uburyo bwo gufasha by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.”

Bumwe muri ubwo buryo harimo nk’ikigega FARG, gihabwa ubushobozi na Leta kandi kikabafasha mu buryo buzwi.

Bizimana asanga abitwaza ko bari gukusanya iyo nkunga kandi nta muntu n’umwe uzagenzura ingano y’amafaranga bakuyemo bidakwiye.

Yagize ati “Nta n’uzagenzura amafaranga yakuyemo uko angana ngo amenye niba azajya gufasha abo bantu koko. Murumva ibyo tugiye kubyemera, twaba turimo dukora ikintu kitari cyo. Icyo rero ni cyo twaganiriye n’inzego zindi zirimo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, dusanga uwo muntu avuga ko akora atyo, kuko yari yabishyize ku mbuga nkoranyambaga, natwe tubishyiraho dusobanura uko ibintu byagakwiye gukorwa. Abikorera bakwiye gukora ariko nta kwitwaza abacitse ku icumu cyangwa kubasabisha.”

Ibi kandi byuzuzanya n’umurongo Leta y’u Rwanda yashyizeho mu 2016, wo gukuraho icyitwaga agaseke, wasangaga abantu bagiye mu biganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, bamwe mu bayobozi bagasaba buri muturage kugira amafaranga ashyiramo, bigatera ibibazo, bigatuma udafite ayo mafaranga atinya kujyayo, Leta yanzura ko iyo mfashanyo izajya itangwa ku bushake bw’uwagiye mu biganiro.

Ikiganiro cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru

Amafoto : IGIHE

 

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

Ubwanditsi 14 May 2018
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017
Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Ubwanditsi 09 Dec 2019
Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika
Amakuru

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze
ITOHOZA

Leopold Munyakazi arashyize yoherejwe mu Rwanda kuburanishwa ibyaha yakoze

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Rayon Sports na APR FC zaguye miswi 0-0,mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports na APR FC zaguye miswi 0-0,mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 11 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru