• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kwa Rusesabagina byose ni ukurya imitsi y’abantu. Byatangiye amaze kwamamazwa na Film ahita ashoraho icyitwaga “Paul Rusesabagina Hotel Rwanda Foundation” abeshya abazungu ko ishinzwe gutera inkunga imfubyi za Jenoside mu Rwanda. Muri 2010 Leta y’u Rwanda binyuze mu Bushinjacyaha yatangaje ko Paul Rusesabagina yohereza amafaranga umutwe wa FDLR nkuko byagaragazwaga n’impapuro za Western Union.

Martin Ngoga ukuriye Inteko Ishinga Amategeko ya EAC ariko akaba yari Umushinjacyaha Mukuru wa Leta y’u Rwanda muri 2010 yagize ati:

“Mu myaka mike ishize nari Umushinjacyaha Mukuru. Abari abayobozi bakuru muri FDLR bafatiwe mu Burundi bafite inyandiko zigaragaza ko Rusesabagina atera inkunga uwo mutwe. Nagiye muri Amerika mpura n’abayobozi bo muri FBI tubasaba ubufatanye mu gukora iperereza kuko amafaranga yari yoherejwe avuye San Antonio muri Texas. FBI yabonye ibindi bimenyetso. Nyuma y’icyumweru umukozi wa FBI yaje mu Rwanda batangira gukora iperereza ricukumbuye”

Mu bafashwe harimo Lt Col Noel Habiyaremye na Maj. Vital Uwumuremyi. Mu rubanza rwa Rusesabagina Noel Habiyaremye yabwiye urukiko amavu n’amavuko y’umubano we na Rusesabagina kugeza aho atangiye kumwoherereza amafaranga. Amafaranga yakusanywaga na Rusesabagina Leta y’u Rwanda yerekanye aho ajya haba muri FDLR ndetse no kwigwizaho amazu meza mu Bubiligi no muri Amerika.

Rusesabagina yashyekewe akomeza kuzenguruka isi asaba amafaranga binyuze muri Fondation ye, noneho ashinga ishyaka rye PDR Ihumure rihurizwa mu mpuzamashyaka MRCD n’umutwe w’ingabo wa FLN.

Aho Rusesabagina afatiwe umukobwa we Carine Kanimba ndetse nabo bafatanyije mu gusoroma amafaranga cyane cyane umuvugizi wa Fondation Rusesabagina Kitty Kurth birirwa mu bitangazamakuru bavuga ko Rusesabagina ari intwari bakiyibagiza ko ibimenyetso simusiga bimuhama byatanzwe n’Ububiligi ndetse na Amerika.

Ikigezweho ubu ni ugukusanya amafaranga yo kurekura Paul Rusesabagina nkaho afungiye icyaha cy’ubwambuzi cyangwa umwenda abereyemo abantu.

Abo mu muryango wa Paul Rusesabagina ndetse n’abandi banyuranye bakoresha urubuga rukusanyirizwaho amafaranga https://www.gofundme.com/ ngo barashaka gufunguza Paul Rusesabagina. Ibya Rusesabagina byose bishingiye mu gusoroma amafaranga nyamara ari ukwishyirira mu mufuka wabo.

Icyo bagomba kumenya ni uko igihe ukusanyije amafaranga ukayakoresha icyo yakusanyirijwe ari ubwambuzi  bihanwa n’amategeko ubwabyo.

2021-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020
POLITIKI

#GumaMuRugo irakomeza kugeza tariki 30 Mata 2020

Ubwanditsi 18 Apr 2020
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika
Mu Mahanga

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo
ITOHOZA

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru