• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Ubwanditsi 10 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyuma yaho Ben Rutabana arigishijwe na Kayumba Nyamwasa, amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko haba hari undi mugambi wo guhitana Maj. Micombero Jean Marie na Jean Paul Turayishimiye.

Jean Paul arazira ko yanze kwitandukanya na Rutabana mu gihe yaratangiye kuzana impinduka muri RNC kandi Kayumba atabikozwa.

Mbibutse ko mu nama iheruka guhuza abayoboke ba RNC, havutse guhangana kubashyigikiye Kayumba n’abashyigikiye  umuryango wa Rutabana; Jean Paul akaba yarafashe icyemezo cyo kugaragaza ukuri ko umuntu wa mbere ukekwa k’wibura rya Rutabana ari Kayumba   cyangwa undi bakorana bya hafi.

Soma inkuru bifitanye isano:  Amakimbirane Muri RNC Agiye Gutuma Uruhande Rwa Leah Karegeya Na Jean Paul Rwitandukanya N’urwa Kayumba Nyamwasa

Ibi byarakaje Kayumba cyane atangira no gushaka uburyo yahitana Jean Paul, umwana Kayumba afata ko yirereye, yaba yaramwigometseho.

Amakuru dufitiye gihamya agaragaza ko Frank Ntwari yari Uganda mu gihe Rutabana yahageraga, kuki batabivuga bakaba babihisha? Bigaragaze uruhare rwabo rutaziguye mw’ishimutwa rye.

Ibyo Frank yakoze mu kurigisa Rutabana yabikoranye na bamwe mu nzego zishwinzwe umutekano muri Uganda zirimo abayobozi ba  CMI na ISO nabo bagakwiye kubibazwa.

Mu kiganiro VOA (Ijwi ry’Amerika) na BBC gahuza miryango byagiranye na bamwe mu bayoboke ba RNC, byanavuganye n’umugore wa Rutabana wabanje kwamagana ibaruwa umuryango wanditse yari igenewe RNC gusa ariko yo ikayishyira ku mbuga nkoranyambanga. Ikindi Diane Rutabana yemeza ko umugabo we koko yagiye  Uganda afite na visa yahawe na leta ya Uganda, akanemeza ko banavuganye akihagera ariko aza kumubura nyuma y’iminsi bavuganye. Yongeraho ko RNC yamwijeje kumuhuza n’umugabo we ariko biza kwanga biba iby’ubusa baramurigisa.  Diane yemeza ko umugabo we yari afitanye amakimbirane akomeye na Ntwali Frank, muramu wa Kayumba akagaragaza ko bimuteye impungenge k’ubuzima bw’umugabo we waburiwe irengero muri Uganda aho yari yakoreye uruzinduko ‘rw’akazi’.

Maj Micombero nawe yabaye umurakare muri RNC mu gihe abona ko ntagaciro agihabwa, kubera ikimenyane no kwikubira kuri mu buyobozi bwa RNC; Kayumba akaba akeka ko ashobora kumusimbura haramutse habaye ubwisanzure buhagije. Ibi bikaba impamvu yo gushaka kumirigisa nawe ngo amwikize asigare ahanganye nabo yita bato.

Kayumba yabonye Rudasingwa, Sankara n’abandi baramucitse none akaba yarayimeje gukoresha ubushobozi afite mu nzego z’umutekano muri Uganda mu kwigizayo abandi bagira igitekerezo cyo kwitandukanya nawe.

Ibi byose bije nyuma yaho Kayumba Nyamwasa agerageje ariko bikamupfubana umugambi wo kwirukana, muri RNC, abarimo Jean Paul Turayishimye, Ben Rutabana, Major Micombero JMV na Lea Karegeya.  Uyu mugambi wa Kayumba wo kwirukana  muri RNC abari inkoramutima ze awushishikarijwemo na Brig.Abel Kandiho umuyobozi w’urwego rw’ubutasi bwa gisilikare muri Uganda- CMI, nyuma y’aho Kayumba amwitabaje akoresheje intumwa ye Frank Ntwali ujya mu butumwa  I Kampala uko yishakiye. Aba Jean Paul Turayishimye, Ben Rutabana na Major Micombero JMV bari bafite umugambi wo gukorera Coup d’Etat Kayumba Nyamwasa, bakamuhirika k’ubuyobozi bwa RNC.

Amakuru tuzabagezaho ubutaha aravuga ko ubu bushyamirane hagati y’abayobozi ndetse n’abayoboke ba RNC buzasiga benshi bahasize agatwe cyangwa bagatatana ubudasubirana.

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Ubwanditsi 20 Dec 2020
Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica  Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2020
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Monaco Cosmetics na monaco Cafe bakomeje kubagezeho Product zabo zidasanzwe
HIRYA NO HINO

Monaco Cosmetics na monaco Cafe bakomeje kubagezeho Product zabo zidasanzwe

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2
Amakuru

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru