• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Uburundi bwatangiye gusibanganya ibimenyetso bwica Imbonerakure zikekwaho kuzatanga ubuhamya muri ICC

Ubwanditsi 01 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Amakuru aturuka i Burundi aravuga ko bamwe mu Imbonerakure, urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD FDD,  batangiye kwicwa kugira ngo Leta y’icyo gihugu irebe ko yarokoka iperereza ry’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC.

Inkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, ivuga ko abicwa ni abatagaragaza amatwara akarishye yo gushyigikira Perezida Nkurunziza, ku buryo bashobora kuzamenera abakozi ba ICC amabanga babitse ku bwicanyi bwakozwe hagati ya 2015 na 2017.

Vanessa Kaneza, wahungiye mu Rwanda avuga ko yari Imbonerakure akaza kubivamo, umugabo we akabikomeza ariko akaba yarishwe kugira ngo ‘atazatatira igihango.’

Yagize ati “Narasengaga buri munsi ngo umugabo wanjye nawe ave mu byo guhiga abantu ariko sinari mufiteho ububasha, ubu yarapfuye urupfu rwe ndaruryoza Perezida [Nkurunziza].

Avuga ko umugabo witwa Aime Manirakiza yahoze ku rugerero, nyuma aba Imbonerakure.

Yakoreye cyane ahitwa i Musaga mu Mujyi wa Bujumbura aho Imbonerakure zagaragaye zirasa abigaragambya basaba ko Nkurunziza atakwiyamamariza manda ya Gatatu muri 2015.

Kuva muri Gicurasi Manirakiza w’imyaka 40 yarabuze, umugore we Kaneza ahungira mu Rwanda, nyuma aza kubwirwa ko yishwe na bagenzi be b’Imbonerakure ku mategeko avuye hejuru.

Impirimbanyi y’Uburenganzira bwa Muntu, Pierre Claver Mbonimpa, yatangaje ko muri iki gihe ICC yatangaje ko igiye gukora iperereza ku bwicanyi mu Burundi, abicwa bashobora kuziyongera.

ICC ivuga ko izakora iperereza ku byaha byakozwe na Leta ya Nkurunziza birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu n’iyicarubozo.

Kuba abatangabuhamya batangiye kuburirwa irengero, ngo bishimangira ibivugwa na Guverinoma y’u Burundi ko izitambika iperereza ry’urwo rukiko ariko bigahishura ko itewe ubwoba n’uko rizaba dore ko yari yamaza no kwivana muri urwo rukiko yibwira ko birangiriye aho.

Umwe mu barwanya Leta y’u Burundi, Pacifique Nininahazwe, avuga ko mu myaka ibiri ishize ababuriwe irengero barimo abanyapolitiki bo mu mashyaka atandukanye, abanyamakuru, ba maneko, abapolisi, abasirikare n’abasivili.

Nta muyobozi ku ruhande rw’u Burundi wigeze ashaka kugira icyo avuga kuri aya makuru kuko abajijwe bose batasubije.

2017-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020
RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

RDC yaburiye Loni ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa uri muri Kivu y’Epfo

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 26 Jul 2025
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo
Amakuru

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2024
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo
Mu Mahanga

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo
HIRYA NO HINO

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Ubwanditsi 12 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru